Urubanza rwa Turahirwa Moise rwasubitswe
Moise Turahirwa yavuze ko atiteguye kuburana kuko umunyamategeko we atabonye dosiye. Urukiko rwamubajije igihe igihano cye kizarangirira avuga ko ari muri Nyakanga 2026.
Ku wa 16 Gashyantare 2026 Urukiko Rukuru ruri I Nyamirambo rwaburanishije urubanza ruregwamo Turahirwa Moise.
Urukiko rwabanje gusoma ibihano yari yarajuririye ku cyaha cyo guhindura inyandiko mpimbano n'icyaha cyo gukoresha ibiyobyabwenge.
Yavuze ko atiteguye kuburana kuko umunyamategeko we atabonye neza dosiye. Urukiko rwamubajije igihe igihano cye kizarangirira avuga ko ari muri Nyakanga 2026.
Maitre Mukeshimana Albertine wunganira Turahirwa Moise yasabye ko bahabwa igihe gihagije kugirango bitegure neza. Perezida w'inteko iburanisha yabajije impamvu Moise adashaka kuburana ngo ahabwe ubutabera bwihuse avuga ko arwaye.
Habajijwe impamvu Maitre Bayisabe Irene atari muri urwo rubanza noneho Uwunganira Turahirwa Moise avuga ko hari ibyo umuryango wa Turahirwa Moise utaramuha.
Ubushinjacyaha bwavuze ko bakwiriye rwose guhabwa umwanya bagategura urubanza noneho bakazaburana nta nkomyi bafite.
Turahirwa Moise yari yahamijwe icyaha cyo gukoresha inyandiko mpimbano no gukoresha ibiyobyabwenge ahanishwa imyaka itatu ya miliyoni ebyiri (2) Frw.
Urukiko Rukuru rwatanze amahirwe ya nyuma yo gutegura urubanza. Rwimuriwe tariki 16 Werurwe 2026 saa tatu za mu gitondo kugirango Moise Turahirwa n'umwunganizi babashe gutegura urubanza.
Kuri uwo munsi nta mpamvu n'imwe izatuma urubanza rutaburanishwa. Moses Turahirwa yari yakatiwe imyaka itatu n'igice n'ihazabu ya miliyoni 2 Frw. Ahamijwe ibyaha yakomeza gufungwa.


Kinyarwanda
English
Swahili









