issa
Umuyobozi wa Iran yavuze ko Perezida Trump yashobora guhagarika iyi ntambara

Umuyobozi wa Iran yavuze ko Perezida Trump yashobora guhagarika iyi ntambara

Jun 21, 2025 - 12:41
 0

Iran na Israel bakomeje kwitana bamwana mu bitero, mu gihe umuyobozi wa Irani avuga ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika zishobora kurangiza intambara mu gihe Trump yahamagara rimwe gusa.


Iran na Israel bakomeje kwitana bamwana mu bitero, mu gihe umuyobozi wa Iran avuga ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika zishobora kurangiza intambara mu gihe Trump yahamagara rimwe gusa.

Ubutumwa bwa Tehran kuri Amerika: Diplomasi hagati ya Iran na Amerika “yashoboka byoroshye” niba Perezida Donald Trump ategetse abayobozi ba Israel guhagarika ibitero kuri Iran, nk’uko umwe mu bayobozi b’Ibiro bya Perezida wa Iran yabibwiye CNN. Ariko Trump yavuze ku wa Gatanu ko bizamugora cyane gusaba ibyo.

Abayobozi ba Iran n’abo mu Burayi bahuriye i Geneva ejo ku wa Gatanu tariki 20 kamena 2025, mu biganiro umwe mu baturutse muri Iran yavuze ko byatangiye bigoye ariko bikarangira habayeho “imvugo nziza kurushaho.” 

Uwo muyobozi yavuze ko Iran itazemera kureka ubushobozi bwo gutunganya uranium, abigereranya n’umurongo utukura wa nyirantarengwa. 

Ingabo za Israel zatangaje ko zishe Saeed Izadi, umwe mu bayobozi bakuru b’ingabo za Iran mu mutwe udasanzwe wa Quds Force w’Ingabo za Revolusiyo (IRGC).

Mu itangazo ryasohowe ku wa Gatandatu tariki 21 kamena 2025, Ingabo za Israel (IDF) zavuze ko izo z’ikirere zagabye igitero cyishe Izadi “mu mwihisho uri mu mutima wa Iran, nyuma y’igihe kirekire cy’iperereza.”

“Izadi yari ashinzwe guhuza ibikorwa bya gisirikare hagati y’abayobozi bakuru ba IRGC n’ubutegetsi bwa Iran n’abantu b’ingenzi mu mutwe w’iterabwoba wa Hamas,” IDF yatangaje.

Izadi yafatiwe ibihano na Leta Zunze Ubumwe za Amerika kandi, nk’uko Guverinoma y’u Bwongereza ibivuga, ni we uyoboye ishami rya Palestine muri Quds Force.

Televiziyo y’igihugu ya Iran yatangaje ko kuri uyu wa Gatandatu mu gitondo igitero cyagabwe ku nyubako icumbikira abantu mu mujyi wa Qom cyahitanye abantu babiri, abandi bane barakomereka.

Quds ni iki? Quds (Yeruzalemu) Force ni ishami rya IRGC rishinzwe ibikorwa byo hanze ya Iran, rihujwe no gufatanya n’imitwe y’inyeshyamba nka Hezbollah na Hamas.

Minisitiri w’Ingabo wa Israel, Israel Katz, yavuze ku mbuga nkoranyambaga ko icyo gitero cyari “intsinzi ikomeye y’ubutasi bwa Israel n’Ingabo z’ikirere,” ashinja Izadi kugira uruhare mu igenamigambi ry’ibitero Hamas yagabye ku Israel ku wa 7 Ukwakira 2024.

Guhera tariki ya 7 Ukwakira, abayobozi ba Israel bakomeje kwerekana isano iri hagati ya Hamas na Iran. Nyuma y’ibyo bitero, Amerika yatangaje ko Irani yabitewe gitumo, kandi ko nta bimenyetso bifatika bihari biyihuza n’igenamigambi n’ishyirwa mu bikorwa ry’ibyo bitero. Gusa Israel na Amerika bavuga ko Iran igira uruhare runini binyuze mu mateka yayo yo gushyigikira uwo mutwe.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yavuze ko igihugu cye kitizeye Amerika mu biganiro by’amahoro, anashinja Perezida Trump gukoresha ibiganiro nk’igitambaro gikwiza ibitero by’Isiraheli kuri Iran.

Araghchi yageze muri Turukiya ku wa Gatanu nijoro, mbere y’inama y’Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Idini ya Islam (OIC) ugizwe n’ibihugu 57.

Avugana n’abanyamakuru bo muri Irani i Istanbul, Araghchi yavuze ko “azakoresha neza uru rubuga kugira ngo ijwi ry’abaturage b’inzirakarengane b’Abanya-Iran rimenyekane.”

Minisitiri kandi yavuze ko azahura n’Umukuru w’Igihugu cya Turukiya, Recep Tayyip Erdogan, n’abandi bayobozi bakuru.

