issa
Rayon Sports WFC yegukanye Miliyoni 20 ihigitse Police WFC

Rayon Sports WFC yegukanye Miliyoni 20 ihigitse Police WFC

Apr 6, 2026 - 08:00
 0

Ikipe ya Rayon Sports y’abagore yegukanye igikombe cya gatatu cyikurikiranya cya Shampiyona y’icyiciro cya mbere nyuma yo kurusha ikipe ya Police WFC amanota atatu ku rutonde rwa Shampiyona.


Ku Cyumweru tariki 5 Mata 2026, nibwo hakinwe imikino y’umunsi wa 22 wa Shampiyona y’abagore mu Rwanda ari nawo wa nyuma. Ikipe ya Rayon Sports WFC niyo yari itegerejwe na benshi kuko yagombaga gutsinda cyangwa ikanganya na Muhazi United bigatuma yegukana igikombe. Uyu mukino waje kurangira Rayon Sports WFC itsinze Muhazi United igitego 1-0.

Igice cya mbere cy’umukino cyarangiye amakipe yombi anganya 0-0 ariko mu gice cya kabiri Rayon Sports WFC yabonye igitego cyatsinzwe na Gikundiro Scholastique ku ishoti rikomeye yatereye inyuma y’urubuga rw’umuzamu kiza guhesha intsinzi iyi kipe yegukana igikombe yemye.

Ikipe ya Rayon Sports WFC nyuma yo gutsinda Muhazi United, yahise igira amanota 57 izigamye ibitego 62 mu gihe Police WFC yasoje iri ku mwanya wa Kabiri n’amanota 54 izigamye ibitego 46. Ibi byatumye Rayon Sports WFC ihita yuzuza ibikombe bitatu itwaye byikurikiranya bya Shampiyona kuva yazamuka mu cyiciro cya mbere. 

Rayon Sports y’abagore yinjiye mu mubare w’amakipe amaze gukora amateka mu mupira w’amaguru yabashije gutwara ibikombe 3 bya Shampiyona byikurikiranya nyuma ya AS Kigali WFC yatwaye ibikombe 10, hagati ya Saison ya 2008/2009 na 2017/18, ubwo Rayon Sports WFC yazaga.

Ikipe ya Rayon Sports WFC nyuma yo kwegukana iki gikombe yahawe miliyoni 20 z’amafaranga y’u Rwanda nk’igihembo bakoreye uyu mwaka, ariko kandi iyi kipe ikaba izanahagararira u Rwanda mu mikino ya CECAFA inatanga itike yo gukina imikino ya CAF Champions League y’abagore. 

Rayon Sports yabaye ikipe ya mbere yahembwe Miliyoni 20 kuva ingoma ya Shema Fabrice yakongera ibihembo bihabwa amakipe yitwaye neza muri Shampiyona. Igihembo cy’ikipe ya mbere mu bagore ubusanzwe cyari miliyoni 8 z’amafaranga y’u Rwanda. Muri iyi Shampiyona ndetse n’iya bagabo biteganyijwe ko hazahembwa amakipe kugeza ku munani.

Iki cyabaye igikombe cya gatatu Rayon Sports itwaye muri uyu mwaka w’imikino nyuma yo gutwara igikombe kiruta ibindi cya Super Cup, itsinze Indahangarwa WFC ibitego 4-0 ndetse n’Igikombe cy’Intwari yatwaye n’ubundi itsinze Indahangarwa WFC ibitego 2-0.

Philcollens Sports Journalist Tel: 0784798373

Rayon Sports WFC yegukanye Miliyoni 20 ihigitse Police WFC

Apr 6, 2026 - 08:00
Apr 6, 2026 - 08:03
 0
Rayon Sports WFC yegukanye Miliyoni 20 ihigitse Police WFC

Ikipe ya Rayon Sports y’abagore yegukanye igikombe cya gatatu cyikurikiranya cya Shampiyona y’icyiciro cya mbere nyuma yo kurusha ikipe ya Police WFC amanota atatu ku rutonde rwa Shampiyona.


Ku Cyumweru tariki 5 Mata 2026, nibwo hakinwe imikino y’umunsi wa 22 wa Shampiyona y’abagore mu Rwanda ari nawo wa nyuma. Ikipe ya Rayon Sports WFC niyo yari itegerejwe na benshi kuko yagombaga gutsinda cyangwa ikanganya na Muhazi United bigatuma yegukana igikombe. Uyu mukino waje kurangira Rayon Sports WFC itsinze Muhazi United igitego 1-0.

Igice cya mbere cy’umukino cyarangiye amakipe yombi anganya 0-0 ariko mu gice cya kabiri Rayon Sports WFC yabonye igitego cyatsinzwe na Gikundiro Scholastique ku ishoti rikomeye yatereye inyuma y’urubuga rw’umuzamu kiza guhesha intsinzi iyi kipe yegukana igikombe yemye.

Ikipe ya Rayon Sports WFC nyuma yo gutsinda Muhazi United, yahise igira amanota 57 izigamye ibitego 62 mu gihe Police WFC yasoje iri ku mwanya wa Kabiri n’amanota 54 izigamye ibitego 46. Ibi byatumye Rayon Sports WFC ihita yuzuza ibikombe bitatu itwaye byikurikiranya bya Shampiyona kuva yazamuka mu cyiciro cya mbere. 

Rayon Sports y’abagore yinjiye mu mubare w’amakipe amaze gukora amateka mu mupira w’amaguru yabashije gutwara ibikombe 3 bya Shampiyona byikurikiranya nyuma ya AS Kigali WFC yatwaye ibikombe 10, hagati ya Saison ya 2008/2009 na 2017/18, ubwo Rayon Sports WFC yazaga.

Ikipe ya Rayon Sports WFC nyuma yo kwegukana iki gikombe yahawe miliyoni 20 z’amafaranga y’u Rwanda nk’igihembo bakoreye uyu mwaka, ariko kandi iyi kipe ikaba izanahagararira u Rwanda mu mikino ya CECAFA inatanga itike yo gukina imikino ya CAF Champions League y’abagore. 

Rayon Sports yabaye ikipe ya mbere yahembwe Miliyoni 20 kuva ingoma ya Shema Fabrice yakongera ibihembo bihabwa amakipe yitwaye neza muri Shampiyona. Igihembo cy’ikipe ya mbere mu bagore ubusanzwe cyari miliyoni 8 z’amafaranga y’u Rwanda. Muri iyi Shampiyona ndetse n’iya bagabo biteganyijwe ko hazahembwa amakipe kugeza ku munani.

Iki cyabaye igikombe cya gatatu Rayon Sports itwaye muri uyu mwaka w’imikino nyuma yo gutwara igikombe kiruta ibindi cya Super Cup, itsinze Indahangarwa WFC ibitego 4-0 ndetse n’Igikombe cy’Intwari yatwaye n’ubundi itsinze Indahangarwa WFC ibitego 2-0.