issa
Amerika na Canada byinjiye mu ntambara y’ubucuruzi

Amerika na Canada byinjiye mu ntambara y’ubucuruzi

Jul 11, 2025 - 11:35
 0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko agiye gushyiraho umusoro wa 35% ku bicuruzwa biva muri Canada. Iyi misoro mishya izatangira ku itariki ya 1 Kanama.


Perezida Trump yatangaje aya makuru abinyujije mu ibaruwa yashyize ku rubuga rwe rwa Truth Social.

Muri iyo baruwa, yanaburiye ko ashobora kongera indi misoro ya 15% cyangwa 20% ku bindi bihugu byinshi. Yavuze ko ateganya gutangaza ibindi bihano nk’ibi ku bicuruzwa biva mu Muryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU) mu minsi iri imbere.

Minisitiri w’Intebe wa Canada, Mark Carney, yasubije avuga ko guverinoma ye izakomeza gukora ibishoboka byose mu kurengera abakozi n’abacuruzi b’Abanya-Canada. Yavuze ko Canada ishaka kugera ku masezerano n’Amerika mbere y’uko iyo tariki igera.

Ibi si ubwa mbere Perezida Trump agabye ibihano ku bicuruzwa bya Canada. Mu bihe byashize, yigeze gushyiraho umusoro wa 25% ku bicuruzwa bimwe bya Canada, ndetse Canada yagiye igirwaho ingaruka n’indi misoro ya Amerika ku byuma (steel), aluminium, n’imodoka. Ariko, ibicuruzwa bimwe bujuje ibisabwa mu masezerano y’isoko rusange rya Amerika y’Amajyaruguru (NAFTA) ntibishyirwaho iyi misoro.

Kugeza ubu ntiharamenyekana niba iyi misoro ya 35% izashyirwa no ku bicuruzwa biri mu masezerano mashya azwi nka Canada-United States-Mexico Agreement (CUSMA).

Trump yavuze ko Canada ishobora kwirinda iyo misoro niba ibigo by’Abanya-Canada bifashe umwanzuro wo kubaka cyangwa gukora ibyo bicuruzwa imbere muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Yanahuye iyo misoro n’uko ngo Canada itabashije guhagarika ikwirakwira rya fentanyl ijya muri Amerika. Yavuze ko Canada isoresha abakora mu buhinzi bw’amata b’Abanyamerika imisoro idakwiye, anavuga ko umwenda Amerika ibereyemo Canada nawo ari ikibazo.

 

Trump yanditse Ati “Niba Canada ifashije guhagarika fentanyl, dushobora guhindura iyi misoro,”

Minisitiri w’Intebe Carney yasubije avuga ko Canada yakoze ibishoboka mu kurwanya fentanyl kandi izakomeza gufatanya na Amerika mu kurinda abaturage. Ibyegeranyo byemewe bya Leta Zunze Ubumwe za Amerika bigaragaza ko hafi ya fentanyl yose ifatirwa ku mupaka wa Mexique, aho kuba Canada.

Mbere uyu mwaka, Canada yashoye amafaranga menshi mu mutekano wo ku mipaka, inashyiraho umuyobozi udasanzwe ushinzwe ikibazo cya fentanyl, mu rwego rwo kugabanya umwuka mubi uri hagati y’ibihugu byombi. 

Mu kwezi kwa Kamena, ubwo habaga inama y’abakuru b’ibihugu bikize (G7), Trump na Carney bavuze ko bifuza amasezerano mashya y’ubucuruzi mu minsi 30. Ariko, Trump yavuze ko nibaramuka batageze ku masezerano mbere ya tariki 21 Nyakanga, azazamura iyo misoro kurushaho. Canada nayo yamaze gushyiraho imisoro yo kwihimura ku bicuruzwa bimwe by’Amerika, ndetse yiyemeje kongera indi nibaramuka batumvikanye. 

Vuba aha, Minisitiri w’Intebe Carney yanakuyeho umusoro wari ushyizwe ku bigo binini by’ikoranabuhanga by’Abanyamerika nyuma y’uko Trump awise inzitizi ku bucuruzi. Carney yavuze ko ibyo byakozwe mu rwego rw’ibiganiro binini ku bucuruzi hagati y’ibihugu byombi.

