issa
Lamine Yamal yaciye kuri Mbape, Arsenal FC isosi yaguyemo inshishi naho Modric agaruka ibwana! Avugwa i Burayi

Lamine Yamal yaciye kuri Mbape, Arsenal FC isosi yaguyemo inshishi naho Modric agaruka ibwana! Avugwa i Burayi

Jun 10, 2025 - 12:39
 0

Ku mugabane w’iburayi hakomeje kuvugwayo amakuru menshi muri ibi bihe shampiyona zarangiye ariko ikivugwa gikomeye ni Lamine yamal wahigitse Mbape ndetse na Arsenal FC ishobora gukorwa mu jisho na Real Madrid.


Nyuma y’igikombe cya UEFA Nations League, rutahizamu wa FC Barcelona n’ikipe y’igihugu ya Esipanye, Lamine Yamal, agaciro ke kazamutse cyane bijyanye nuko yitwaye muri uyu mwaka dusoje.

Nkuko bigaragara ku rubuga rwa Transfer Market, ubona ko Lamine Yamal ari we uri hejuru y’abandi bakinnyi bose kuko ubu agaciro ke kageze kuri Milliyoni 200 z’amayero. Umukinnyi umukurikiye ni Kylian Mbape uhagaze Milliyoni 180 z’amayero. Pedri Gonzalez ageze kuri Milliyoni 140 z’Amayero ndetse na Julian Alvarez uhagaze Milliyoni 100 z’Amayero.

Manchester City yiyubatse muri iyi meshyi

Mu gihe habura iminsi 5 gusa ngo atangire igikombe cy’isi cy’ama-Club, ikipe zizakitabira zari zitegetswe kongeramo abakinnyi kare kugirango zizabifashishe muri iyi mikino. Ikipe ya Manchester City, ku munsi w’ejo hashize tariki 9 Kamena 2025, hari abakinnyi yarangizanyije nabo.

Abo bakinnyi barimo Rayan Cherki, Tijjani Reijnders ndetse na Rayan Ait-Nouri wasinye amasezerano y’imyaka 5 mu cyumweru gishize avuye muri Wolves.

Ikipe ya Manchester City irimo no gushaka undi muzamu ukomeye aho bivugwa ko iri mu biganiro na Diego Costa ukinira ikipe y’igihugu ya Portugal ndetse na Porto ikina shampiyona y’iki gihugu.

Aït Nouri yakiriwe muri Manchester City 

Imikino yo gushaka itike yo gukina igikombe cy’isi yakomezaga ku mugabane w’i Burayi

Mu ijoro ryacyeye ikipe y’igihugu y’ubutaliyani yatsinze Moldova ibitego 2-0 mu gushaka itike yo gukina igikombe cy’isi. Iyi kipe y’igihugu y’ubutaliyani iheruka gutandukana n’umutoza wayo Luciano Spalleti nyuma yo gutsindwa na Norway ibitego 3-0.

Ikipe y’igihugu y’ububiligi nayo yatsinze ikipe y’igihugu ya Wales ibitego 4-3, Kevin De Bruyne na Jerem Doku batsindira ikipe y’igihugu y’ububiligi.

Muri iyi mikino kandi ikipe y’igihugu ya Croatia yitwaye neza itsinda ikipe y’igihugu ya Republika ya Czechia ibitego 5-1, Luka Modric atsindamo igitego ndetse anitwara neza muri uyu mukino.

Imyitwarire ya Lamine Yamal ikomeje kugarukwaho

Ubwo ikipe y’igihugu ya Esipanye yatwarwaga igikombe cya UEFA Nations League na Portugal, Lamine Yamal yagaragaje imyitwarire itari myiza.

Ubusanzwe iyo ikipe y’igihugu itwawe igikombe, iyatsinzwe itegereza ko iyatwaye igikombe igihabwa abakinnyi bakabona gusubira mu rwambariro ariko Lamine Yamal we yagiye mbere.

Abasesenguzi bakomeye bavuga ko iyi myitwarire Lamine Yamal yagaragaje ishobora kumugabanyiriza amanota mu bihembo bya Ballon D’Or bizatangwa mu minsi iri imbere.

Lamine Yamal yafashwe amashusho aca inyuma y’abanyamakuru mu gihe bagenzi be bakomaga amashyi ndetse avugirizwa induru n’abafana ndetse arakwirakwizwa cyane ku mbuga nkoranyambaga ambwirwa amagambo atari meza.  

Lamine Yamal agaciro ke kageze muri Million 200 z'amayero

Arsenal FC ishobora kubura Martin Zubimendi

Arsenal FC nyuma yo kugira icyizere cyo kwegukana uyu mukinnyi w’umunya-Esipanye, Martin Zubimendi, bishobora kurangira yerekeje muri Real Madrid.

Nkuko bitangazwa na Marca ikurikiranira hafi Real Madrid, ivuga ko umutoza Xabi Alonso yifuje cyane uyu mukinnyi ndetse hatangiye no kubaho ibiganiro, ashobora guhindura ibitekerezo akerekeza muri iyi kipe ikomeye ku isi.

Icyatumye Arsenal FC idasinyisha uyu musore kare, bivugwa ko ikipe ya Real Sociedad, yashatse kuzamugurisha bamaze kugera muri Saison ya 2025-2026 kugirango baringanize ibitabo by’umutungo wabo batazisanga bahawe ibihano.

