U Rwanda rukoresha hagati ya miliyari 17-20 FRW mu gutumiza imyenda mu mahanga-PM.Ngirente

U Rwanda rukoresha hagati ya miliyari 17-20 FRW mu gutumiza imyenda mu mahanga-PM.Ngirente

Mar 28, 2025 - 12:45
 0

Minisitiri w'Intebe Dr. Edouard Ngirente, yavuze ko u Rwanda rukoresha miliyari z’iri hagati ya Miliyari 17 na 20 mu myenda rutumiza mu mahanga.


Minisitri w’Intebe Ngirente, yabivuze ubwo yagezaga ku Nteko Ishinga amategeko Imitwe yombi, ibikorwa bya Guverinoma mu bijyanye no kongera umusaruro w'inganda n'ibyoherezwa mu mahanga hagamijwe iterambere rirambye ry'ubukungu.

Yagize ati: “Kugeza ubu ntabwo dufite imyenda ihagije ikorerwa mu Rwanda. Tugiye gushyiramo imbaraga nyinshi kugirango ikorerwa mu Rwanda yambike Abanyarwanda kandi ku giciro cyiza.”

Minisitiri w’Intebe Ngirente, asanga ibi bizagerwaho hongerewe inganda zikora imyenda yo mu Rwanda. Ibi bikazanagira uruhare mu guhanga imirimo kuko zitanga akazi kuri benshi.

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente Edouard yijeje Abanyarwanda ko ubukungu bw’u Rwanda buhagaze neza kandi ko buzakomeza kuzamuka.

Ati” Guverinoma yizeza Abanyarwanda ko ubukungu bw’Igihugu, bubungabunzwe neza, uko Isi turimo dukorana na yo ihagaze, natwe tuyihagazemo neza. Ubukungu bwacu bucunzwe neza.”

Minisitiri w’Intebe, Dr. Edouard Ngirente, yatangaje ko kandi  ishoramari mu rwego rw’inganda ryavuye kuri miliyoni 452$ mu 2017 rigera kuri miliyoni 766$ mu 2023, bigaragaza ubwiyongere bwa 69,5%.

Yavuze ko kandi guverinoma yatangiye ubushishozi ku nganda shya zishingwa kugirango zitongera umwanda uzikomokaho bikagira ingaruka ku baturage. Yijeje Abaturarwanda ko uko ingaanda zizajya ziyongera ariko ibiciro ku masoko bizagabanyuka.

Yavuze ko Leta iteganya kandi kubungabunga umusaruro ukomoka ku buhinzi wangirikaga, hagashingwa ububiko bukonjesha ibiribwa bishobora kononekara nk'imboga n'ibindi ku buryo nibura ibyangirika biva kuri  40% (igipimo cy'ibyangirika ku musaruro w'ubuhinzi muri Afurika) bikagera kuri 5%. 

 

U Rwanda rukoresha hagati ya miliyari 17-20 FRW mu gutumiza imyenda mu mahanga-PM.Ngirente

Mar 28, 2025 - 12:45
Mar 28, 2025 - 13:08
 0
U Rwanda rukoresha hagati ya miliyari 17-20 FRW mu gutumiza imyenda mu mahanga-PM.Ngirente

Minisitiri w'Intebe Dr. Edouard Ngirente, yavuze ko u Rwanda rukoresha miliyari z’iri hagati ya Miliyari 17 na 20 mu myenda rutumiza mu mahanga.


Minisitri w’Intebe Ngirente, yabivuze ubwo yagezaga ku Nteko Ishinga amategeko Imitwe yombi, ibikorwa bya Guverinoma mu bijyanye no kongera umusaruro w'inganda n'ibyoherezwa mu mahanga hagamijwe iterambere rirambye ry'ubukungu.

Yagize ati: “Kugeza ubu ntabwo dufite imyenda ihagije ikorerwa mu Rwanda. Tugiye gushyiramo imbaraga nyinshi kugirango ikorerwa mu Rwanda yambike Abanyarwanda kandi ku giciro cyiza.”

Minisitiri w’Intebe Ngirente, asanga ibi bizagerwaho hongerewe inganda zikora imyenda yo mu Rwanda. Ibi bikazanagira uruhare mu guhanga imirimo kuko zitanga akazi kuri benshi.

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente Edouard yijeje Abanyarwanda ko ubukungu bw’u Rwanda buhagaze neza kandi ko buzakomeza kuzamuka.

Ati” Guverinoma yizeza Abanyarwanda ko ubukungu bw’Igihugu, bubungabunzwe neza, uko Isi turimo dukorana na yo ihagaze, natwe tuyihagazemo neza. Ubukungu bwacu bucunzwe neza.”

Minisitiri w’Intebe, Dr. Edouard Ngirente, yatangaje ko kandi  ishoramari mu rwego rw’inganda ryavuye kuri miliyoni 452$ mu 2017 rigera kuri miliyoni 766$ mu 2023, bigaragaza ubwiyongere bwa 69,5%.

Yavuze ko kandi guverinoma yatangiye ubushishozi ku nganda shya zishingwa kugirango zitongera umwanda uzikomokaho bikagira ingaruka ku baturage. Yijeje Abaturarwanda ko uko ingaanda zizajya ziyongera ariko ibiciro ku masoko bizagabanyuka.

Yavuze ko Leta iteganya kandi kubungabunga umusaruro ukomoka ku buhinzi wangirikaga, hagashingwa ububiko bukonjesha ibiribwa bishobora kononekara nk'imboga n'ibindi ku buryo nibura ibyangirika biva kuri  40% (igipimo cy'ibyangirika ku musaruro w'ubuhinzi muri Afurika) bikagera kuri 5%. 

 

What's Your Reaction?

like

dislike

love

funny

angry

sad

wow

This site uses cookies. By continuing to browse the site you are agreeing to our use of cookies.