Zambia: Komisiyo y'Amatora yahakanye ibyo gukumira abakandinda bo mashyaka atavuga rumwe na UPND
Komisiyo y'Amatora mu Gihugu cya Zambia yahakanye gucura umugambi wo kubuza abatavuga rumwe n'ubutegetsi kwiyamamariza kuyobora Zambia mu matora azaba muri Kanama 2026.
Komisiyo y'Igihugu y’amatora mu Gihugu cya Zambia, (ECZ), yahakanye amakuru yavugaga ko Mundubile Brian na Makabi Zulu bo mu mashyaka atavuga rumwe n'ubutegetsi buriho muri Zambia, bazakumirwa ntibemererwe guhatana mu matora y'Umukuru w'Igihugu ateganyijwe muri Kanama muri icyo Gihugu nkuko tubikesha Zambia today.
Komisiyo y'Igihugu y' Amatora muri Zambia (ECZ) Kuri uyu wa mbere, yatangaje ko abo bagabo batavuga rumwe n'ishyaka riri ku butegetsi buyoboye Zambia nabo bemerewe gutanga ibyangombwa bisabwa kugira ngo umukandida azemererwe guhatanira kuyobora Igihugu cya Zambia.
Amakuru yavuga ko abo bagabo bashobora kutazemererwa kujya ku rutonde rw'abakandinda bazahatana na perezida Hakainde Hichilema uzuza imyaka 64 tariki ya 4 Kamena 2026. Ni amakuru yatangiye kuvugwa nyuma y'uko abo bagabo batavuga rumwe n'ubutegetsi, batangaje umugambii w'ubufatanye bugamije gushaka intsinzi y'abatavuga rumwe n'ubutegetsi dore ko bashaka ko umwe muribo ariwe wahigika umukandida w'ishyaka riri ku butegetsi muri icyo Gihugu nawe ugomba kwiyamamaza nawe manda ya Kabiri.
Aya makuru yavuzwe cyane mu gihe abakandida bitegura gushyikiriza kandidiatire zabo komisiyo y'Igihugu y' Amatora muri Zambia kugirango hemezwe abaziyamamariza kuyobora Zambia mu matora azaba muri Kanama 2026.
Ubufatanye bwa Mundubile brain na Zulu bukomeje kuvugwa mu gihe amashyaka atavuga rumwe n'ubutegetsi akomeje gushaka uburyo yahuza imbaraga kugirango bazatsinde amatora ndetse hari n'amakuru avuga ko ishyaka riri ku butegetsi rihangayikishijwe n'ubufatanye bw''ayo mashyaka abatavuga rumwe n'ubutegetsi bwa Zambia.
Amos Chanda umwe mu bashinzwe itangazamakuru mu ishyaka riharanira Ubumwe mu iterambere rw'Igihugu United party for National development( UPND) nawe yahakanye amakuru avuga ko hari umugambi wo gukumira abo banyapolitike ntibererwe kwiyamamariza kuyobora kuyobora Zambia muri manda y'imyaka 5. Iri mbere .
Perezida Hakainde Hichilema wari watsinze amatora muri 2021, niwe uzahagararira ishyaka rya United Party for national development (UPND ).ndetse arahabwa amahirwe yo gutsinda mu matora ya Perezida wa Repubulika mu Gihugu cya Zambia ariko mu gihe abanyapolitike batavuga rumwe n'ubutegetsi bwe igihe bashyira hamwe umwe muribo nawe ashobora gutsinda amatora y'Umukuru w'Igihugu.

Kinyarwanda
English
Swahili








