issa
U Buhinde: Igisasu cyaturikiye mu modoka cyica abantu umunani

U Buhinde: Igisasu cyaturikiye mu modoka cyica abantu umunani

Nov 11, 2025 - 03:47
 0

Polisi yo mu Mujyi wa New Delhi yatangaje ko imodoka yaturikiye muri uyu mujyi hapfa abantu umunani abandi barakomereka.


Umuvugizi wa Polisi muri New Delhi, Sanjay Tyagi, yavuze ko bakiri gukora iperereza ku cyatumye iyi modoka iturika.

Ikinyamakuru cya BBC cyanditse ko uru rusaku rw’iri turika rwari ruremereye cyane ndetse abari muri uyu mujyi na Leta baryamiye amajanja.

Umuyobozi wa Polisi ya New Delhi, Satish Golcha, yavuze ko imodoka yagendaga buhoro yaturitse igaturitsa n’izindi.

Ati “Hari abantu bapfuye, abandi barakomereka.”

Ibitero bikomeye byagabwe muri New Delhi byaherukaga mu 2008 ubwo ibisasu byaterwaga mu bubiko bw’amasoko mu bice bitandukanye bigahitana abarenga 20.

U Buhinde: Igisasu cyaturikiye mu modoka cyica abantu umunani

Nov 11, 2025 - 03:47
 0
U Buhinde: Igisasu cyaturikiye mu modoka cyica abantu umunani

Polisi yo mu Mujyi wa New Delhi yatangaje ko imodoka yaturikiye muri uyu mujyi hapfa abantu umunani abandi barakomereka.


Umuvugizi wa Polisi muri New Delhi, Sanjay Tyagi, yavuze ko bakiri gukora iperereza ku cyatumye iyi modoka iturika.

Ikinyamakuru cya BBC cyanditse ko uru rusaku rw’iri turika rwari ruremereye cyane ndetse abari muri uyu mujyi na Leta baryamiye amajanja.

Umuyobozi wa Polisi ya New Delhi, Satish Golcha, yavuze ko imodoka yagendaga buhoro yaturitse igaturitsa n’izindi.

Ati “Hari abantu bapfuye, abandi barakomereka.”

Ibitero bikomeye byagabwe muri New Delhi byaherukaga mu 2008 ubwo ibisasu byaterwaga mu bubiko bw’amasoko mu bice bitandukanye bigahitana abarenga 20.