issa
Uvira: Abaturage bigaragambije basaba ko AFC/M23 itava mu mujyi wabo

Uvira: Abaturage bigaragambije basaba ko AFC/M23 itava mu mujyi wabo

Dec 16, 2025 - 11:26
 0

Abaturage bo mu mujyi wa Uvira, mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuri uyu wa Kabiri tariki ya 16 Ukuboza 2025 baramukiye mu myigaragambyo basaba ko ingabo z’umutwe wa AFC/M23 zitava muri uwo mujyi.


Nk’uko bigaragara mu mashusho yashyizwe ku rubuga rwa X na Lawrence Kanyuka, uvugira AFC/M23, abaturage benshi bitabiriye iyi myigaragambyo, bigaragaza ko batishimiye icyemezo cyo kuvana izi ngabo muri Uvira. Aba baturage bari bitwaje ibyapa binyuranye, banaririmba indirimbo zirimo ubutumwa busaba ko AFC/M23 bita “abacunguzi” ikomeza kuguma muri uwo mujyi wa kabiri munini mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo.

Iyi myigaragambyo yabaye nyuma y’uko mu ijoro ryabanje AFC/M23 itangaje ko yafashe icyemezo cyo kuvana ingabo zayo muri Uvira, umujyi yari imaze iminsi itanu igenzura. Iki cyemezo cyafashwe nyuma y’ubusabe bwatanzwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Mu itangazo ryasohowe n’umuhuzabikorwa wa AFC/M23, Corneille Nangaa, yavuze ko uku kuva muri Uvira ari intambwe igamije kubaka icyizere no gushyigikira ibiganiro bigamije amahoro birimo kubera mu bihugu bitandukanye.

Nangaa yongeyeho ko iki cyemezo gishingiye ku ntambwe imaze guterwa mu biganiro bya Doha, cyane cyane nyuma y’isinywa ry’amahame shingiro ya Doha ryabaye tariki ya 15 Ugushyingo 2025, bigamije gushakira umuti urambye amakimbirane amaze igihe mu burasirazuba bwa Congo.

 

Uvira: Abaturage bigaragambije basaba ko AFC/M23 itava mu mujyi wabo

Dec 16, 2025 - 11:26
Dec 16, 2025 - 11:29
 0
Uvira: Abaturage bigaragambije basaba ko AFC/M23 itava mu mujyi wabo

Abaturage bo mu mujyi wa Uvira, mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuri uyu wa Kabiri tariki ya 16 Ukuboza 2025 baramukiye mu myigaragambyo basaba ko ingabo z’umutwe wa AFC/M23 zitava muri uwo mujyi.


Nk’uko bigaragara mu mashusho yashyizwe ku rubuga rwa X na Lawrence Kanyuka, uvugira AFC/M23, abaturage benshi bitabiriye iyi myigaragambyo, bigaragaza ko batishimiye icyemezo cyo kuvana izi ngabo muri Uvira. Aba baturage bari bitwaje ibyapa binyuranye, banaririmba indirimbo zirimo ubutumwa busaba ko AFC/M23 bita “abacunguzi” ikomeza kuguma muri uwo mujyi wa kabiri munini mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo.

Iyi myigaragambyo yabaye nyuma y’uko mu ijoro ryabanje AFC/M23 itangaje ko yafashe icyemezo cyo kuvana ingabo zayo muri Uvira, umujyi yari imaze iminsi itanu igenzura. Iki cyemezo cyafashwe nyuma y’ubusabe bwatanzwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Mu itangazo ryasohowe n’umuhuzabikorwa wa AFC/M23, Corneille Nangaa, yavuze ko uku kuva muri Uvira ari intambwe igamije kubaka icyizere no gushyigikira ibiganiro bigamije amahoro birimo kubera mu bihugu bitandukanye.

Nangaa yongeyeho ko iki cyemezo gishingiye ku ntambwe imaze guterwa mu biganiro bya Doha, cyane cyane nyuma y’isinywa ry’amahame shingiro ya Doha ryabaye tariki ya 15 Ugushyingo 2025, bigamije gushakira umuti urambye amakimbirane amaze igihe mu burasirazuba bwa Congo.