Abategura ibirori by'ubukwe gusora si bishya kuri bo

Abategura ibirori by'ubukwe gusora si bishya kuri bo

Apr 15, 2025 - 15:49
 0

Ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye mu Rwanda, hakomeje gucicikana urupapuro rw'Ikigo cy'Igihugu cy'Imisoro n'Amahooro, rwerekena imiterere y'umusoro ku bategura ibirori by'ubukwe.


Abahererekanya uru rupapuro, abenshi baragaragaza ko batunguwe n'iyi misoro ndetse cyane bakitsa ku ngingo ya gatanu ireba abakoze ubukwe nubwo yo idasaba Nimero Iranga Usora (TIN) ahubwo bazabwa nimero y'uwayoboye ubukwe.

Mu ngingo ya mbere ireba abakora 'decoration' basabwa kuzuza iyi myirondora; Amazina, Nimero ya Telephone, ndetse na Nimero Iranga Usora (TIN) n'izina rya kompanyi.

Abashinzwe gutegura ibijyanye n'amajwi mu bukwe nabo basabwa kuzuza imyirondora ku mazina yabo, nimero ya telephone ndetse na TIN.

Abategura amafunguro mu bukwe bo basabwa kugaragaza amazina yabo, nimero ya telephone na TIN n'izina rya kompanyi niba bihari. Ibi kandi niko bimeze no ku Itorero ryakoze mu bukwe.

Ikigo cy'Igihugu cy'Imisoro n'Amahooro (RRA), cyatangaje ko ubu buryo busanzweho ko abatanga serivisi zishyurwa mu birori basanzwe basabwa aya makuru mu rwego rwo gukurikirana ko abakora imirimo ibyara inyungu muri icyo cyiciro cy'ubucuruzi banditswe kandi bubahiriza amategeko y'imisoro.

Anselme Tuyizere Media Personality/Sports-Entertainment Tel:+250791737786 Email: [email protected]

Abategura ibirori by'ubukwe gusora si bishya kuri bo

Apr 15, 2025 - 15:49
Apr 15, 2025 - 15:54
 0
Abategura ibirori by'ubukwe gusora si bishya kuri bo

Ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye mu Rwanda, hakomeje gucicikana urupapuro rw'Ikigo cy'Igihugu cy'Imisoro n'Amahooro, rwerekena imiterere y'umusoro ku bategura ibirori by'ubukwe.


Abahererekanya uru rupapuro, abenshi baragaragaza ko batunguwe n'iyi misoro ndetse cyane bakitsa ku ngingo ya gatanu ireba abakoze ubukwe nubwo yo idasaba Nimero Iranga Usora (TIN) ahubwo bazabwa nimero y'uwayoboye ubukwe.

Mu ngingo ya mbere ireba abakora 'decoration' basabwa kuzuza iyi myirondora; Amazina, Nimero ya Telephone, ndetse na Nimero Iranga Usora (TIN) n'izina rya kompanyi.

Abashinzwe gutegura ibijyanye n'amajwi mu bukwe nabo basabwa kuzuza imyirondora ku mazina yabo, nimero ya telephone ndetse na TIN.

Abategura amafunguro mu bukwe bo basabwa kugaragaza amazina yabo, nimero ya telephone na TIN n'izina rya kompanyi niba bihari. Ibi kandi niko bimeze no ku Itorero ryakoze mu bukwe.

Ikigo cy'Igihugu cy'Imisoro n'Amahooro (RRA), cyatangaje ko ubu buryo busanzweho ko abatanga serivisi zishyurwa mu birori basanzwe basabwa aya makuru mu rwego rwo gukurikirana ko abakora imirimo ibyara inyungu muri icyo cyiciro cy'ubucuruzi banditswe kandi bubahiriza amategeko y'imisoro.

What's Your Reaction?

like

dislike

love

funny

angry

sad

wow

This site uses cookies. By continuing to browse the site you are agreeing to our use of cookies.