Nigeria: Abarenga 162 baguye mu gitero cyagabwe n’umutwe witwaje intwaro
Abarenga 162 mu Ntara ya Kwara mu Burengerazuba bwa Nigeria biciwe mu gitero cyagabwe n’umutwe witwaje intwaro wa Lakurawa nk’uko byemejwe n’ubuyobozi bwa Nigeria bushinzwe ubutabazi.
Ibyo byatangajwe n’umuyobozi Babaomo Ayodeji w’ikigo gishinzwe ubutabazi muri iyo Ntara ya Kwara kuri uyu wa Gatatu tariki ya 4 Gashyantare 2026, wemeje ko abarenga 162 bapfiriye mu gitero cyagabwe n’umutwe witwaje intwaro wa Lakurawa mbere y’uko byari byagiye bivugwa ko bari 67.
Nk’uko byatangajwe ni uko icyo gitero cyagabwe mu Ntara ya Kwara mu karere ka Kaiama, ku mugoroba wo ku wa 3 Gashyantare 2026, nyuma y’uko imitwe yitwaje intwaro imenye ko ingabo za Nigeria zageze muri ako gace kubarwanya.
Umuyobozi w’akarere ka Kaiama, Sa’idu Baba Ahmed, yavuze ko abo bagizi ba nabi bagabye igitero muri ako gace babanje gusenya inzu z’ubucuruzi z’abaturage nyuma yo kuzisahura buri kimwe.
Guverineri w’Intara ya Kwara, AbdulRahman AbdulRazaq, yise icyo gitero ikimenyetso cy’iterabwoba imitwe yitwaje intwaro yashatse kwereka Leta ya Nigeria, avuga ko nubwo cyagabwe, ubu gahunda Leta y’icyo gihugu ifite ari iyo kurwanya iyo mitwe yitwaje intwaro ikirukanwa burundu muri Nigeria.
Ibi bibaye mu gihe inzego z’umutekano za Nigeria zitangaje ko intego zifite ari iyo kurimbura burundu imitwe yose yitwaje intwaro muri icyo gihugu.


Kinyarwanda
English
Swahili









