issa
Siriya: Amakimbirane y’amoko yongeye kubura nyuma y’ihirikwa rya Assad

Siriya: Amakimbirane y’amoko yongeye kubura nyuma y’ihirikwa rya Assad

Jul 14, 2025 - 17:03
 0

Nibura abantu 30 barishwe mu mirwano yabereye mu mujyi wa Sweida mu majyepfo ya Siriya, aho habaye imvururu hagati y’amoko y’Abasunni b’Aba-Bedouin n’Abadruze.


Iyi mirwano yasize n’abandi benshi bakomerekeye mu mvururu zatangiye ubwo inzego z’umutekano zoherezwaga mu gace kugira ngo zigabanye ubukana bw’ibibazo. Minisiteri y’ubutegetsi imbere yatangaje ko abagera ku 100 bakomerekeye muri iyi mirwano, naho ikigo cyigenga gikurikirana uburenganzira bwa muntu muri Siriya kivuga ko abapfuye ari 37.

Ibi bibaye nyuma y’uko ubutegetsi bwa Perezida Bashar al-Assad buhiritswe n’inyeshyamba ziyobowe n’imitwe y’Abayisilamu barimo Hayat Tahrir al-Sham (HTS) mu Ukuboza umwaka ushize, ubwo bafataga umurwa mukuru, Damas.

Amakuru dukesha BBC News avuga ko, Nyuma y’ihirikwa ry’ubutegetsi, hatangiye imvururu hagati y’amoko atandukanye y’amadini, cyane cyane hagati y’Abadruze n’inzego nshya z’umutekano. Guverineri wa Sweida yasabye abaturage kwihangana no gushyigikira gahunda z’igihugu zo kuvugurura imiyoborere.

Abayobozi b’amadini nabo basabye ituze mu baturage, nyuma y’uko muri Mata no muri Gicurasi, imirwano yahitanye abantu benshi hagati y’Abadruze n’inzego nshya z’umutekano. Abadruze, basanzwe ari ishami ry’idini rya Shia, bahoze bashyigikiye guverinoma ya Assad mu buryo buteruye, bizeye ko izabarinda mu ntambara imaze imyaka 13.

Nyamara ubu bafite impungenge ku mutekano wabo, kuko bavuga ko guverinoma nshya itabaha uburinzi buhagije.

Mu minsi ishize, abandi bantu benshi bakomoka ku bwoko bw’Abalawite na bo barishwe, ndetse n’abasengera muri kiliziya imwe i Damas bagabweho ibitero.

Mu gihe igihugu kigikomeje kuzahazwa n’imvururu, ibihugu byo mu burengerazuba birimo kugerageza gusubukura umubano na Siriya. Leta Zunze Ubumwe za Amerika ziherutse gukura HTS ku rutonde rw’imitwe y’iterabwoba, naho Umunyamabanga w’Ububanyi n’amahanga w’u Bwongereza, David Lammy, yabaye minisitiri wa mbere w’icyo gihugu usuye Siriya kuva intambara yatangira mu myaka 14 ishize.

Siriya: Amakimbirane y’amoko yongeye kubura nyuma y’ihirikwa rya Assad

Jul 14, 2025 - 17:03
Jul 14, 2025 - 17:19
 0
Siriya: Amakimbirane y’amoko yongeye kubura nyuma y’ihirikwa rya Assad

Nibura abantu 30 barishwe mu mirwano yabereye mu mujyi wa Sweida mu majyepfo ya Siriya, aho habaye imvururu hagati y’amoko y’Abasunni b’Aba-Bedouin n’Abadruze.


Iyi mirwano yasize n’abandi benshi bakomerekeye mu mvururu zatangiye ubwo inzego z’umutekano zoherezwaga mu gace kugira ngo zigabanye ubukana bw’ibibazo. Minisiteri y’ubutegetsi imbere yatangaje ko abagera ku 100 bakomerekeye muri iyi mirwano, naho ikigo cyigenga gikurikirana uburenganzira bwa muntu muri Siriya kivuga ko abapfuye ari 37.

Ibi bibaye nyuma y’uko ubutegetsi bwa Perezida Bashar al-Assad buhiritswe n’inyeshyamba ziyobowe n’imitwe y’Abayisilamu barimo Hayat Tahrir al-Sham (HTS) mu Ukuboza umwaka ushize, ubwo bafataga umurwa mukuru, Damas.

Amakuru dukesha BBC News avuga ko, Nyuma y’ihirikwa ry’ubutegetsi, hatangiye imvururu hagati y’amoko atandukanye y’amadini, cyane cyane hagati y’Abadruze n’inzego nshya z’umutekano. Guverineri wa Sweida yasabye abaturage kwihangana no gushyigikira gahunda z’igihugu zo kuvugurura imiyoborere.

Abayobozi b’amadini nabo basabye ituze mu baturage, nyuma y’uko muri Mata no muri Gicurasi, imirwano yahitanye abantu benshi hagati y’Abadruze n’inzego nshya z’umutekano. Abadruze, basanzwe ari ishami ry’idini rya Shia, bahoze bashyigikiye guverinoma ya Assad mu buryo buteruye, bizeye ko izabarinda mu ntambara imaze imyaka 13.

Nyamara ubu bafite impungenge ku mutekano wabo, kuko bavuga ko guverinoma nshya itabaha uburinzi buhagije.

Mu minsi ishize, abandi bantu benshi bakomoka ku bwoko bw’Abalawite na bo barishwe, ndetse n’abasengera muri kiliziya imwe i Damas bagabweho ibitero.

Mu gihe igihugu kigikomeje kuzahazwa n’imvururu, ibihugu byo mu burengerazuba birimo kugerageza gusubukura umubano na Siriya. Leta Zunze Ubumwe za Amerika ziherutse gukura HTS ku rutonde rw’imitwe y’iterabwoba, naho Umunyamabanga w’Ububanyi n’amahanga w’u Bwongereza, David Lammy, yabaye minisitiri wa mbere w’icyo gihugu usuye Siriya kuva intambara yatangira mu myaka 14 ishize.