issa
DRC: Icyorezo cya Kolera kimaze guhitana imbaga

DRC: Icyorezo cya Kolera kimaze guhitana imbaga

Jul 9, 2025 - 09:49
 0

Abantu bagera kuri 78 bamaze kwemezwa ko bapfuye bazize icyorezo cya kolera cyibasiye umurwa mukuru wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Kinshasa, nk’uko byatangajwe na Minisitiri w’Ubuzima w’Intara, Patricien Gongo.


Ku wa 5 Gicurasi 2025, Minisiteri y’Ubuzima, Isuku n’Imibereho Myiza muri RDC yatangaje icyorezo cya kolera nyuma yo kwemeza ko habonetse abanduye mu ntara zitandukanye, hakoreshejwe ibizamini bya laboratwari.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) rivuga ko guhera ku wa 1 Mutarama kugeza ku wa 8 Kamena 2025, igihugu cyatangaje abantu 29,392 bakekwaho kwandura kolera, barimo 620 bapfuye. 

Umubare w’abapfa ungana na 2% werekana ko hari icyuho mu gutanga ubuvuzi bwihuse kandi buboneye ku barwaye kolera. Intara zirimo Tanganyika, Haut-Katanga, Sud-Kivu, Maniema, na Tshopo ni zo zibasiwe cyane.

OMS yanatangaje ko imyuzure ikabije muri Kinshasa n’imyiyongere y’abantu bava n’abinjira mu bice bitandukanye binyuze ku mugezi wa Congo biri mu byihutisha ikwirakwira ry’icyo cyorezo.

DRC: Icyorezo cya Kolera kimaze guhitana imbaga

Jul 9, 2025 - 09:49
Jul 9, 2025 - 10:12
 0
DRC: Icyorezo cya Kolera kimaze guhitana imbaga

Abantu bagera kuri 78 bamaze kwemezwa ko bapfuye bazize icyorezo cya kolera cyibasiye umurwa mukuru wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Kinshasa, nk’uko byatangajwe na Minisitiri w’Ubuzima w’Intara, Patricien Gongo.


Ku wa 5 Gicurasi 2025, Minisiteri y’Ubuzima, Isuku n’Imibereho Myiza muri RDC yatangaje icyorezo cya kolera nyuma yo kwemeza ko habonetse abanduye mu ntara zitandukanye, hakoreshejwe ibizamini bya laboratwari.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) rivuga ko guhera ku wa 1 Mutarama kugeza ku wa 8 Kamena 2025, igihugu cyatangaje abantu 29,392 bakekwaho kwandura kolera, barimo 620 bapfuye. 

Umubare w’abapfa ungana na 2% werekana ko hari icyuho mu gutanga ubuvuzi bwihuse kandi buboneye ku barwaye kolera. Intara zirimo Tanganyika, Haut-Katanga, Sud-Kivu, Maniema, na Tshopo ni zo zibasiwe cyane.

OMS yanatangaje ko imyuzure ikabije muri Kinshasa n’imyiyongere y’abantu bava n’abinjira mu bice bitandukanye binyuze ku mugezi wa Congo biri mu byihutisha ikwirakwira ry’icyo cyorezo.