issa
Mu Rwanda hari koperative na sosiyete zicukura amabuye y’agaciro zirenga 200

Mu Rwanda hari koperative na sosiyete zicukura amabuye y’agaciro zirenga 200

Mar 7, 2025 - 11:54
 0

Ubushakashatsi bwakozwe, bugaragaza ko mu Rwanda hari za sosiyete zirenga 200, zicukura amabuye y’agaciro mu gihe iziyagura zikayohereza hanze y’Igihugu zigera kuri 90.


Byagarutsweho n’umuyobozi w’Ikigo gishinzwe Mine na Peteroli na Gaz (RMB), Nsengumuremyi Donat, ubwo yari mu kiganiro Isesengura Makuru cyo ku wa Kane, kuri Radio Rwanda hatangwa ishusho  yaho  urwego rw’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro igeze  ndetse n’uko afatiye runini ubukungu bw’igihugu.

 Nsengumuremyi Donat, yasobanuye ko amabuye yitwa ay’agaciro bitewe n’umumaro wayo.Yavuze ko ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bugenda bujyana n’igihe bitewe n’aho isi igeze. Yatanze urugero rw’uko nka mbere amabuye y’agaciro ya Lithium nta muntu wayitagaho ariko ubu yabaye imari ishyushye.

Ati “Kubera ikoranabuhanga ryo kutangiza ikirere n'ikoreshwa ry'imodoka z'amashanyarazi, hari amabuye yatangiye kwitwa ay’agaciro kandi kera yari amabuye asanzwe. Mu minsi ya vuba, amabuye ya Lithium mu turere tumwe nka za Ngororero wasangaga abantu barayubakishije inzu, ariko bamenye ko agaciro kazamutse bidasanzwe birangira bamwe bagiye gusenya inzu bati 'twubakishije imari ifite agaciro karenze', mureke tuyohereze ku isoko.’’

Umuyobozi w’Ishyirahamwe ry’Abacukuzi y’Amabuye y’Agaciro mu Rwanda, Kagenga Innocent, yavuze ko amabuye y’agaciro ari gucukurwa cyane harimo “Berylium” na “Lithium”.

Ati “Kubera ikoranabuhanga, imodoka zikoresha amashanyarazi na za bateri ayo mabuye agezweho kandi u Rwanda ruyafite ku bwinshi cyane.’’

 Uyu muyobozi avuga ko u Rwanda rudafite amabuye y’agaciro ari abataruzi kuko  Umugi wa Kigali wonyine ukikijwe n’amabuye y’agaciro.

 Ati “Buriya Kigali yose, ikikijwe n’amabuye. Kuri Mont Kigali hari Sosiyete ya Gamico Mining ihacukura Gasegereti. Iyo ugiye Mageragere uhasanga ya mabuye ya Wolfram.

 

 

 

Mu Rwanda hari koperative na sosiyete zicukura amabuye y’agaciro zirenga 200

Mar 7, 2025 - 11:54
 0
Mu Rwanda hari koperative na sosiyete zicukura amabuye y’agaciro zirenga 200

Ubushakashatsi bwakozwe, bugaragaza ko mu Rwanda hari za sosiyete zirenga 200, zicukura amabuye y’agaciro mu gihe iziyagura zikayohereza hanze y’Igihugu zigera kuri 90.


Byagarutsweho n’umuyobozi w’Ikigo gishinzwe Mine na Peteroli na Gaz (RMB), Nsengumuremyi Donat, ubwo yari mu kiganiro Isesengura Makuru cyo ku wa Kane, kuri Radio Rwanda hatangwa ishusho  yaho  urwego rw’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro igeze  ndetse n’uko afatiye runini ubukungu bw’igihugu.

 Nsengumuremyi Donat, yasobanuye ko amabuye yitwa ay’agaciro bitewe n’umumaro wayo.Yavuze ko ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bugenda bujyana n’igihe bitewe n’aho isi igeze. Yatanze urugero rw’uko nka mbere amabuye y’agaciro ya Lithium nta muntu wayitagaho ariko ubu yabaye imari ishyushye.

Ati “Kubera ikoranabuhanga ryo kutangiza ikirere n'ikoreshwa ry'imodoka z'amashanyarazi, hari amabuye yatangiye kwitwa ay’agaciro kandi kera yari amabuye asanzwe. Mu minsi ya vuba, amabuye ya Lithium mu turere tumwe nka za Ngororero wasangaga abantu barayubakishije inzu, ariko bamenye ko agaciro kazamutse bidasanzwe birangira bamwe bagiye gusenya inzu bati 'twubakishije imari ifite agaciro karenze', mureke tuyohereze ku isoko.’’

Umuyobozi w’Ishyirahamwe ry’Abacukuzi y’Amabuye y’Agaciro mu Rwanda, Kagenga Innocent, yavuze ko amabuye y’agaciro ari gucukurwa cyane harimo “Berylium” na “Lithium”.

Ati “Kubera ikoranabuhanga, imodoka zikoresha amashanyarazi na za bateri ayo mabuye agezweho kandi u Rwanda ruyafite ku bwinshi cyane.’’

 Uyu muyobozi avuga ko u Rwanda rudafite amabuye y’agaciro ari abataruzi kuko  Umugi wa Kigali wonyine ukikijwe n’amabuye y’agaciro.

 Ati “Buriya Kigali yose, ikikijwe n’amabuye. Kuri Mont Kigali hari Sosiyete ya Gamico Mining ihacukura Gasegereti. Iyo ugiye Mageragere uhasanga ya mabuye ya Wolfram.