Peter Fahrenholtz wabaye umudipulomate w’u Budage yashimye imirimo ya M23 i Goma

Peter Fahrenholtz wabaye umudipulomate w’u Budage yashimye imirimo ya M23 i Goma

Apr 15, 2025 - 15:27
 0

Peter Fahrenholtz wigeze kuba abmbasaderi w’u Budage mu Bihugu birimo n’u Rwanda yashimye aho ihuriro rya AFC/M23 rigeze rikora imirimo yaryo mu Mujyi wa Goma muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.


Abinyujije ku rukuta rwa X , Peter yavuze ko yatembereye umujyi wa Goma atungurwa n’uko ibikorwa bya M23 byivugira.

Yagize ati “Nagendagenze mu bice hafi ya byose by’uyu Mujyi, ariko nta kimenyetso na kimwe cy’ibyugarije abaturage nahabonye. Imihanda yuzuye urujya n’uruza rw’abantu benshi, kandi urababonana akanyamuneza banatekanye.”

Uyu mudiplomate yavuze ko muri uyu mujyi wa Goma, ituze mu baturage ari ryose, amashuri yaba aya kaminuza n’ayisumbuye akaba yarafunguye ndetse n’ ibikorwa by’ubucuruzi bikaba birimbanyije. 

Si ibyo gusa, kuko ngo amatara arara amurika nijoro, abapolisi bakarara bakora akazi kabo neza ndetse n’ibyaha bya ruswa ngo bigaragara ko bigenda bigabanuka kuva aho aba barwanyi bafatiye umujyi wa Goma.

Atangaje ibi, mu gihe mu mpera z’icyumweru gishize yari yanagaragaje ko yahuye na Guverineri wungirije ushinzwe Politike n’Imiyoborere w’Intara ya Kivu ya Ruguru , Manzi Willy wamusobanuriye impamvu umutwe wa M23 urwanira

 

Peter Fahrenholtz wabaye umudipulomate w’u Budage yashimye imirimo ya M23 i Goma

Apr 15, 2025 - 15:27
 0
Peter Fahrenholtz wabaye umudipulomate w’u Budage yashimye imirimo ya M23 i Goma

Peter Fahrenholtz wigeze kuba abmbasaderi w’u Budage mu Bihugu birimo n’u Rwanda yashimye aho ihuriro rya AFC/M23 rigeze rikora imirimo yaryo mu Mujyi wa Goma muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.


Abinyujije ku rukuta rwa X , Peter yavuze ko yatembereye umujyi wa Goma atungurwa n’uko ibikorwa bya M23 byivugira.

Yagize ati “Nagendagenze mu bice hafi ya byose by’uyu Mujyi, ariko nta kimenyetso na kimwe cy’ibyugarije abaturage nahabonye. Imihanda yuzuye urujya n’uruza rw’abantu benshi, kandi urababonana akanyamuneza banatekanye.”

Uyu mudiplomate yavuze ko muri uyu mujyi wa Goma, ituze mu baturage ari ryose, amashuri yaba aya kaminuza n’ayisumbuye akaba yarafunguye ndetse n’ ibikorwa by’ubucuruzi bikaba birimbanyije. 

Si ibyo gusa, kuko ngo amatara arara amurika nijoro, abapolisi bakarara bakora akazi kabo neza ndetse n’ibyaha bya ruswa ngo bigaragara ko bigenda bigabanuka kuva aho aba barwanyi bafatiye umujyi wa Goma.

Atangaje ibi, mu gihe mu mpera z’icyumweru gishize yari yanagaragaje ko yahuye na Guverineri wungirije ushinzwe Politike n’Imiyoborere w’Intara ya Kivu ya Ruguru , Manzi Willy wamusobanuriye impamvu umutwe wa M23 urwanira

 

What's Your Reaction?

like

dislike

love

funny

angry

sad

wow

This site uses cookies. By continuing to browse the site you are agreeing to our use of cookies.