Polisi yacakiye abagizi ba nabi batatu
Polisi y'u Rwanda yasobanuye ko izerekana bariya bagizi ba nabi batatu bagiriye nabi umugore.
Polisi y'u Rwanda ibinyujije kuri X yatangaje ko n'abari batarafatwa babiri yamaze kubacakira. Ku wa 12 Nzeri 2025 polisi yatambukije ubutumwa"Turabamenyesha ko abantu babiri bari basigaye mubagaragaye mu mashusho bakorera igikorwa cy'ubugome umuturage wo mu kagari ka Rwampara bose bafashwe. Murakoze".
Ni nyuma y'uko umusore umwe yari yafashwe hasigara gushakisha bagenzi be. Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu, ACP Boniface Rutikanga yasobanuye ko bariya basore bafashwe ku mugoroba wo ku wa 12 Nzeri 2025.
Ibyo bakurikiranyweho birimo ubujura dore ko bambuye uriya mukobwa isakoshi irimo amafaranga na telefoni.
Umugore ugaragara mu mashusho ari kwitabwaho n'abaganga ndetse na polisi yaramusuye. Yaje koroherwa arataha, kuri ubu ari mu rugo.
ACP Boniface Rutikanga yahumurije abanyarwanda kuko abagizi ba nabi barafashwe kandi ntabwo uzakora ibyaha azigera acika ukuboko ku Ubutabera.
Yanahishuye ko bazereka abanyarwanda bariya bagizi ba nabi (Parading).


Kinyarwanda
English
Swahili









