DRC: Hagaragaye indwara 11 nshya zifitanye isano na Ebola
Minisiteri Y'ubuzima muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatangaje ko iki gihugu cyongeye kwibasirwa no kwiyongera gushya kw’ikwirakwira ry’icyorezo cya Ebola nyuma y’uko hagaragaye izindi ndwara nshya 11 zifitanye isano na yo mu duce dutandatu two mu Karere ka Bulape mu Ntara ya Kasai.
Nk’uko byatangajwe n’inzego z’ubuzima muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuwa 25 Nzeri 2025, ni uko icyorezo cya Ebola gikomeje kwiyongera, gukwirakwira no kugaragara kw’izindi ndwara nshya 11 zifitanye isano na cyo zagaragaye mu ntangiriro z’ukwezi kwa Nzeri ndetse zikaba zikomeje kugaragara mu duce dutandatu tw’iki gihugu aritwo Bambalaie, Bulape, Bulape Communautaire, Dikolo, Ingongo na Mpianga mu ntara ya Kasai.
Minisiteri y’Ubuzima ivuga ko izo ndwara nshya 11 zagaragaye ko zandura cyane byihuse ugereranyije na Ebola isanzwe, uretse ko ngo zigikorwaho ubushakashatsi, inanatangaza ko kuva ku wa 21 Nzeri 2025, umubare w’abanduye Ebola wari kuri 57, aho 47 bari bemejwe neza ko banduye icyo cyorezo naho 10 bakaba bari bagikekwagaho. Mu gihe muri abo 57 abantu 35 yemeje neza ko ari bo bamaze kwicwa na cyo.
Ibyo bigatuma kugeza ubu muri DRC ikigero cy’abapfa bishwe n’icyo cyorezo cya Ebola kigera kuri 61,4%, nk’uko Minisiteri y’Ubuzima yakomeje ibitangaza ndetse ikaba inemeza ko abakozi b’ubuzima bayo batanu ubu nabo bari mu banduye.
Abatangajwe ko banduye ni kuva ku bana bato bari hagati y’imyaka 9 kugeza ku bakuru bari mu myaka 65, ariko nanone Minisiteri y’Ubuzima ikavuga ko abo bana bafite hagati y’imyaka 9 ko ari bo benshi biganje mu kwandura kurusha abandi ku kigero cyo hejuru cya 23%.
Ariko nanone Minisiteri y’Ubuzima muri DRC ikavuga ko abagore ari bo benshi mu banduye aho bari ku kigero cya 61%, ndetse ko muri abo bose banduye abagabo bapfa kurusha abagore, kuko ngo abagabo banduye bapfa bari ku gigero cya 73% mu gihe abagore bari kuri 56%.
Ibi bitangajwe mu gihe Ikigo cya Afurika gishinzwe kurwanya indwara z’ibyorezo Africa CDC cyaherukaga gutangaza ko kuva iki cyorezo cya Ebola cyatangira kugaragara muri DRC mu ntangiriro z’uku kwezi, abantu bagera kuri 16 bahitanwe na cyo mu gihe 68 bagikekwagaho.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima OMS/WHO kuri uyu wa Kane taliki ya 25 Nzeri 2025, ryo ryatangaje ko ibikorwa byo gupima no gukingira bitarimo kugenda neza kubera ibibazo by’amikoro make, ibyo bikaba biri mu mpamvu nyirizina zitera ukwiyongera kw’abandura n’abicwa n’icyo cyorezo cya Ebola.
OMS/WHO ivuga ko iyi ari inshuro ya 16 igihugu cya RD Congo gihanganye n’icyorezo cya Ebola kuva cyabonwa bwa mbere mu 1976.


Kinyarwanda
English
Swahili









