issa
Perezida Kagame azitabira Africa Forward Summit

Perezida Kagame azitabira Africa Forward Summit

May 11, 2026 - 14:16
 0

Abakuru b'ibihugu 30 byo muri Afurika bazaganira na Perezida Emmanuel Macron w'Ubufaransa mu nama yitwa Africa Forward Summit.


Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane Ambasaderi Olivier Nduhungirehe yahamije ko Perezida Kagame azajya I Nairobi muri Kenya aho azitabira Africa Forward Summit.

Mu kiganiro yahaye RBA (Rwanda Broadcasting Agency) yavuze ko ku itariki 12 Gicurasi 2026 Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame azitabira inama izahuriza hamwe Perezida w’Ubufaransa Emmanuel Macron n’abakuru b’ibihugu bisaga 30 byo muri Afurika. Ati”Iyi nama ya Africa Forward Summit, ni inama hagati y’Ubufaransa n’ibihugu by’Afurika. 

Ni inama zatangiye mu 1973. Izabera I Nairobi muri Kenya. Izaba yiga ku guhanga udushya, amahoro n’umutekano, imari mpuzamahanga, hakaba ndetse n’ibigo by’ubucuruzi biturutse muri Afurika no mu Bufaransa”.

 Minisitiri Nduhungirehe yavuze ko hari n’igice cy’abahanzi. Ati”Hari abahanzi bahari. Hazaba igitaramo hano I Nairobi”. Yashimangiye ko u Rwanda rufitanye umubano na Kenya n’Ubufaransa ku buryo kwitabira iyo nama hari inyungu ku Rwanda.

Perezida Kagame ategerejwe muri Kenya

Ni inama igamije kuzamura ubufatanye hagati y’Afurika n’Ubufaransa ariko ubwo bufatanye bushingiye ku iterambere ku mpande zombi.

Muri iyo nama kandi hategerejwe kuganirwamo uko hashakwa amafaranga yo kubungabunga umutekano muri Afurika, no kwiga ku kibazo cy’abimukira. Ni inama izaberamo ibiganiro bifunguye ku ngingo zitandukanye hashakwa ibisubizo birambye ku bibazo bihari.

Perezida Kagame azitabira Africa Forward Summit

May 11, 2026 - 14:16
 0
Perezida Kagame azitabira Africa Forward Summit

Abakuru b'ibihugu 30 byo muri Afurika bazaganira na Perezida Emmanuel Macron w'Ubufaransa mu nama yitwa Africa Forward Summit.


Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane Ambasaderi Olivier Nduhungirehe yahamije ko Perezida Kagame azajya I Nairobi muri Kenya aho azitabira Africa Forward Summit.

Mu kiganiro yahaye RBA (Rwanda Broadcasting Agency) yavuze ko ku itariki 12 Gicurasi 2026 Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame azitabira inama izahuriza hamwe Perezida w’Ubufaransa Emmanuel Macron n’abakuru b’ibihugu bisaga 30 byo muri Afurika. Ati”Iyi nama ya Africa Forward Summit, ni inama hagati y’Ubufaransa n’ibihugu by’Afurika. 

Ni inama zatangiye mu 1973. Izabera I Nairobi muri Kenya. Izaba yiga ku guhanga udushya, amahoro n’umutekano, imari mpuzamahanga, hakaba ndetse n’ibigo by’ubucuruzi biturutse muri Afurika no mu Bufaransa”.

 Minisitiri Nduhungirehe yavuze ko hari n’igice cy’abahanzi. Ati”Hari abahanzi bahari. Hazaba igitaramo hano I Nairobi”. Yashimangiye ko u Rwanda rufitanye umubano na Kenya n’Ubufaransa ku buryo kwitabira iyo nama hari inyungu ku Rwanda.

Perezida Kagame ategerejwe muri Kenya

Ni inama igamije kuzamura ubufatanye hagati y’Afurika n’Ubufaransa ariko ubwo bufatanye bushingiye ku iterambere ku mpande zombi.

Muri iyo nama kandi hategerejwe kuganirwamo uko hashakwa amafaranga yo kubungabunga umutekano muri Afurika, no kwiga ku kibazo cy’abimukira. Ni inama izaberamo ibiganiro bifunguye ku ngingo zitandukanye hashakwa ibisubizo birambye ku bibazo bihari.