Bruno K agiye gukorera hamwe na Spice Diana

Bruno K agiye gukorera hamwe na Spice Diana

Apr 30, 2025 - 13:38
 0

Ubuyobozi bwa sosiyete ifasha abahanzi yitwa Source Management, isanzwe ikorana n'umuhanzikazi Spice Diana, igiye gukorana n'umuhanzi Bruno K ugezweho muri Uganda.


Aya makuru yatangajwe na Bruno K ubwe mu kiganiro cye cya mbere yakoreye kuri TikTok, yise 'Ekiboozi' nyuma y'uko avuye mu cyitwa 'Champanya' yakoragana na Crysto Panda.

Bruno K yari asanzwe akorana na Black Market Records, gusa baje gutandukana nyuma y'ibibazo bagiranye bijyanye n'amafaranga y'uyu muhanzi waje no ku batsinda mu nkiko.

Uyu muhanzi kandi yahimirije itangazamakuru ko agiye kujya ayoborwa na Roger Lubega, umuyobozi wa Source Management, uzwiho guteza imbere abahanzi benshi b’abahanga.

Ibi ni ibintu Bruno K yishimiye cyane, avuga ko amaze igihe adafite umuntu umenya uko umuziki ukorwa ndetse witeguye no gushora imari mu buhanzi bwe, ndetse yishimira ko Roger Lubega ari we yari akeneye mu bikorwa bye.

Yagize ati "Maze igihe kirekire nshaka gukorana n’umujyanama umeze nkawe, wumva neza uko umuziki ukorwa."

Roger Lubega nyiri Source Management ari kumwe na Spice Diana 

Anselme Tuyizere Media Personality/Sports-Entertainment Tel:+250791737786 Email: [email protected]

Bruno K agiye gukorera hamwe na Spice Diana

Apr 30, 2025 - 13:38
Apr 30, 2025 - 13:44
 0
Bruno K agiye gukorera hamwe na Spice Diana

Ubuyobozi bwa sosiyete ifasha abahanzi yitwa Source Management, isanzwe ikorana n'umuhanzikazi Spice Diana, igiye gukorana n'umuhanzi Bruno K ugezweho muri Uganda.


Aya makuru yatangajwe na Bruno K ubwe mu kiganiro cye cya mbere yakoreye kuri TikTok, yise 'Ekiboozi' nyuma y'uko avuye mu cyitwa 'Champanya' yakoragana na Crysto Panda.

Bruno K yari asanzwe akorana na Black Market Records, gusa baje gutandukana nyuma y'ibibazo bagiranye bijyanye n'amafaranga y'uyu muhanzi waje no ku batsinda mu nkiko.

Uyu muhanzi kandi yahimirije itangazamakuru ko agiye kujya ayoborwa na Roger Lubega, umuyobozi wa Source Management, uzwiho guteza imbere abahanzi benshi b’abahanga.

Ibi ni ibintu Bruno K yishimiye cyane, avuga ko amaze igihe adafite umuntu umenya uko umuziki ukorwa ndetse witeguye no gushora imari mu buhanzi bwe, ndetse yishimira ko Roger Lubega ari we yari akeneye mu bikorwa bye.

Yagize ati "Maze igihe kirekire nshaka gukorana n’umujyanama umeze nkawe, wumva neza uko umuziki ukorwa."

Roger Lubega nyiri Source Management ari kumwe na Spice Diana 

What's Your Reaction?

like

dislike

love

funny

angry

sad

wow

This site uses cookies. By continuing to browse the site you are agreeing to our use of cookies.