issa
Intsinzi ya Rayon Sports Munyakazi Sadate yaba yayigizemo uruhare?

Intsinzi ya Rayon Sports Munyakazi Sadate yaba yayigizemo uruhare?

May 12, 2025 - 16:41
 0

Ikipe ya Rayon Sports yatsinze Police FC igitego 1-0, hakomeje kugaragara uruhare rwa bamwe mu bakunzi b'iyi kipe kuri iyi ntsinzi yabonetse


Ku cyumweru tariki 11 Gicurasi 2025, ikipe ya Rayon Sports yakinnye umukino w'umunsi wa 27 wa shampiyona ndetse ni nawo urimo kugarukwaho cyane bijyanye nuko wari ukomeye.

Ubuyobozi bwa Rayon Sports, abafana bayo ndetse n'abacyeba, uyu mukino bari bawukaniye cyane ku buryo umukino warangiye benshi bagifite ubwoba kuko iyo Rayon Sports iwutakaza byari buhite bituma isubira ku mwanya wa 2 kwizera igikombe bigakomeza kuba inzozi.

Abakunzi ba Rayon Sports bari bahagurutse bamwe batanga amafaranga agomba kuvamo agahimbazamusyi kugirango batere inkunga ubuyobozi, iyi kipe ibashe kwitwara neza.

Kuri uyu wa mbere tariki 12 nibwo hamenyekanye amakuru avuga ko Munyakazi Sadate nubwo atagaragaye ku mukino muri Sitade ariko ari mu batanze agahimbazamusyi ko guha abakinnyi.

Amakuru ahari avuga ko Munyakazi Sadate yatanze amafaranga angana na Milliyoni 1 y'amafaranga y'u Rwanda yagombaga kunganira ayo ubuyobozi burimo guhereza abakinnyi muri iki gihe urugamba rugeze aho rukomeye.

Ibi byaje bikurikiye amagambo uyu mugabo yatangaje abinyujije kumbaga nkoranyambaga ze tariki 5 Gicurasi 2025, avuga ko gutakaza igikombe cy'Amahoro kwa Rayon Sports bidakwiye gutuma bacikamo ibice ahubwo ko ari cyo gihe Gikundiro ibakeneye.

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bivugwa ko muri ibi bihe bwatangiye gukoresha amafaranga menshi ndetse ko abakinnyi gutsinda umukino bagomba guhabwa amafaranga angana n'ibihumbi 300 kugirango bubatera imbaraga mu mikino ibura kugirango shampiyona irangire.

Ikipe ya Rayon Sports isa nk'iyatangiye kwizera gutwara igikombe kuko umukino batsinzemo Police FC igitego 1-0 ni wo mukino wari ukomeye bari batezwe. Rayon Sports yasubiranye umwanya wa mbere n'amanota 59.

Philcollens Sports Journalist Tel: 0784798373

Intsinzi ya Rayon Sports Munyakazi Sadate yaba yayigizemo uruhare?

May 12, 2025 - 16:41
 0
Intsinzi ya Rayon Sports Munyakazi Sadate yaba yayigizemo uruhare?

Ikipe ya Rayon Sports yatsinze Police FC igitego 1-0, hakomeje kugaragara uruhare rwa bamwe mu bakunzi b'iyi kipe kuri iyi ntsinzi yabonetse


Ku cyumweru tariki 11 Gicurasi 2025, ikipe ya Rayon Sports yakinnye umukino w'umunsi wa 27 wa shampiyona ndetse ni nawo urimo kugarukwaho cyane bijyanye nuko wari ukomeye.

Ubuyobozi bwa Rayon Sports, abafana bayo ndetse n'abacyeba, uyu mukino bari bawukaniye cyane ku buryo umukino warangiye benshi bagifite ubwoba kuko iyo Rayon Sports iwutakaza byari buhite bituma isubira ku mwanya wa 2 kwizera igikombe bigakomeza kuba inzozi.

Abakunzi ba Rayon Sports bari bahagurutse bamwe batanga amafaranga agomba kuvamo agahimbazamusyi kugirango batere inkunga ubuyobozi, iyi kipe ibashe kwitwara neza.

Kuri uyu wa mbere tariki 12 nibwo hamenyekanye amakuru avuga ko Munyakazi Sadate nubwo atagaragaye ku mukino muri Sitade ariko ari mu batanze agahimbazamusyi ko guha abakinnyi.

Amakuru ahari avuga ko Munyakazi Sadate yatanze amafaranga angana na Milliyoni 1 y'amafaranga y'u Rwanda yagombaga kunganira ayo ubuyobozi burimo guhereza abakinnyi muri iki gihe urugamba rugeze aho rukomeye.

Ibi byaje bikurikiye amagambo uyu mugabo yatangaje abinyujije kumbaga nkoranyambaga ze tariki 5 Gicurasi 2025, avuga ko gutakaza igikombe cy'Amahoro kwa Rayon Sports bidakwiye gutuma bacikamo ibice ahubwo ko ari cyo gihe Gikundiro ibakeneye.

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bivugwa ko muri ibi bihe bwatangiye gukoresha amafaranga menshi ndetse ko abakinnyi gutsinda umukino bagomba guhabwa amafaranga angana n'ibihumbi 300 kugirango bubatera imbaraga mu mikino ibura kugirango shampiyona irangire.

Ikipe ya Rayon Sports isa nk'iyatangiye kwizera gutwara igikombe kuko umukino batsinzemo Police FC igitego 1-0 ni wo mukino wari ukomeye bari batezwe. Rayon Sports yasubiranye umwanya wa mbere n'amanota 59.