issa
Remco Evenepoel yegukanye ITT ya Shampiyona y’Isi y’Amagare 2025 i Kigali

Remco Evenepoel yegukanye ITT ya Shampiyona y’Isi y’Amagare 2025 i Kigali

Sep 21, 2025 - 17:29
 0

Umubiligi Remco Evenepoel yongeye kwandika amateka mu mukino w’amagare ubwo yegukanaga umudali wa Zahabu mu gusiganwa n’igihe (Individual Time Trial – ITT) mu bagabo, muri Shampiyona y’Isi y’Amagare 2025 iri kubera i Kigali, mu Rwanda.


Evenepoel, uzwiho ubuhanga bwo gusiganwa n’igihe agenda wenyine, yasozaga urugendo rw’ibilometero 40,6 akoresheje iminota 49 n’amasegonda 6, atsinda abandi bakinnyi bari bahanzwe amaso. Ibi byatumye yegukana ku nshuro ya gatatu yikurikiranya iri rushanwa rikomeye mu mwuga we, nyuma yo kubigeraho i Glasgow mu 2023 no muri Zurich mu 2024.

Umunya-Australia Jay Vine yaje ku mwanya wa kabiri akoresheje iminota 51, mu gihe Umubiligi mugenzi we Ilan Van Wilder yegukanye umwanya wa gatatu akoresheje iminota 52 n’amasegonda 22.

Uwari witezwe cyane, Tadej Pogacar wo muri Slovenia, wari usanzwe ahabwa amahirwe yo guhindura byinshi i Kigali, ntiyahiriwe kuko yasoreje ku mwanya wa kane. Yasoje akoresheje iminota 52 n’amasegonda 23, arushwa iminota ibiri n’amasegonda 37 na Evenepoel watsinze.

Nubwo atabashije kugira icyo yegukana muri ITT, Pogacar, uri nimero ya mbere ku Isi muri ubu buryo bw’amanota, aracyafite andi mahirwe yo kwigaragaza.

Biteganyijwe ko azongera kugaragara ku wa 28 Nzeri 2025, mu isiganwa ryo mu muhanda rizaba rifite intera ndende ya kilometero 267,5.

Uko byagenda kose, intsinzi ya Evenepoel i Kigali yongeye kumushyira mu rwego rwo hejuru rw’abakinnyi b’ibihangange mu gusiganwa n’igihe, kandi ikaba ishimangira ko ari umwe mu bakinnyi bazahora bandikwa mu mateka y’umukino w’amagare ku isi.

Remco Evenepoel yegukanye ITT ya Shampiyona y’Isi y’Amagare 2025 i Kigali

Sep 21, 2025 - 17:29
Sep 21, 2025 - 18:26
 0
Remco Evenepoel yegukanye ITT ya Shampiyona y’Isi y’Amagare 2025 i Kigali

Umubiligi Remco Evenepoel yongeye kwandika amateka mu mukino w’amagare ubwo yegukanaga umudali wa Zahabu mu gusiganwa n’igihe (Individual Time Trial – ITT) mu bagabo, muri Shampiyona y’Isi y’Amagare 2025 iri kubera i Kigali, mu Rwanda.


Evenepoel, uzwiho ubuhanga bwo gusiganwa n’igihe agenda wenyine, yasozaga urugendo rw’ibilometero 40,6 akoresheje iminota 49 n’amasegonda 6, atsinda abandi bakinnyi bari bahanzwe amaso. Ibi byatumye yegukana ku nshuro ya gatatu yikurikiranya iri rushanwa rikomeye mu mwuga we, nyuma yo kubigeraho i Glasgow mu 2023 no muri Zurich mu 2024.

Umunya-Australia Jay Vine yaje ku mwanya wa kabiri akoresheje iminota 51, mu gihe Umubiligi mugenzi we Ilan Van Wilder yegukanye umwanya wa gatatu akoresheje iminota 52 n’amasegonda 22.

Uwari witezwe cyane, Tadej Pogacar wo muri Slovenia, wari usanzwe ahabwa amahirwe yo guhindura byinshi i Kigali, ntiyahiriwe kuko yasoreje ku mwanya wa kane. Yasoje akoresheje iminota 52 n’amasegonda 23, arushwa iminota ibiri n’amasegonda 37 na Evenepoel watsinze.

Nubwo atabashije kugira icyo yegukana muri ITT, Pogacar, uri nimero ya mbere ku Isi muri ubu buryo bw’amanota, aracyafite andi mahirwe yo kwigaragaza.

Biteganyijwe ko azongera kugaragara ku wa 28 Nzeri 2025, mu isiganwa ryo mu muhanda rizaba rifite intera ndende ya kilometero 267,5.

Uko byagenda kose, intsinzi ya Evenepoel i Kigali yongeye kumushyira mu rwego rwo hejuru rw’abakinnyi b’ibihangange mu gusiganwa n’igihe, kandi ikaba ishimangira ko ari umwe mu bakinnyi bazahora bandikwa mu mateka y’umukino w’amagare ku isi.