issa
Nigeria: Igisirikare cyataye muri yombi abari batwaye imbunda mu mifuka y'amakara

Nigeria: Igisirikare cyataye muri yombi abari batwaye imbunda mu mifuka y'amakara

Sep 27, 2025 - 11:41
 0

Ingabo z'Igisirikare cya Leta ya Nigeria zatangaje ko zataye muri yombi abantu batanu bakekwaho ibikorwa by’ubugizi bwa nabi mu ntara ya Kwara, nyuma yo kubasangana imbunda zo mu bwoko bwa AK-47 zari zipakiye mu mifuka ya makara.


Ibi byatangajwe kuri uyu wa Gatanu tariki ya 26 Nzeri 2025, na Rafiu Ajakaye umuyobozi ushinzwe itangazamakuru muri Guverineri y’iyo ntara ya Kwara nk’uko ibitangazamakuru bitandukanye byo muri Nigeria bikomeje kubigarukaho. Ajakaye akaba yavuze ko abo batawe muri yombi bakekwaho gukora ibikorwa by’iterabwoba byakorewe ku mupaka wa Share uherereye mu karere ka Ifelodun ku wa 25 Nzeri 2025.

Ajakaye umuyobozi ushinzwe gutangaza amakuru muri ako karere yavuze ko abo batawe muri yombi bafatanywe imodoka yo mu bwoko bwa Golf Saloon yari ipakiyemo imifuka ya makara yarimo imbunda esheshatu zo mu bwoko bwa AK-47 ndetse n’izindi zo mu moko atandukanye.

Yavuze kandi ko iyo modoka yahagaritswe n’itsinda ry’ingabo za gisirikare cya Nigeria zari ziri mu kugenzura umutekano kuri uwo mupaka wa Share wo mu ntara ya Kwara, mu gihe abo bafashwe bamaze kugezwa ku cyicaro gikuru cya Polisi ya Nigeria mu mujyi wa Ilorin kugira ngo hakorwe iperereza ryimbitse.

Ibi bibaye mu gihe ubuyobozi bw’ingabo za Nigeria ku wa 24 nanone bwari bwatangaje ko bwataye muri yombi abantu batandatu bashinjwaga gushimuta abaturage muri ako karere ka Ifelodun.

Nigeria: Igisirikare cyataye muri yombi abari batwaye imbunda mu mifuka y'amakara

Sep 27, 2025 - 11:41
Sep 27, 2025 - 16:13
 0
Nigeria: Igisirikare cyataye muri yombi abari batwaye imbunda mu mifuka y'amakara

Ingabo z'Igisirikare cya Leta ya Nigeria zatangaje ko zataye muri yombi abantu batanu bakekwaho ibikorwa by’ubugizi bwa nabi mu ntara ya Kwara, nyuma yo kubasangana imbunda zo mu bwoko bwa AK-47 zari zipakiye mu mifuka ya makara.


Ibi byatangajwe kuri uyu wa Gatanu tariki ya 26 Nzeri 2025, na Rafiu Ajakaye umuyobozi ushinzwe itangazamakuru muri Guverineri y’iyo ntara ya Kwara nk’uko ibitangazamakuru bitandukanye byo muri Nigeria bikomeje kubigarukaho. Ajakaye akaba yavuze ko abo batawe muri yombi bakekwaho gukora ibikorwa by’iterabwoba byakorewe ku mupaka wa Share uherereye mu karere ka Ifelodun ku wa 25 Nzeri 2025.

Ajakaye umuyobozi ushinzwe gutangaza amakuru muri ako karere yavuze ko abo batawe muri yombi bafatanywe imodoka yo mu bwoko bwa Golf Saloon yari ipakiyemo imifuka ya makara yarimo imbunda esheshatu zo mu bwoko bwa AK-47 ndetse n’izindi zo mu moko atandukanye.

Yavuze kandi ko iyo modoka yahagaritswe n’itsinda ry’ingabo za gisirikare cya Nigeria zari ziri mu kugenzura umutekano kuri uwo mupaka wa Share wo mu ntara ya Kwara, mu gihe abo bafashwe bamaze kugezwa ku cyicaro gikuru cya Polisi ya Nigeria mu mujyi wa Ilorin kugira ngo hakorwe iperereza ryimbitse.

Ibi bibaye mu gihe ubuyobozi bw’ingabo za Nigeria ku wa 24 nanone bwari bwatangaje ko bwataye muri yombi abantu batandatu bashinjwaga gushimuta abaturage muri ako karere ka Ifelodun.