Igihano cy'urupfu cyahawe Kabila gishobora gutuma AFC/M23 itongera kwitabira ibiganiro
Ku wa Mbere tariki ya 30 Nzeri 2025, Urukiko Rukuru rwa Gisirikare muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) rwakatiye igihano cy’urupfu Joseph Kabila Kabange wahoze ari Perezida w’iki gihugu hagati y’umwaka wa 2001 na 2019.
Ni urubanza rwatunguye benshi kuko Kabila yari amaze igihe agaragaza ubushake bwo kugaruka mu gihugu cye, aho yari yatangaje ko agiye kuva mu buhungiro agasubira i Goma, umujyi uri mu maboko y’umutwe wa AFC/M23.
Ibyaha Kabila ashinjwa
Urukiko rwahamije Kabila ibyaha birimo:
Kugambanira igihugu,
Kujya mu bikorwa by’intambara,
Kwinjizwa mu mutwe ugamije guhirika ubutegetsi.
Abacamanza bavuze ko Kabila yagiranye imikoranire ikomeye na AFC/M23, bakemeza ko ari we mukuru w’uyu mutwe. Bavuze ko yakunze kugaragara mu bigo by’imyitozo ya gisirikare ndetse akanitabira inama zategurirwagamo ibitero byo kugaba ku mijyi ya Goma na Bukavu.
AFC/M23 iramagana iki gihano
Nyuma y’iki cyemezo, AFC/M23 yahise isohora itangazo binyuze ku Umuhuzabikorwa wungirije wayo, Bertrand Bisimwa.
Uyu muyobozi yavuze ko gucira urwo gupfa Kabila ari “uguca amahame y’ibanze aganisha ku guhagarika intambara” uwo mutwe wasinyanye na Leta ya RDC mu rwego rwo gushaka amahoro.
Yongeyeho ko iki gihano ntaho gitandukaniye n’ibitero ingabo za Leta za Kinshasa zikomeje kugaba kuri AFC/M23, bigaragaza ko ubutegetsi bwa Perezida Félix Tshisekedi nta gahunda yo gushakira igihugu amahoro bufite.
Kuva iyi nkuru yatangazwa, havutse impaka zikomeye mu banyapolitiki n’abasesenguzi ku ruhare rwa Joseph Kabila muri politiki y’imbere mu gihugu. Bamwe bavuga ko guhamwa kwe n’ibi byaha ari uburyo bwo kumuca intege no kumukuraho burundu muri politiki y’Igihugu, cyane ko ari umwe mu banyapolitiki bakomeye bo mu karere.
Kugeza ubu, Kabila n’ishyaka rye PPRD nta jambo baratangaza ku gihano cy’urupfu yahawe.
Abakurikirana iby’aka karere bavuga ko icyo bazavuga gishobora kugira ingaruka zikomeye ku mibanire ya politiki muri RDC ndetse no ku mubano w’iki gihugu n’imitwe yitwaje intwaro.
Icyemezo cyo gukatira Kabila urwo gupfa cyongeye gushimangira ubushyamirane bukomeje guca ibintu hagati ya Leta ya RDC n’umutwe wa AFC/M23. Mu gihe Kinshasa ibona Kabila nk’umuyobozi w’uyu mutwe, AFC/M23 yo ivuga ko ari inzira yo kurushaho guteza umutekano muke no guhagarika inzira y’amahoro.


Kinyarwanda
English
Swahili









