issa
Burera: Polisi yafatiye mu cyuho umugabo wari utwaye urumogi mu buryo budasanzwe

Burera: Polisi yafatiye mu cyuho umugabo wari utwaye urumogi mu buryo budasanzwe

Sep 30, 2025 - 15:12
 0

Polisi ikorera mu Karere ka Burera, yafashe umuturage wari uvuye mu Murege wa Cyanika ahetse urumogi kuri moto mu buryo budasanzwe mu rwego rwo kujijisha kugira ngo hatagira umuntu umutahura.


Uyu mugenzi yafatiwe hafi y’Ikigo Nderabuzima cya Gahunga mu Karere ka Burera, kuri uyu wa 30 Nzeri 2025, atwaye urumogi kuri moto yaruhondaguriye mu mashashi ku buryo nta muntu wapfa kuvumbura ko ari ibiyobyabwenge atwaye. 

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru, IP Ignace Ngirabakunzi, yabwiye UKWELITIMES, ko Polisi yahagarikije uyu mugabo ubwo yari ageze hafi y’Ikigo Nderabuzima cya Gahunga ari kuri moto. 

Yagize ati “ Polisi yageze i Burera muri Gahunga  munsi y’Ikigo nderabuzima cya Gahunga duhagarika moto yari ivanye umugenzi mu Murenge wa Cyanika watwaye urumogi yaruhondaguye.” 

Yakomeje avuga ko uyu mugenzi yafatiwe mu Kagari ka Kamanyana mu Mudugudu wa Gasovu ndetse udupfunyika tw’urumogi dutanu yafatanwe dushobora kuba dupima ikilo kimwe. 

Yakomeje agira ati " Yafashwe k’ubufatanye n’abaturage aho bahamageye Polisi bavuga ko babonye umuntu wuriye moto, ufite urwikekwe nk’aho afite ibintu bibujije. Nibwo Polisi yari mu muhanda, yaje guhagarika moto, mu isaka ryakozwe, uwari uyiriho bamusangana icyo gipfunyika.”

Yaboneyeho gushimira uruhare rw’abaturage mu kurwanya ibikorwa bishobora kuba intandaro y’umutekano muke, aho batanga amakuru kugira ngo biburizwe n’ababigiramo uruhare bafatwe.

Ukekwaho gukwirakwiza ibiyobyabwenge n’ibyo yafatanywe, ubu ari kuri station ya Polisi ya Gahunga kugira ngo ashyikirizwe urwego rw’ubugenzacyaha.

Burera: Polisi yafatiye mu cyuho umugabo wari utwaye urumogi mu buryo budasanzwe

Sep 30, 2025 - 15:12
Sep 30, 2025 - 15:29
 0
Burera: Polisi yafatiye mu cyuho umugabo wari utwaye urumogi mu buryo budasanzwe

Polisi ikorera mu Karere ka Burera, yafashe umuturage wari uvuye mu Murege wa Cyanika ahetse urumogi kuri moto mu buryo budasanzwe mu rwego rwo kujijisha kugira ngo hatagira umuntu umutahura.


Uyu mugenzi yafatiwe hafi y’Ikigo Nderabuzima cya Gahunga mu Karere ka Burera, kuri uyu wa 30 Nzeri 2025, atwaye urumogi kuri moto yaruhondaguriye mu mashashi ku buryo nta muntu wapfa kuvumbura ko ari ibiyobyabwenge atwaye. 

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru, IP Ignace Ngirabakunzi, yabwiye UKWELITIMES, ko Polisi yahagarikije uyu mugabo ubwo yari ageze hafi y’Ikigo Nderabuzima cya Gahunga ari kuri moto. 

Yagize ati “ Polisi yageze i Burera muri Gahunga  munsi y’Ikigo nderabuzima cya Gahunga duhagarika moto yari ivanye umugenzi mu Murenge wa Cyanika watwaye urumogi yaruhondaguye.” 

Yakomeje avuga ko uyu mugenzi yafatiwe mu Kagari ka Kamanyana mu Mudugudu wa Gasovu ndetse udupfunyika tw’urumogi dutanu yafatanwe dushobora kuba dupima ikilo kimwe. 

Yakomeje agira ati " Yafashwe k’ubufatanye n’abaturage aho bahamageye Polisi bavuga ko babonye umuntu wuriye moto, ufite urwikekwe nk’aho afite ibintu bibujije. Nibwo Polisi yari mu muhanda, yaje guhagarika moto, mu isaka ryakozwe, uwari uyiriho bamusangana icyo gipfunyika.”

Yaboneyeho gushimira uruhare rw’abaturage mu kurwanya ibikorwa bishobora kuba intandaro y’umutekano muke, aho batanga amakuru kugira ngo biburizwe n’ababigiramo uruhare bafatwe.

Ukekwaho gukwirakwiza ibiyobyabwenge n’ibyo yafatanywe, ubu ari kuri station ya Polisi ya Gahunga kugira ngo ashyikirizwe urwego rw’ubugenzacyaha.