issa
Abasirikare ba Leta Zunze Ubumwe za Amerika batabawe hakoreshejwe ikoranabuhanga

Abasirikare ba Leta Zunze Ubumwe za Amerika batabawe hakoreshejwe ikoranabuhanga

Jun 9, 2026 - 20:04
 0

Igisirikare cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika cyatabaye abasirikare bacyo bari mu kaga bakoresheje drone zoherejwe mu buryo budasanzwe hifashishijwe ikoranabuhanga.


Abanyamerika bari mu ndege ya gisirikare ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika barokowe hifashijwe Drone nyuma y’impanuka yabereye hafi y’umuhora wa Hormuz mu ijoro ryo kuwa mbere Tariki ya 8 Kanama nk'uko CBS news yabitangaje. 

Ubushobozi bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika bwatangaje ko abakozi babo babiri bari muri kajugujugu y' igisirikare yakoze impanuka igeze hafi y’umuhora wa Hormuz, barokowe n’ikorwa ry’ubutabazi ryifashishije indege itagira umupilote (drone) n’indi ndege ya gisirikare. 

Ubutegetsi bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika bwatangaje ko icyo gikorwa cy’ubutabazi cyabaye ubwa mbere, ingabo za Amerika zifashishije uburyo nk’ubu mu kurokora abasirikare babo bari mu kaga.

Ubuyobozi bw’Ingabo za Amerika zishinzwe ibikorwa byo mu Burasirazuba bwo Hagati (Centcom) bwemeje ko abasirikare babiri barokowe mu gihe kitarenze amasaha abiri nyuma y’uko kajugujugu yabo yo mu bwoko bwa AH-64 Apache ihanuwe hafi ya Oman, aho yari iri mu bikorwa byo kugenzura umutekano wo mu mazi yo muri ako gace.

Ubuyobozi bw'icyo gisirikare kizwi nka Centcom yavuze ko aba basirikare bombi ubuzima bwabo buhagaze neza nyuma yo gutabarwa, gusa kugeza ubu ntiharamenyekana icyateye iyo mpanuka. Haracyakorwa iperereza kugira ngo hamenyekane niba kajugujugu yagize ikibazo cya tekiniki cyangwa niba yaba yarahanuwe n’ Ingabo za Leta ya Iran cyangwa undi mutwe ushyigikiye Iran.

Itangazo ry’ingabo za Amerika Ingabo za Amerika zashyize ahagaragara rivuga ko ubutabazi bwakozwe ku bufatanye bw’ingabo zirwanira mu mazi za Amerika, ishami rya 82 Airborne Division, zifatanyije n’ingabo zirwanira mu kirere n’izirwanira mu mazi zirimo n’itsinda rya 5 ry’ingabo zirwanira mu kirere.

Bamwe mu basirikare bakuru baganiriye na CBS News bavuga ko aba basirikare barokowe n’indege itagira umupilote , yari iyobowe n’itsinda rizwi nka Task Force 59. Iki gikorwa cyashimwe nk'intambwe ikomeye mu gukoresha ikoranabuhanga rya drone mu bikorwa byo gutabara abasirikare bari mu bikorwa bya gisirikare byo mu nyanja no mu kirere.

Abasirikare ba Leta Zunze Ubumwe za Amerika batabawe hakoreshejwe ikoranabuhanga

Jun 9, 2026 - 20:04
Jun 10, 2026 - 10:53
 0
Abasirikare ba Leta Zunze Ubumwe za Amerika batabawe hakoreshejwe ikoranabuhanga

Igisirikare cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika cyatabaye abasirikare bacyo bari mu kaga bakoresheje drone zoherejwe mu buryo budasanzwe hifashishijwe ikoranabuhanga.


Abanyamerika bari mu ndege ya gisirikare ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika barokowe hifashijwe Drone nyuma y’impanuka yabereye hafi y’umuhora wa Hormuz mu ijoro ryo kuwa mbere Tariki ya 8 Kanama nk'uko CBS news yabitangaje. 

Ubushobozi bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika bwatangaje ko abakozi babo babiri bari muri kajugujugu y' igisirikare yakoze impanuka igeze hafi y’umuhora wa Hormuz, barokowe n’ikorwa ry’ubutabazi ryifashishije indege itagira umupilote (drone) n’indi ndege ya gisirikare. 

Ubutegetsi bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika bwatangaje ko icyo gikorwa cy’ubutabazi cyabaye ubwa mbere, ingabo za Amerika zifashishije uburyo nk’ubu mu kurokora abasirikare babo bari mu kaga.

Ubuyobozi bw’Ingabo za Amerika zishinzwe ibikorwa byo mu Burasirazuba bwo Hagati (Centcom) bwemeje ko abasirikare babiri barokowe mu gihe kitarenze amasaha abiri nyuma y’uko kajugujugu yabo yo mu bwoko bwa AH-64 Apache ihanuwe hafi ya Oman, aho yari iri mu bikorwa byo kugenzura umutekano wo mu mazi yo muri ako gace.

Ubuyobozi bw'icyo gisirikare kizwi nka Centcom yavuze ko aba basirikare bombi ubuzima bwabo buhagaze neza nyuma yo gutabarwa, gusa kugeza ubu ntiharamenyekana icyateye iyo mpanuka. Haracyakorwa iperereza kugira ngo hamenyekane niba kajugujugu yagize ikibazo cya tekiniki cyangwa niba yaba yarahanuwe n’ Ingabo za Leta ya Iran cyangwa undi mutwe ushyigikiye Iran.

Itangazo ry’ingabo za Amerika Ingabo za Amerika zashyize ahagaragara rivuga ko ubutabazi bwakozwe ku bufatanye bw’ingabo zirwanira mu mazi za Amerika, ishami rya 82 Airborne Division, zifatanyije n’ingabo zirwanira mu kirere n’izirwanira mu mazi zirimo n’itsinda rya 5 ry’ingabo zirwanira mu kirere.

Bamwe mu basirikare bakuru baganiriye na CBS News bavuga ko aba basirikare barokowe n’indege itagira umupilote , yari iyobowe n’itsinda rizwi nka Task Force 59. Iki gikorwa cyashimwe nk'intambwe ikomeye mu gukoresha ikoranabuhanga rya drone mu bikorwa byo gutabara abasirikare bari mu bikorwa bya gisirikare byo mu nyanja no mu kirere.