
Perezida Salva Kiir yirukanye Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga amutunguye
Perezida wa Sudani y'Amajyepfo, Salva Kiir, yirukanye Minisitiri w’ububanyi n’ubutwererane, Ramadhan Abdallah Goc bitunguranye.
Goc wari umaze igihe kitageze ku mwaka kuri izi nshingano, yasimbuwe na semaya Kumba, umudipolomate w’umwuga ufite uburambe akaba yaranabanje kuba ambasaderi wa Sudani y'Amajyepfo mu Bushinwa.
Ishyirwaho rye rije mu gihe Sudani y’Epfo, irimo guhangana n’ububanyi n’amahanga bw’i Washington, nyuma y’impaka zitavugwaho rumwe ku muturage wayo witwa Makula Kintu Amerika iherutse kwirukana.
Amerika yari yashinje Juba kuba yaranze kwakira umuturage wayo wari wirukanwe na Amerika ikavuga ko ari umuturage wa DR Congo, Amerika yibeshyeho.
Gusa ubu iyi leta yavuze ko yemeye kwakira uyu mugabo muri Sudani y'Epfo "mu mwuka w'umubano wa gicuti".
Amakimbirane ya dipolomasi aje nyuma y’uko guverinoma ya Sudani ihura n'ikibazo cya politiki yo mu gihugu kubera itabwa muri yombi rya Visi Perezida wa mbere Riek Machar.