issa
APR FC yatwawe umukinnyi, Rayon Sports itumizaho umurundi! Avugwa mu mikino mu Rwanda

APR FC yatwawe umukinnyi, Rayon Sports itumizaho umurundi! Avugwa mu mikino mu Rwanda

Jun 21, 2025 - 11:20
 0

Kuri uyu wa Gatandatu tariki 21 Kamena 2025, hano mu Rwanda haravugwa amakuru menshi y'imikino cyane cyane ku igura n'igurishwa ry'abakinnyi.


Ku munsi wejo hashize tariki 20 Kamena 2025, nibwo twagarutse kuri rutahizamu wo hagati witwa Raouf Memel Dao, byavugwaga ko yifuzwa na APR FC.

Uyu munya-Burkina Faso bivugwa ko yari yaranzwe na Djibril Cheick Ouattara bakomoka mu gihugu kimwe, ariko ntabwo azaza gukina hano mu Rwanda. Amakuru dukesha Kigali Today avuga ko Raouf Memel Dao, yasinyiye ikipe ya Singida Black Stars. 

Umwe mu bayobozi b'iyi kipe witwa Omar Kaya, yavuze ko uyu musore w'imyaka 21 yamaze gusinya imyaka itatu muri Singida Black Stars.

Rayon Sports yatumijeho Bigirimana Abedi ukomoka mu gihugu cy'u Burundi 

Ku wa gatanu tariki 20 Kamena 2025, nibwo twamenye amakuru avuga ko Rayon Sports yaganiriye na Bigirimana Abedi kuri Telefone ariko uyu mukinnyi ababwira ko ibiganiro byo kumvikana bitaba adahari.

Uyu musore yafashe umwanzuro wo kuza mu Rwanda kugira ngo barangize ibiganiro uyu musore asinye amasezerano. Bigirimana Abedi biteganyijwe ko kuri uyu wa Gatandatu tariki 21 Kamena 2025, arahura n'ubuyobozi bwa Rayon Sports barangize ibiganiro.

Ikipe ya Rayon Sports ku munsi w'ejo hashize tariki 20 Kamena 2025, hari hateganyijwe gusinya kwa Ntarindwa Aimable ariko byongera kwanga ubugira 2 kuko iyi kipe itaramuha amafaranga kugirango asinye amasezerano.

Uyu musore nubwo ibye na Rayon Sports bikomeje gutinda, ikipe ya Police FC nayo yabijemo ndetse binavugwa ko ibiganiro bigeze aheza ashobora gutungurana ari ho yerekeje.

Ikipe ya Rayon Sports Kandi ikomeje ibiganiro na Biramahire Abeddy kugirango yongere amasezerano muri iyi kipe nyuma yuko umwaka yari yarasinye warangiye.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu Kandi twabyutse tumenya ko Police FC yamaze kumvikana na Ben Moussa nk'umutoza wayo mukuru. Uyu mutoza yatoje ikipe ya APR FC saison 2021/2022, anatwara igikombe cya shampiyona.

Ben Moussa yafashe ikipe ya APR FC nyuma yaho yari imaze kwirukana Adil Erradi Mohamed wari wagiranye ibibazo n'ubuyobozi bw'iyi kipe.

Alain Kirasa yabenze Mukura Victory Sports 

Umutoza wa Gorilla FC Alain Kirasa, yongereye amasezerano muri iyi kipe nyuma yuko ayo yari afite yari yararangiye. Uyu mutoza azakomeza gutoza iyi kipe no muri Saison 2025/2026.

Nkuko bitangazwa n'uyu mutoza, yemera ko yaganiriye na Mukura Victory Sports nyuma yo gutandukana na Afhamia Lotfi. Uyu mutoza avuga ko impamvu yagumye muri Gorilla FC, ngo ni uko yabonye iyi kipe ihagaze neza mu mikoro ariko Kandi akaba yarakoranye neza n'ubuyobozi hamwe na Staff bafatanyaga.