Amerika na Canada byinjiye mu ntambara y’ubucuruzi

Jul 11, 2025 - 11:35
Jul 11, 2025 - 11:46
 0
Amerika na Canada byinjiye mu ntambara y’ubucuruzi

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko agiye gushyiraho umusoro wa 35% ku bicuruzwa biva muri Canada. Iyi misoro mishya izatangira ku itariki ya 1 Kanama.


Perezida Trump yatangaje aya makuru abinyujije mu ibaruwa yashyize ku rubuga rwe rwa Truth Social.

Muri iyo baruwa, yanaburiye ko ashobora kongera indi misoro ya 15% cyangwa 20% ku bindi bihugu byinshi. Yavuze ko ateganya gutangaza ibindi bihano nk’ibi ku bicuruzwa biva mu Muryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU) mu minsi iri imbere.

Minisitiri w’Intebe wa Canada, Mark Carney, yasubije avuga ko guverinoma ye izakomeza gukora ibishoboka byose mu kurengera abakozi n’abacuruzi b’Abanya-Canada. Yavuze ko Canada ishaka kugera ku masezerano n’Amerika mbere y’uko iyo tariki igera.

Ibi si ubwa mbere Perezida Trump agabye ibihano ku bicuruzwa bya Canada. Mu bihe byashize, yigeze gushyiraho umusoro wa 25% ku bicuruzwa bimwe bya Canada, ndetse Canada yagiye igirwaho ingaruka n’indi misoro ya Amerika ku byuma (steel), aluminium, n’imodoka. Ariko, ibicuruzwa bimwe bujuje ibisabwa mu masezerano y’isoko rusange rya Amerika y’Amajyaruguru (NAFTA) ntibishyirwaho iyi misoro.

Kugeza ubu ntiharamenyekana niba iyi misoro ya 35% izashyirwa no ku bicuruzwa biri mu masezerano mashya azwi nka Canada-United States-Mexico Agreement (CUSMA).

Trump yavuze ko Canada ishobora kwirinda iyo misoro niba ibigo by’Abanya-Canada bifashe umwanzuro wo kubaka cyangwa gukora ibyo bicuruzwa imbere muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Yanahuye iyo misoro n’uko ngo Canada itabashije guhagarika ikwirakwira rya fentanyl ijya muri Amerika. Yavuze ko Canada isoresha abakora mu buhinzi bw’amata b’Abanyamerika imisoro idakwiye, anavuga ko umwenda Amerika ibereyemo Canada nawo ari ikibazo.

 

Trump yanditse Ati “Niba Canada ifashije guhagarika fentanyl, dushobora guhindura iyi misoro,”

Minisitiri w’Intebe Carney yasubije avuga ko Canada yakoze ibishoboka mu kurwanya fentanyl kandi izakomeza gufatanya na Amerika mu kurinda abaturage. Ibyegeranyo byemewe bya Leta Zunze Ubumwe za Amerika bigaragaza ko hafi ya fentanyl yose ifatirwa ku mupaka wa Mexique, aho kuba Canada.

Mbere uyu mwaka, Canada yashoye amafaranga menshi mu mutekano wo ku mipaka, inashyiraho umuyobozi udasanzwe ushinzwe ikibazo cya fentanyl, mu rwego rwo kugabanya umwuka mubi uri hagati y’ibihugu byombi. 

Mu kwezi kwa Kamena, ubwo habaga inama y’abakuru b’ibihugu bikize (G7), Trump na Carney bavuze ko bifuza amasezerano mashya y’ubucuruzi mu minsi 30. Ariko, Trump yavuze ko nibaramuka batageze ku masezerano mbere ya tariki 21 Nyakanga, azazamura iyo misoro kurushaho. Canada nayo yamaze gushyiraho imisoro yo kwihimura ku bicuruzwa bimwe by’Amerika, ndetse yiyemeje kongera indi nibaramuka batumvikanye. 

Vuba aha, Minisitiri w’Intebe Carney yanakuyeho umusoro wari ushyizwe ku bigo binini by’ikoranabuhanga by’Abanyamerika nyuma y’uko Trump awise inzitizi ku bucuruzi. Carney yavuze ko ibyo byakozwe mu rwego rw’ibiganiro binini ku bucuruzi hagati y’ibihugu byombi.