Abasirikare bakuru muri RDF bahawe amasomo ku mateka y’Urugamba rwo kubohora igihugu

Abasirikare bakuru muri RDF bahawe amasomo ku mateka y’Urugamba rwo kubohora igihugu

Apr 17, 2025 - 09:11
 0

Abasirikare bakuru n’abari mu masomo (RDFSCSC) icyiciro cya 13, batangiye kwigira amasomo ku ngabo za RPA zagize uruhare mu rugamba rwo kubohora igihugu


Ni ibyatangajwe na Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda ko aba basirkare batangiye urugendo shuri mu bice binyuranye bizwi mu rugamba rwo Kwibohora rw’Ingabo zahoze ari RPA, aho batangiriye ku Mupaka wa Kagitumba.

Uru rugendo shuri rw’abanyeshuri bari kwiga amasomo y’abasirikare bakuru- Rwanda Defence Force Senior Command and Staff Course (RDFSCSC) rwatangiye tariki 15 rukazasoza ku ya 19 Mata 2025.

Uru rugendo shuri rwatangiriye ku Mupaka wa Kagitumba ahatangirijwe urugamba rwo Kwibohora, ubwo Ingabo zahoze ari RPA zatangiraga urugendo rwo kurandura akarengane n’imitegekere mibi yari yarazonze u Rwanda mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Mu biganiro bahawe n'abayobozi batandukanye, aba basirikare basobanuriwe  bumwe mu buryo bwa gihanga mu bikorwa ndetse no mu mayeri y’urugamba byakoreshwaga, burimo imitegurire y’urugamba ndetse n’imirwanire y’ingabo za RPA.

 

Abasirikare bakuru muri RDF bahawe amasomo ku mateka y’Urugamba rwo kubohora igihugu

Apr 17, 2025 - 09:11
 0
Abasirikare bakuru muri RDF bahawe amasomo ku mateka y’Urugamba rwo kubohora igihugu

Abasirikare bakuru n’abari mu masomo (RDFSCSC) icyiciro cya 13, batangiye kwigira amasomo ku ngabo za RPA zagize uruhare mu rugamba rwo kubohora igihugu


Ni ibyatangajwe na Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda ko aba basirkare batangiye urugendo shuri mu bice binyuranye bizwi mu rugamba rwo Kwibohora rw’Ingabo zahoze ari RPA, aho batangiriye ku Mupaka wa Kagitumba.

Uru rugendo shuri rw’abanyeshuri bari kwiga amasomo y’abasirikare bakuru- Rwanda Defence Force Senior Command and Staff Course (RDFSCSC) rwatangiye tariki 15 rukazasoza ku ya 19 Mata 2025.

Uru rugendo shuri rwatangiriye ku Mupaka wa Kagitumba ahatangirijwe urugamba rwo Kwibohora, ubwo Ingabo zahoze ari RPA zatangiraga urugendo rwo kurandura akarengane n’imitegekere mibi yari yarazonze u Rwanda mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Mu biganiro bahawe n'abayobozi batandukanye, aba basirikare basobanuriwe  bumwe mu buryo bwa gihanga mu bikorwa ndetse no mu mayeri y’urugamba byakoreshwaga, burimo imitegurire y’urugamba ndetse n’imirwanire y’ingabo za RPA.

 

What's Your Reaction?

like

dislike

love

funny

angry

sad

wow

This site uses cookies. By continuing to browse the site you are agreeing to our use of cookies.