Martin Zubimendi yemeye kunganira na Real Madrid 

 

  

 

Philcollens Sports Journalist Tel: 0784798373

Lamine Yamal yaciye kuri Mbape, Arsenal FC isosi yaguyemo inshishi naho Modric agaruka ibwana! Avugwa i Burayi

Jun 10, 2025 - 12:39
Jun 10, 2025 - 12:48
 0
Lamine Yamal yaciye kuri Mbape, Arsenal FC isosi yaguyemo inshishi naho Modric agaruka ibwana! Avugwa i Burayi

Ku mugabane w’iburayi hakomeje kuvugwayo amakuru menshi muri ibi bihe shampiyona zarangiye ariko ikivugwa gikomeye ni Lamine yamal wahigitse Mbape ndetse na Arsenal FC ishobora gukorwa mu jisho na Real Madrid.


Nyuma y’igikombe cya UEFA Nations League, rutahizamu wa FC Barcelona n’ikipe y’igihugu ya Esipanye, Lamine Yamal, agaciro ke kazamutse cyane bijyanye nuko yitwaye muri uyu mwaka dusoje.

Nkuko bigaragara ku rubuga rwa Transfer Market, ubona ko Lamine Yamal ari we uri hejuru y’abandi bakinnyi bose kuko ubu agaciro ke kageze kuri Milliyoni 200 z’amayero. Umukinnyi umukurikiye ni Kylian Mbape uhagaze Milliyoni 180 z’amayero. Pedri Gonzalez ageze kuri Milliyoni 140 z’Amayero ndetse na Julian Alvarez uhagaze Milliyoni 100 z’Amayero.

Manchester City yiyubatse muri iyi meshyi

Mu gihe habura iminsi 5 gusa ngo atangire igikombe cy’isi cy’ama-Club, ikipe zizakitabira zari zitegetswe kongeramo abakinnyi kare kugirango zizabifashishe muri iyi mikino. Ikipe ya Manchester City, ku munsi w’ejo hashize tariki 9 Kamena 2025, hari abakinnyi yarangizanyije nabo.

Abo bakinnyi barimo Rayan Cherki, Tijjani Reijnders ndetse na Rayan Ait-Nouri wasinye amasezerano y’imyaka 5 mu cyumweru gishize avuye muri Wolves.

Ikipe ya Manchester City irimo no gushaka undi muzamu ukomeye aho bivugwa ko iri mu biganiro na Diego Costa ukinira ikipe y’igihugu ya Portugal ndetse na Porto ikina shampiyona y’iki gihugu.

Aït Nouri yakiriwe muri Manchester City 

Imikino yo gushaka itike yo gukina igikombe cy’isi yakomezaga ku mugabane w’i Burayi

Mu ijoro ryacyeye ikipe y’igihugu y’ubutaliyani yatsinze Moldova ibitego 2-0 mu gushaka itike yo gukina igikombe cy’isi. Iyi kipe y’igihugu y’ubutaliyani iheruka gutandukana n’umutoza wayo Luciano Spalleti nyuma yo gutsindwa na Norway ibitego 3-0.

Ikipe y’igihugu y’ububiligi nayo yatsinze ikipe y’igihugu ya Wales ibitego 4-3, Kevin De Bruyne na Jerem Doku batsindira ikipe y’igihugu y’ububiligi.

Muri iyi mikino kandi ikipe y’igihugu ya Croatia yitwaye neza itsinda ikipe y’igihugu ya Republika ya Czechia ibitego 5-1, Luka Modric atsindamo igitego ndetse anitwara neza muri uyu mukino.

Imyitwarire ya Lamine Yamal ikomeje kugarukwaho

Ubwo ikipe y’igihugu ya Esipanye yatwarwaga igikombe cya UEFA Nations League na Portugal, Lamine Yamal yagaragaje imyitwarire itari myiza.

Ubusanzwe iyo ikipe y’igihugu itwawe igikombe, iyatsinzwe itegereza ko iyatwaye igikombe igihabwa abakinnyi bakabona gusubira mu rwambariro ariko Lamine Yamal we yagiye mbere.

Abasesenguzi bakomeye bavuga ko iyi myitwarire Lamine Yamal yagaragaje ishobora kumugabanyiriza amanota mu bihembo bya Ballon D’Or bizatangwa mu minsi iri imbere.

Lamine Yamal yafashwe amashusho aca inyuma y’abanyamakuru mu gihe bagenzi be bakomaga amashyi ndetse avugirizwa induru n’abafana ndetse arakwirakwizwa cyane ku mbuga nkoranyambaga ambwirwa amagambo atari meza.  

Lamine Yamal agaciro ke kageze muri Million 200 z'amayero

Arsenal FC ishobora kubura Martin Zubimendi

Arsenal FC nyuma yo kugira icyizere cyo kwegukana uyu mukinnyi w’umunya-Esipanye, Martin Zubimendi, bishobora kurangira yerekeje muri Real Madrid.

Nkuko bitangazwa na Marca ikurikiranira hafi Real Madrid, ivuga ko umutoza Xabi Alonso yifuje cyane uyu mukinnyi ndetse hatangiye no kubaho ibiganiro, ashobora guhindura ibitekerezo akerekeza muri iyi kipe ikomeye ku isi.

Icyatumye Arsenal FC idasinyisha uyu musore kare, bivugwa ko ikipe ya Real Sociedad, yashatse kuzamugurisha bamaze kugera muri Saison ya 2025-2026 kugirango baringanize ibitabo by’umutungo wabo batazisanga bahawe ibihano.

Martin Zubimendi yemeye kunganira na Real Madrid