Amerika mutabwirwa! Bashishikajwe n’intambara, miliyoni 40 barota ibiryo mu nzozi
Imibare yerekana ko Amerika ituwe na miliyoni 342.4. nyamara abasaga miliyoni 100 bagize 41% by’Amerika ntibabasha kwishyura ikiguzi cyo kwivuza. Mbese bararwara bakarembera mu nzu bagategereza urupfu.
Kuri ubu inkuru ziri kugaruka ku ntambara yo muri Iran zishimagiza ubuhangange bw’igisirikare cy’Amerika ariko biragoye kwerekana uburibwe abaturage bo muri Amerika bari gucamo burimo kutabasha kwivuza. Kugorwa no kubona ibyo kurya bya buri munsi.
Perezida Trump yabeshye abanyagihugu
The New York Times yanditse ko minisiteri y’ingabo muri Amerika, Pentagon yayibwiye ko icyumweru cya mbere cy’intambara cyatwaye miliyali $6. Icyakora hari ikinyamakuru kitwa POLITICO cyahishuye ko Amerika ikoresha miliyali $2 buri munsi nk’ikiguzi cy’intambara yo muri Iran.
Hari abatabasha kwikora ku munwa. Nibura miliyoni 47.9 bagize 13.7% ntibashobora kubona ibiryo bya buri munsi. Iyi ni imibare yo mu 2024 bivuze ko yiyongereye kugeza ubu kuko ntacyakozwe mu gukemura icyo kibazo.
Hari kandi 17% bahisemo kwivuza mu mafaranga bakabaye bagura ibiryo. Muri Amerika rero 40% bagorwa no kwishyura ubukode, kugura ibiryo n’ibindi nkenerwa buri munsi. Muri make miliyoni 40 z’Abanyamerika ntibashobora kwigaburira.
Mu 2022 Abanyamerika bane mu 10 babwiye KFF ko badashobora kwishyura imiti yo kwa muganga


Kinyarwanda
English
Swahili









