issa
Byinshi kuri Rayon Sports na APR FC zigiye guhurira ku mukino wa 105 mu mateka yazo

Byinshi kuri Rayon Sports na APR FC zigiye guhurira ku mukino wa 105 mu mateka yazo

Mar 8, 2025 - 14:24
 0

Amakipe abiri ahora ahanganye hano mu Rwanda [Rayon na APR FC], Zifitanye umukino wo kwishyura kuri iki cyumweru, ukaba ari umukino wa 20 wa Rwanda Premier League 2024/2025. Ni umukino wa 105 izi kipe zigiye guhuriramo kuva APR Fc yatangira gukina Championa y’u Rwanda nyuma ya Jenocide yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu mwaka w’1994.


Uko umukino uheruka kuzihuza wagenze

Umukino uheruka guhuza aya Makipe yombi  wabaye ku wa 07 Ukuboza 2024, ukaba ari nawo wambere muri Champiyona y’u Rwanda izi kipe zari zihuriyemo kuri Stade amahoro yavugururwa.

Ni umukino wari wakiriwe n’ikipe ya Rayon Sports, ukaba wari umukino wa 104 aya makipe yari ahuriyemo mu mateka yayo. Ni umukino wasize aya makipe yombi agabanye amanota, kuko warangiye nta kipe irebye mu izamu ry’indi.

Uyu mukino wabaye Rayon Sports ariyo iyoboye urutonde rwa Shampiyona n’amanora 29, ni mu gihe APR FC yari iri ku mwanya wa 6 n’amanota 18 ariko ikaba yari ifite ibirarane byinshi kubera ko hari imikino itandukanye itakinnye mu gihe yari iri mu mikino Nya-Afurika.

 

Uko uyu mukino wo ku wa 09 Werurwe 2025 usanze amakipe yombi ahagaze

Kuri iyi nshuro, aya makipe agiye gucakirana Rayon Sports ikiyoboye urutonde rwa Shampitona n’amanota 42, ni mu gihe APR FC iri ku mwanya wa kabiri n’amanota 40. Rayon Sports izigamye ibitego 20, ni mu gihe APR FC izigamye ibitego 13.

Cyokoze, aya makipe yombi asa nk’adahagaze neza, kuko APR fc itajya ikunda gutsindwa iheruka gutsindirwa I Huye na Mukura ku munsi wa 18 wa Shampiyona ni mu gihe Rayon Sports nayo kuri uwo munsi yanganyije n’Amagaju.

Rayon Sports kandi nyuma yahoo yanganyije na Gasogi United ku munsi wa 19 wa Shampiyona, ni mu gihe mukeba wayo kuri uwo munsi yanyagiye Police FC 3-1.

Ni umukino kandi ugiye kuba muri Rayon Sports hari uruntu runtu, bikaba bivugwa ko  komite ya Thadeo iyoboye ikipe itajya imbizi na Komite y’u Rwego rw’ikirenga iyobowe na Paul Muvunyi.

Rayon Sports kandi igiye gukina uyu mukino ivugwamo ibibazo by’ubukene, dore ko ngo yaba imaze amezi akabakaba 3 idahemba abakozi. Ibi kandi bikaba byaratumye Abatoza ba Rayon Sport y’abagore bahagarika imirimo yabo by’agateganyo, ndetse n’umutoza wungirije muri Rayon y’Abagabo Quanane Sellani yisubirira iwabo bitunguranye.

Inshamake y’imikino imaze guhuza izi kipe zombie mu mateka yazo.

Aya makipe amaze guhura inshuro 104, Rayon Sports ikaba imaze gutsinda imikino 32, APR itsindamo 44 ni mu gihe aya makipe amaze kunganya inshuro 28.

Umukino wabonetsemo ibitego byinshi byari 7, aho mu mwaka wa 1996 Rayon Sports yanyagiye APR ibitego 5 kuri 2.

