Nyamirambo : Abakoraga akazi ko gucukura imva no gushyingura barataka igihombo
Bamwe mu bakoraga akazi ko gucukura imva no gushyingura mu irimbi ryo mu rugarama mu Murenge wa Nyamirambo,Akarere ka Nyarugenge, barataka igihombo nyuma y’uko ritagishyingurwambo kubera ko ryuzuye.
Iyo uganiriye na bamwe mu bagabo bakoraga ibiraka byogushyingura abantu bitabye muri iri rimbi ryo mu Rugarama bakakwisanzuraho, bakubwiza ukuri ko inyungu yabo yabonekaga iyo habaga hapfuye abantu benshi ndetse ko ako kazi kabateje imbere.
Bemeza ko kuba iri rimbi ryaruzuye byabagizeho ingaruka zikomeye kubera ko ritagikoreshwa ndetse byabateje igihombo.
Umwe yagize ati “ Kuvuga ko byaduteje igihombo byumvikane neza ntibivuze ko tuba twifuza ko abantu bapfa ariko na none kuba ritagikoreshwa byaduteje igihombo kuko niho twakuraga umugati w’abana.”
Yakomeje agira ati “ Nuko nyine ushobora kubivuga abantu bakabyumva nabi ntabwo umuntu aba yifuza ko abantu bapfa ariko twebwe inyungu twayibonaga ari uko bapfuye kuko nibwo nabonaga nk’ibiraka byo gucukura nk’imva nk’eshatu cyangwa se mugashyingurira abantu.”
Yongeyeho ko ku kwezi ataburaga ibihumbi 15o yinjize abikesha ako kazi yakoraga ko gushyingura no gucukura imva muri iryo rimbi ro mu Rugarama.
Uwitwa Mutwarangabo nawe yemeza ko kuba iri rimbi ryo mu Rugarama ritagishyingurwamo, byamugizeho ingaruka.
Ati “None se niba narabonaga amafarangakubera ko naje aha mvuge ngo ubu meze neza ko ntayo nkibona? Nyine inyungu yacu yabonekaga iyo abantu babaga bapfuye nk’uko umugango avuga ko yakoze neza iyo yavuye abantu benshi.”
Yongeyeho ko ako akazi ko gushyingura no gucukuira abantu umva yakoraga kari kamufatiye runini kubera ko yagakuyemo inzu anagashakiramo.


Kinyarwanda
English
Swahili









