issa
Abarokotse bayabangiye ingata! Ingabo z’u Burundi ziriwe ziraswa na M23

Abarokotse bayabangiye ingata! Ingabo z’u Burundi ziriwe ziraswa na M23

Nov 26, 2025 - 17:07
 0

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 26 Ugushyingo, inyeshyamba zo mu mutwe wa AFC/M23 zikomeje gukubita ahababaza ingabo z’u Burundi aho biriwe barwana ariko bikarangira Abarundi batsinzwe mu mirwano ikaze yaramutse iba ikaba isize M23 yigaruriye ibice bya Kidasa na Kasika biherereye muri Teritwari ya Mwenga.


Amakuru aturuka muri ako gace yemeza ko izi nyeshyamba ziriwe zirwana n’ingabo z’u Burundi nyuma y’uko FARDC n’abarwanyi ba Wazalendo na FDLR bafataga icyemezo cyo kwiruka bagahungira kure. Amakuru avuga ko abaturage bo muri Kasika, Kamituga, ndetse na Mwenga-Centre, bahunze maze biha inzira M23 yari imaze iminsi igerageza kwinjiramo.

Kuri ubu, amakuru yemeza ko AFC/M23 igeze mu birometero bigera kuri 25 gusa uvuye Mwenga-Centre, ibintu bikomeje gutera ubwoba Abarundi  bari baratumwe kujya kwitambika M23 ngo yegusatira umujyi wa Uvira.

Abasesenguzi bakurikiranira hafi imirwano yo mu burasirazuba bwa Congo baravuga ko niba Mwenga-Centre ifashwe, bishobora guha AFC/M23 amahirwe menshi yo gufata umujyi wa Uvira, uwa kabiri munini muri Kivu y’Amajyepfo. Uyu mujyi ufatwa nk’ihuriro ry’ubucuruzi n’ingendo, kandi icyaba cyose cyawugeraho cyagira ingaruka zikomeye ku mutekano by’umwihariko w’u Burundi.

Kugeza ubu, inzego zicunga umutekano muri Kivu y’Amajyepfo ziravuga ko ibintu byifashe nabi, kuko hari impungenge ko Mwenga-Centre ishobora gufatwa mu masaha make ari imbere, cyane ko ingabo za Leta ndetse n’abarwanyi ba Wazalendo bamaze guhunga.

Abarokotse bayabangiye ingata! Ingabo z’u Burundi ziriwe ziraswa na M23

Nov 26, 2025 - 17:07
Nov 26, 2025 - 17:10
 0
Abarokotse bayabangiye ingata! Ingabo z’u Burundi ziriwe ziraswa na M23

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 26 Ugushyingo, inyeshyamba zo mu mutwe wa AFC/M23 zikomeje gukubita ahababaza ingabo z’u Burundi aho biriwe barwana ariko bikarangira Abarundi batsinzwe mu mirwano ikaze yaramutse iba ikaba isize M23 yigaruriye ibice bya Kidasa na Kasika biherereye muri Teritwari ya Mwenga.


Amakuru aturuka muri ako gace yemeza ko izi nyeshyamba ziriwe zirwana n’ingabo z’u Burundi nyuma y’uko FARDC n’abarwanyi ba Wazalendo na FDLR bafataga icyemezo cyo kwiruka bagahungira kure. Amakuru avuga ko abaturage bo muri Kasika, Kamituga, ndetse na Mwenga-Centre, bahunze maze biha inzira M23 yari imaze iminsi igerageza kwinjiramo.

Kuri ubu, amakuru yemeza ko AFC/M23 igeze mu birometero bigera kuri 25 gusa uvuye Mwenga-Centre, ibintu bikomeje gutera ubwoba Abarundi  bari baratumwe kujya kwitambika M23 ngo yegusatira umujyi wa Uvira.

Abasesenguzi bakurikiranira hafi imirwano yo mu burasirazuba bwa Congo baravuga ko niba Mwenga-Centre ifashwe, bishobora guha AFC/M23 amahirwe menshi yo gufata umujyi wa Uvira, uwa kabiri munini muri Kivu y’Amajyepfo. Uyu mujyi ufatwa nk’ihuriro ry’ubucuruzi n’ingendo, kandi icyaba cyose cyawugeraho cyagira ingaruka zikomeye ku mutekano by’umwihariko w’u Burundi.

Kugeza ubu, inzego zicunga umutekano muri Kivu y’Amajyepfo ziravuga ko ibintu byifashe nabi, kuko hari impungenge ko Mwenga-Centre ishobora gufatwa mu masaha make ari imbere, cyane ko ingabo za Leta ndetse n’abarwanyi ba Wazalendo bamaze guhunga.