Byinshi kuri Rayon Sports na APR FC zigiye guhurira ku mukino wa 105 mu mateka yazo

Mar 8, 2025 - 14:24
 0
Byinshi kuri Rayon Sports na APR FC zigiye guhurira ku mukino wa 105 mu mateka yazo

Amakipe abiri ahora ahanganye hano mu Rwanda [Rayon na APR FC], Zifitanye umukino wo kwishyura kuri iki cyumweru, ukaba ari umukino wa 20 wa Rwanda Premier League 2024/2025. Ni umukino wa 105 izi kipe zigiye guhuriramo kuva APR Fc yatangira gukina Championa y’u Rwanda nyuma ya Jenocide yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu mwaka w’1994.


Uko umukino uheruka kuzihuza wagenze

Umukino uheruka guhuza aya Makipe yombi  wabaye ku wa 07 Ukuboza 2024, ukaba ari nawo wambere muri Champiyona y’u Rwanda izi kipe zari zihuriyemo kuri Stade amahoro yavugururwa.

Ni umukino wari wakiriwe n’ikipe ya Rayon Sports, ukaba wari umukino wa 104 aya makipe yari ahuriyemo mu mateka yayo. Ni umukino wasize aya makipe yombi agabanye amanota, kuko warangiye nta kipe irebye mu izamu ry’indi.

Uyu mukino wabaye Rayon Sports ariyo iyoboye urutonde rwa Shampiyona n’amanora 29, ni mu gihe APR FC yari iri ku mwanya wa 6 n’amanota 18 ariko ikaba yari ifite ibirarane byinshi kubera ko hari imikino itandukanye itakinnye mu gihe yari iri mu mikino Nya-Afurika.

 

Uko uyu mukino wo ku wa 09 Werurwe 2025 usanze amakipe yombi ahagaze

Kuri iyi nshuro, aya makipe agiye gucakirana Rayon Sports ikiyoboye urutonde rwa Shampitona n’amanota 42, ni mu gihe APR FC iri ku mwanya wa kabiri n’amanota 40. Rayon Sports izigamye ibitego 20, ni mu gihe APR FC izigamye ibitego 13.

Cyokoze, aya makipe yombi asa nk’adahagaze neza, kuko APR fc itajya ikunda gutsindwa iheruka gutsindirwa I Huye na Mukura ku munsi wa 18 wa Shampiyona ni mu gihe Rayon Sports nayo kuri uwo munsi yanganyije n’Amagaju.

Rayon Sports kandi nyuma yahoo yanganyije na Gasogi United ku munsi wa 19 wa Shampiyona, ni mu gihe mukeba wayo kuri uwo munsi yanyagiye Police FC 3-1.

Ni umukino kandi ugiye kuba muri Rayon Sports hari uruntu runtu, bikaba bivugwa ko  komite ya Thadeo iyoboye ikipe itajya imbizi na Komite y’u Rwego rw’ikirenga iyobowe na Paul Muvunyi.

Rayon Sports kandi igiye gukina uyu mukino ivugwamo ibibazo by’ubukene, dore ko ngo yaba imaze amezi akabakaba 3 idahemba abakozi. Ibi kandi bikaba byaratumye Abatoza ba Rayon Sport y’abagore bahagarika imirimo yabo by’agateganyo, ndetse n’umutoza wungirije muri Rayon y’Abagabo Quanane Sellani yisubirira iwabo bitunguranye.

Inshamake y’imikino imaze guhuza izi kipe zombie mu mateka yazo.

Aya makipe amaze guhura inshuro 104, Rayon Sports ikaba imaze gutsinda imikino 32, APR itsindamo 44 ni mu gihe aya makipe amaze kunganya inshuro 28.

Umukino wabonetsemo ibitego byinshi byari 7, aho mu mwaka wa 1996 Rayon Sports yanyagiye APR ibitego 5 kuri 2.