Nigeria: Abitwaje intwaro bishe abantu barenga 30
Agatsiko k'abantu bari bitwaje intwaro ku wa Gatandatu tariki 3 Mutarama 2026, batwitse amaduka y'abacuruzi ndetse bica abantu barenga 30 abandi barabashimuta
Agatsiko k'amabandi yari yitwaje intwaro, niko kagabye igitero mu Mudugudu wa Demo muri Leta ya Niger, iherereye mu Majyaruguru ya Nigeria. Muri icyo gitero, hiciwemo abaturage barenga 30 nkuko byatangajwe n'ibinyamakuru nka Al Jazeera, Newyork times na Reuters.
Polisi ya Nigeria yatangaje ko abo bagizi ba nabi, bari bitwaje intwaro, bagabye igitero kibasiye abakorera mu isoko rya Kasuwan daji, Saa kumi n'imwe z'umugoroba, batwika amaduka basahura ibicuruzwa mu maduka y'abacuruzi ndetse bica abaturage, bashimuta n'abandi biganjemo abagore n'abana.
Ababonye icyo gitero batanze ubuhamya, bavuga ko abagizi ba nabi, binjiye mu Mudugudu wa Demo bari kuri moto batangira kurasa abaturage ndetse basahura ibicuruzwa byiganjemo ibiribwa. Abishwe bivugwa ko bagera kuri 37, mu gihe hataramenyekana umubare w'abashimuswe.
Amakuru avuga ko abagabye icyo gitero baturutse mu ishyamba riri muri parike ibarizwa muri Leta ya Niger. Ubwo binjiraga muri ako gace bivugwa ko nta nzego zishinzwe umutekano zari zihari.
Iki gitero cyabaye nyuma y'igitero cyabaye mu Ntara ya Niger mu mpera z'umwaka ushize. Icyo gihe abitwaje intwaro bashimuse abarimu n'abanyeshuri bo mu ishuri Gatolika, bose uko ari 300 barekuwe nyuma y'ukwezi bafashwe bugwate n'inyeshyamba.


Kinyarwanda
English
Swahili









