Davido na Diamond bahurijwe mu gitaramo cyo kwizihiza isabukuru y'umuherwe

Davido na Diamond bahurijwe mu gitaramo cyo kwizihiza isabukuru y'umuherwe

Mar 21, 2025 - 15:50
 0

Abahanzi barimo Davido, Diamond Platnumz na Sarkodie bahurijwe mu gitaramo cyo kwizihiza isabukuru y'umuherwe Richard Nii Armah Quaye.


Aba bahanzi biteganyijwe ko buhurira mu Mujyi wa Accra muri Ghana, guhera kuri uyu wa Gatanu mu kirori cyo kwizihiza isabukuru y'amavuko y'umuherwe Richard Quaye wo muri iki gihugu.

Ibirori nyirizina byo kwizihiriza isabukuru y'amavuko ya Richard Quaye bizaba ku wa Gatandatu tariki ya 22 Werurwe 2025.

Uyu muherwe washinze Banki y'ubucuruzi ya Bills Micro Credit, ubwo azaba yizihiza isabukuru y'imyaka 40 amaze abonye izuba, azataramirwa n'abahanzi bakomeye bo muri Ghana ndetse n'abandi baturutse hirya no hino muri Afurika.

Ibirori byo kwizihiriza isabukuru ye, biteganyijwe ko bizahuriramo abahanzi nka Davido, Diamond Platnumz, Sarkodie, Stonebwoy, King Promise n'abandi.

Uretse aba bahanzi kandi, abaherwe nka Aliko Dangote na Perezida wa Ghana John Dramani Mahama na bo biteganyijwe ko bazitabira ibi birori byo kwizihiza isabukuru y'amavuko ya Richard Quaye.

Umuherwe Richard Nii Armah Quaye ashaka gukora ikirori kizaba amateka muri Afurika 

Anselme Tuyizere Media Personality/Sports-Entertainment Tel:+250791737786 Email: [email protected]

Davido na Diamond bahurijwe mu gitaramo cyo kwizihiza isabukuru y'umuherwe

Mar 21, 2025 - 15:50
 0
Davido na Diamond bahurijwe mu gitaramo cyo kwizihiza isabukuru y'umuherwe

Abahanzi barimo Davido, Diamond Platnumz na Sarkodie bahurijwe mu gitaramo cyo kwizihiza isabukuru y'umuherwe Richard Nii Armah Quaye.


Aba bahanzi biteganyijwe ko buhurira mu Mujyi wa Accra muri Ghana, guhera kuri uyu wa Gatanu mu kirori cyo kwizihiza isabukuru y'amavuko y'umuherwe Richard Quaye wo muri iki gihugu.

Ibirori nyirizina byo kwizihiriza isabukuru y'amavuko ya Richard Quaye bizaba ku wa Gatandatu tariki ya 22 Werurwe 2025.

Uyu muherwe washinze Banki y'ubucuruzi ya Bills Micro Credit, ubwo azaba yizihiza isabukuru y'imyaka 40 amaze abonye izuba, azataramirwa n'abahanzi bakomeye bo muri Ghana ndetse n'abandi baturutse hirya no hino muri Afurika.

Ibirori byo kwizihiriza isabukuru ye, biteganyijwe ko bizahuriramo abahanzi nka Davido, Diamond Platnumz, Sarkodie, Stonebwoy, King Promise n'abandi.

Uretse aba bahanzi kandi, abaherwe nka Aliko Dangote na Perezida wa Ghana John Dramani Mahama na bo biteganyijwe ko bazitabira ibi birori byo kwizihiza isabukuru y'amavuko ya Richard Quaye.

Umuherwe Richard Nii Armah Quaye ashaka gukora ikirori kizaba amateka muri Afurika 

What's Your Reaction?

like

dislike

love

funny

angry

sad

wow

This site uses cookies. By continuing to browse the site you are agreeing to our use of cookies.