Kayonza yaje imbere mu gutsindisha abanyeshuri basoje ayisumbuye
Kuri uyu wa Mbere, tariki ya 1 Nzeri 2025, Minisiteri y'Uburezi yatangaje amanota y'abanyeshuri bakoze ibizamini bya Leta bisoza amashuri yisumbuye mu mwaka w’amashuri wa 2025/2026.
Mu masaha y'igicamunsi, nibwo Minisiteri y’Uburezi, ibinyujije mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini n’ubugenzuzi bw’Amashuri (NESA), yatangaje amanota y’ibizamini bya Leta bisoza amashuri yisumbuye mu mwaka w’amashuri wa 2024/2025 (A-Level).
Abakandida bose hamwe bakoze ibi bizamini ni 106,364. Muri bo, 101,081 ni abo mu mashuri; abakobwa 55,435 n’abahungu 45,646. Abakandida bigenga ni 5,283 barimo abakobwa 3,382 n’abahungu 1,901.
Ikigero cyo gutsinda cyageze kuri 89.1%, aho abakobwa batsinze ku rugero rwa 85.5%, naho abahungu batsinda ku rugero rwa 93.5%.
Akarere ka Kayonza niko kaje imbere mu gihugu hose mu gutsindisha cyane, n’amanota angana na 96.9%, gakurikirwa na Kirehe (95.6%) ku mwanya wa kabiri, Rulindo (94.9%) ku mwanya wa gatatu, Ngoma (93.8%) ku mwanya wa kane, ndetse na Nyamasheke (93.6%) ku mwanya wa gatanu.
Minisiteri y'Uburezi yatangaje amanota y'abanyeshuri bakoze ibizamini bya Leta bisoza amashuri yisumbuye 2025/2026


Kinyarwanda
English
Swahili









