Vinicius Jr akomeje kugora Real Madrid imaze imyaka ibiri nta gikombe itwara
Vinicius Junior yavuze ko yifuza kuguma muri Real Madrid ubuzima bwe bwose, ndetse yemeza ko nta gihunga afite cyo kongera amasezerano mashya muri Real Madrid nubwo arimo gukomeza kugorana bitewe n’ibyo yifuza guhabwa bikomeye.
Uyu rutahizamu wageze muri iyi kipe avuye muri Flamengo mu mwaka wa 2018, amasezerano ye azarangira muri Kamena 2027 kuri Sitade Santiago Bernabéu.
Vinicius yatsinze ibitego 16 muri LaLiga, mu gihe Real Madrid yasoreje ku mwanya wa kabiri inyuma ya FC Barcelona. Muri Saison ya 2025-2026, Kylian Mbappe ni we wenyine wamurushije ibitego muri Real Madrid, aho yatsinze 25.
Ni na bwo bwa kabiri Vinicius ageze kuri uwo mubare w’ibitego byinshi mu mwaka umwe muri iyi kipe, kuko uwa mbere wari muri 2021-2022 ubwo yatsindaga ibitego 17.
Abafana ba Real Madrid bifuza kubona Vinicius yongera amasezerano y’igihe kirekire muri iyi kipe, ariko uyu mukinnyi w’imyaka 25 yavuze ko nta gitutu gihari hagati ye n’ubuyobozi bw’ikipe ariko amakuru akagaragaza hari ukutumvikana hagati y’aba bombi.
Mu kiganiro yagiranye na CazeTV, yagize ati " Nta gihunga mfite cyo kongera amasezerano. Kugeza muri 2027 haracyari byinshi byo kuganiraho na Real Madrid.
Real Madrid iratuje , nanjye ndi mu mutuzo. Perezida Florentino Perez aranyizera kandi nanjye ndamwizera. Sinigeze niyumvisha ubuzima ndi hanze ya Real Madrid. Ndashaka kuguma hano ubuzima bwanjye bwose.”
Vinicius yanavuze ku nshingano zo kuba umwe mu bayobozi b’ikipe nyuma y’uko bamwe mu bakinnyi bakuru bamaze kugenda mu myaka ishize. Yagize ati “Ubu ndi umwe mu bakinnyi bayoboye ikipe. Nubwo nkiri muto, ni ibintu bikomeye kandi bibaho gake cyane.”
Uyu mwaka nta gikombe na kimwe Vinicius Jr yigeze aha ikipe ya Real Madrid ndetse n’umwaka ushize. Ibi byatewe n’ihindagurika ry’abatoza ndetse n’imicungire mibi y’abakinnyi bibikomerezwa bari muri Real Madrid.

Kinyarwanda
English
Swahili








