issa
Hatangajwe imiti mishya ya Malaria igenewe abana bari munsi y’imyaka itanu

Hatangajwe imiti mishya ya Malaria igenewe abana bari munsi y’imyaka itanu

Aug 21, 2025 - 14:23
 0

Ikigo cy’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe gishinzwe kurwanya no gukumira indwara (Africa CDC) cyatangaje ko imiti ya Malaria ihabwa abana bari munsi y’imyaka itanu yemejwe, ndetse ishobora gutangira gukoreshwa.


Ibi iki kigo cyabitangaje mu itangazo cyashyize hanze ku wa 16 Kanama 2025.

Iki kigo cyatangaje ko uyu muti wageragejwe mu bihugu bitandukanye byo ku mugabane w’Afurika birimo Burkina Faso, Côte d’Ivoire, Kenya, Malawi, Mozambique, Nigeria, Tanzania, na Uganda.

Umuyobozi Mukuru wa Africa CDC, Dr. Jean Kaseya, yavuze ko kwemezwa k’uyu muti ari intambwe ikomeye ku buvuzi bwo muri Afurika cyane cyane mu guhashya malaria.

Ati “Kwemezwa k’uyu muti ni intambwe ikomeye mu kurwanya malaria. Ibi bitanga icyizere ko n’abana bato ubu bagiye kujya babona ubuvuzi kandi bwizewe.”

Ubundi abana bari munsi y’imyaka itanu bahabwaga imiti y’abantu bakuru ariko iri ku rugero ruto, ku buryo byasabaga nko gucamo ikinini kabiri.

Ubu buryo ntabwo bwari bwizewe kuko hari igihe byatumaga urugero rw’imiti uhabwa umwana ruba rudahagije cyangwa se rukaba ari rwinshi ku mubiri we.

Iyi miti mishya ishobora gushyirwa mu mashereka bivuze ko ari ibinini byoroshye, ndetse biryohereye ugereranyije n’ibinini bisanzwe bya Malaria.

Imibare y’Ishami ry’Umuryango wa Abibumbye ryita ku Buzima, OMS, igaragaza ko mu 2023 abangana na miliyoni 246 million barwaye Malaria, ndetse ibihumbi 569 bikicwa nayo, muri bo 76% bari abana bari munsi y’imyaka itanu.

Hatangajwe imiti mishya ya Malaria igenewe abana bari munsi y’imyaka itanu

Aug 21, 2025 - 14:23
 0
Hatangajwe imiti mishya ya Malaria igenewe abana bari munsi y’imyaka itanu

Ikigo cy’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe gishinzwe kurwanya no gukumira indwara (Africa CDC) cyatangaje ko imiti ya Malaria ihabwa abana bari munsi y’imyaka itanu yemejwe, ndetse ishobora gutangira gukoreshwa.


Ibi iki kigo cyabitangaje mu itangazo cyashyize hanze ku wa 16 Kanama 2025.

Iki kigo cyatangaje ko uyu muti wageragejwe mu bihugu bitandukanye byo ku mugabane w’Afurika birimo Burkina Faso, Côte d’Ivoire, Kenya, Malawi, Mozambique, Nigeria, Tanzania, na Uganda.

Umuyobozi Mukuru wa Africa CDC, Dr. Jean Kaseya, yavuze ko kwemezwa k’uyu muti ari intambwe ikomeye ku buvuzi bwo muri Afurika cyane cyane mu guhashya malaria.

Ati “Kwemezwa k’uyu muti ni intambwe ikomeye mu kurwanya malaria. Ibi bitanga icyizere ko n’abana bato ubu bagiye kujya babona ubuvuzi kandi bwizewe.”

Ubundi abana bari munsi y’imyaka itanu bahabwaga imiti y’abantu bakuru ariko iri ku rugero ruto, ku buryo byasabaga nko gucamo ikinini kabiri.

Ubu buryo ntabwo bwari bwizewe kuko hari igihe byatumaga urugero rw’imiti uhabwa umwana ruba rudahagije cyangwa se rukaba ari rwinshi ku mubiri we.

Iyi miti mishya ishobora gushyirwa mu mashereka bivuze ko ari ibinini byoroshye, ndetse biryohereye ugereranyije n’ibinini bisanzwe bya Malaria.

Imibare y’Ishami ry’Umuryango wa Abibumbye ryita ku Buzima, OMS, igaragaza ko mu 2023 abangana na miliyoni 246 million barwaye Malaria, ndetse ibihumbi 569 bikicwa nayo, muri bo 76% bari abana bari munsi y’imyaka itanu.