Bigirimana Abedi yatumijwe na Rayon Sports 

Raouf Memel Dao yerekeje muri Singida Black Stars 

Kirasa Alain yongereye amasezerano muri Gorilla FC 

Philcollens Sports Journalist Tel: 0784798373

APR FC yatwawe umukinnyi, Rayon Sports itumizaho umurundi! Avugwa mu mikino mu Rwanda

Jun 21, 2025 - 11:20
 0
APR FC yatwawe umukinnyi, Rayon Sports itumizaho umurundi! Avugwa mu mikino mu Rwanda

Kuri uyu wa Gatandatu tariki 21 Kamena 2025, hano mu Rwanda haravugwa amakuru menshi y'imikino cyane cyane ku igura n'igurishwa ry'abakinnyi.


Ku munsi wejo hashize tariki 20 Kamena 2025, nibwo twagarutse kuri rutahizamu wo hagati witwa Raouf Memel Dao, byavugwaga ko yifuzwa na APR FC.

Uyu munya-Burkina Faso bivugwa ko yari yaranzwe na Djibril Cheick Ouattara bakomoka mu gihugu kimwe, ariko ntabwo azaza gukina hano mu Rwanda. Amakuru dukesha Kigali Today avuga ko Raouf Memel Dao, yasinyiye ikipe ya Singida Black Stars. 

Umwe mu bayobozi b'iyi kipe witwa Omar Kaya, yavuze ko uyu musore w'imyaka 21 yamaze gusinya imyaka itatu muri Singida Black Stars.

Rayon Sports yatumijeho Bigirimana Abedi ukomoka mu gihugu cy'u Burundi 

Ku wa gatanu tariki 20 Kamena 2025, nibwo twamenye amakuru avuga ko Rayon Sports yaganiriye na Bigirimana Abedi kuri Telefone ariko uyu mukinnyi ababwira ko ibiganiro byo kumvikana bitaba adahari.

Uyu musore yafashe umwanzuro wo kuza mu Rwanda kugira ngo barangize ibiganiro uyu musore asinye amasezerano. Bigirimana Abedi biteganyijwe ko kuri uyu wa Gatandatu tariki 21 Kamena 2025, arahura n'ubuyobozi bwa Rayon Sports barangize ibiganiro.

Ikipe ya Rayon Sports ku munsi w'ejo hashize tariki 20 Kamena 2025, hari hateganyijwe gusinya kwa Ntarindwa Aimable ariko byongera kwanga ubugira 2 kuko iyi kipe itaramuha amafaranga kugirango asinye amasezerano.

Uyu musore nubwo ibye na Rayon Sports bikomeje gutinda, ikipe ya Police FC nayo yabijemo ndetse binavugwa ko ibiganiro bigeze aheza ashobora gutungurana ari ho yerekeje.

Ikipe ya Rayon Sports Kandi ikomeje ibiganiro na Biramahire Abeddy kugirango yongere amasezerano muri iyi kipe nyuma yuko umwaka yari yarasinye warangiye.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu Kandi twabyutse tumenya ko Police FC yamaze kumvikana na Ben Moussa nk'umutoza wayo mukuru. Uyu mutoza yatoje ikipe ya APR FC saison 2021/2022, anatwara igikombe cya shampiyona.

Ben Moussa yafashe ikipe ya APR FC nyuma yaho yari imaze kwirukana Adil Erradi Mohamed wari wagiranye ibibazo n'ubuyobozi bw'iyi kipe.

Alain Kirasa yabenze Mukura Victory Sports 

Umutoza wa Gorilla FC Alain Kirasa, yongereye amasezerano muri iyi kipe nyuma yuko ayo yari afite yari yararangiye. Uyu mutoza azakomeza gutoza iyi kipe no muri Saison 2025/2026.

Nkuko bitangazwa n'uyu mutoza, yemera ko yaganiriye na Mukura Victory Sports nyuma yo gutandukana na Afhamia Lotfi. Uyu mutoza avuga ko impamvu yagumye muri Gorilla FC, ngo ni uko yabonye iyi kipe ihagaze neza mu mikoro ariko Kandi akaba yarakoranye neza n'ubuyobozi hamwe na Staff bafatanyaga.

Bigirimana Abedi yatumijwe na Rayon Sports 

Raouf Memel Dao yerekeje muri Singida Black Stars 

Kirasa Alain yongereye amasezerano muri Gorilla FC