issa
APR FC yageze ku mukino wa nyuma w'igikombe cy'Intwari itsinze AS Kigali

APR FC yageze ku mukino wa nyuma w'igikombe cy'Intwari itsinze AS Kigali

Jan 28, 2026 - 18:09
 0

Ikipe ya APR FC yatahanye intsinzi mu mukino wa 1/2 w'igikombe cy'Intwari nyuma yo gutsinda AS Kigali ibitego 3-0.


Kuri uyu wa Gatatu tariki 28 Mutarama 2026, nibwo umukino hagati ya APR FC na AS Kigali wabaye. Ni umukino utari woroshye ariko ikipe ya APR FC yatangiye iri mu mukino nubwo itigeze ibyaza umusaruro amahirwe yagiye ibona hakiri kare.

Igice cya mbere hagati ya APR FC na AS Kigali cyarangiye ikipe zombi zinganyije 0-0. Ni igice AS Kigali yagerageje kwirwanaho ariko kugera imbere y'izamu bigakomeza kuyigora cyane. Ikipe ya APR FC bijyanye n'abakinnyi umutoza yari yahisemo kubanzamo ntabwo byigeze biyikundira.

Ku munota wa 59, ikipe ya APR FC yaje gutsinda igitego cya mbere gitsinzwe na Hakim Kiwanuka ku mupira mwiza yari ahawe na Ruboneka Jean Bosco. 

Ikipe ya APR FC yakomeje kugenda yataka cyane izamu rya AS Kigali wabonaga yacitse imbaraga mu kibuga hagati. Ku munota wa 65, ikipe ya APR FC yaje gutsinda igitego cya Kabiri gitsinzwe na William Mel Togui nyuma y'umupira yafashe ari mu rubuga rw'umuzamu atera ishoti rikomeye cyane.

Ku munota wa 77, ikipe ya APR FC yatsinze igitego cya gatatu gitsinzwe na Ruboneka Jean Bosco. Ni igitego APR FC yatsinze nyuma y'umupira bahererekanye hagati ya Niyigena Clement, Togui, maze Ruboneka Jean Bosco ahita atsinda igitego cyiza cyane.

Umukino waje kurangira ikipe ya APR FC itsinze AS Kigali ibitego 3-0 mu mukino wa 1/2 w'igikombe cy'Intwari. Ni APR FC yagaragaje ko ishaka gutwara iki gikombe bijyanye n'umukino yakinnye Kandi mwiza.

Kuri uyu wa Kane harakinwa undi mukino hagati ya Rayon Sports na Police FC kugira ngo hashakwe ikipe isanga APR FC ku mukino wa nyuma w'igikombe cy'Intwari. Biteganyijwe ko uyu mukino uzakinwa kuri iki cyumweru tariki 1 Gashyantare 2026.

Philcollens Sports Journalist Tel: 0784798373

APR FC yageze ku mukino wa nyuma w'igikombe cy'Intwari itsinze AS Kigali

Jan 28, 2026 - 18:09
 0
APR FC yageze ku mukino wa nyuma w'igikombe cy'Intwari itsinze AS Kigali

Ikipe ya APR FC yatahanye intsinzi mu mukino wa 1/2 w'igikombe cy'Intwari nyuma yo gutsinda AS Kigali ibitego 3-0.


Kuri uyu wa Gatatu tariki 28 Mutarama 2026, nibwo umukino hagati ya APR FC na AS Kigali wabaye. Ni umukino utari woroshye ariko ikipe ya APR FC yatangiye iri mu mukino nubwo itigeze ibyaza umusaruro amahirwe yagiye ibona hakiri kare.

Igice cya mbere hagati ya APR FC na AS Kigali cyarangiye ikipe zombi zinganyije 0-0. Ni igice AS Kigali yagerageje kwirwanaho ariko kugera imbere y'izamu bigakomeza kuyigora cyane. Ikipe ya APR FC bijyanye n'abakinnyi umutoza yari yahisemo kubanzamo ntabwo byigeze biyikundira.

Ku munota wa 59, ikipe ya APR FC yaje gutsinda igitego cya mbere gitsinzwe na Hakim Kiwanuka ku mupira mwiza yari ahawe na Ruboneka Jean Bosco. 

Ikipe ya APR FC yakomeje kugenda yataka cyane izamu rya AS Kigali wabonaga yacitse imbaraga mu kibuga hagati. Ku munota wa 65, ikipe ya APR FC yaje gutsinda igitego cya Kabiri gitsinzwe na William Mel Togui nyuma y'umupira yafashe ari mu rubuga rw'umuzamu atera ishoti rikomeye cyane.

Ku munota wa 77, ikipe ya APR FC yatsinze igitego cya gatatu gitsinzwe na Ruboneka Jean Bosco. Ni igitego APR FC yatsinze nyuma y'umupira bahererekanye hagati ya Niyigena Clement, Togui, maze Ruboneka Jean Bosco ahita atsinda igitego cyiza cyane.

Umukino waje kurangira ikipe ya APR FC itsinze AS Kigali ibitego 3-0 mu mukino wa 1/2 w'igikombe cy'Intwari. Ni APR FC yagaragaje ko ishaka gutwara iki gikombe bijyanye n'umukino yakinnye Kandi mwiza.

Kuri uyu wa Kane harakinwa undi mukino hagati ya Rayon Sports na Police FC kugira ngo hashakwe ikipe isanga APR FC ku mukino wa nyuma w'igikombe cy'Intwari. Biteganyijwe ko uyu mukino uzakinwa kuri iki cyumweru tariki 1 Gashyantare 2026.