Iran na Israel bongeye kugabana ibitero byo mu kirere, uko amakimbirane yabo yinjira mu cyumweru cya kabiri, mu gihe ibiganiro bya dipolomasi byo ku wa Gatanu nta cyizere cy’iterambere cyagaragaje.

Umuyobozi wa Iran yabwiye CNN ko Perezida Trump yashobora guhagarika iyi ntambara.

Umuyobozi wa Iran yabwiye CNN ko Perezida Trump yashobora kubihagarika abihamagariye abayobozi ba Israel – ariko Iran izasubira mu biganiro na Amerika gusa nibaramuka bahagaritse ibitero.

Ibi byose bikurikiye intambwe zitagize icyo zigeraho mu biganiro byo kugabanya ubushyamirane byabereye i Geneva ku wa Gatanu, aho abahagarariye u Burayi bahuye na mugenzi wabo wa Iran.

Umusesenguzi mu by’umutekano, Afshon Ostovar, yabwiye CNN ko Iran idashobora kwihutira kuva muri iyi ntambara kuko ishobora gukoresha amahirwe yo kwangiza Isiraheli kurushaho.

“Icyo bashobora gukora ni ukwihangana no guhatira Israel kwishyura igiciro kinini,” Ostovar, umwarimu muri Naval Postgraduate School muri California, yagize ati.

Ostovar yavuze ko irindi hame rya nyuma Iran ishoboragukoresha ari ukwirengagiza ibihe no kurambiriza intambara.

Umuyobozi wa Iran yavuze ko Perezida Trump yashobora guhagarika iyi ntambara

Jun 21, 2025 - 12:41
Jun 21, 2025 - 16:07
 0
Umuyobozi wa Iran yavuze ko Perezida Trump yashobora guhagarika iyi ntambara

Iran na Israel bakomeje kwitana bamwana mu bitero, mu gihe umuyobozi wa Irani avuga ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika zishobora kurangiza intambara mu gihe Trump yahamagara rimwe gusa.


Iran na Israel bakomeje kwitana bamwana mu bitero, mu gihe umuyobozi wa Iran avuga ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika zishobora kurangiza intambara mu gihe Trump yahamagara rimwe gusa.

Ubutumwa bwa Tehran kuri Amerika: Diplomasi hagati ya Iran na Amerika “yashoboka byoroshye” niba Perezida Donald Trump ategetse abayobozi ba Israel guhagarika ibitero kuri Iran, nk’uko umwe mu bayobozi b’Ibiro bya Perezida wa Iran yabibwiye CNN. Ariko Trump yavuze ku wa Gatanu ko bizamugora cyane gusaba ibyo.

Abayobozi ba Iran n’abo mu Burayi bahuriye i Geneva ejo ku wa Gatanu tariki 20 kamena 2025, mu biganiro umwe mu baturutse muri Iran yavuze ko byatangiye bigoye ariko bikarangira habayeho “imvugo nziza kurushaho.” 

Uwo muyobozi yavuze ko Iran itazemera kureka ubushobozi bwo gutunganya uranium, abigereranya n’umurongo utukura wa nyirantarengwa. 

Ingabo za Israel zatangaje ko zishe Saeed Izadi, umwe mu bayobozi bakuru b’ingabo za Iran mu mutwe udasanzwe wa Quds Force w’Ingabo za Revolusiyo (IRGC).

Mu itangazo ryasohowe ku wa Gatandatu tariki 21 kamena 2025, Ingabo za Israel (IDF) zavuze ko izo z’ikirere zagabye igitero cyishe Izadi “mu mwihisho uri mu mutima wa Iran, nyuma y’igihe kirekire cy’iperereza.”

“Izadi yari ashinzwe guhuza ibikorwa bya gisirikare hagati y’abayobozi bakuru ba IRGC n’ubutegetsi bwa Iran n’abantu b’ingenzi mu mutwe w’iterabwoba wa Hamas,” IDF yatangaje.

Izadi yafatiwe ibihano na Leta Zunze Ubumwe za Amerika kandi, nk’uko Guverinoma y’u Bwongereza ibivuga, ni we uyoboye ishami rya Palestine muri Quds Force.

Televiziyo y’igihugu ya Iran yatangaje ko kuri uyu wa Gatandatu mu gitondo igitero cyagabwe ku nyubako icumbikira abantu mu mujyi wa Qom cyahitanye abantu babiri, abandi bane barakomereka.

Quds ni iki? Quds (Yeruzalemu) Force ni ishami rya IRGC rishinzwe ibikorwa byo hanze ya Iran, rihujwe no gufatanya n’imitwe y’inyeshyamba nka Hezbollah na Hamas.

Minisitiri w’Ingabo wa Israel, Israel Katz, yavuze ku mbuga nkoranyambaga ko icyo gitero cyari “intsinzi ikomeye y’ubutasi bwa Israel n’Ingabo z’ikirere,” ashinja Izadi kugira uruhare mu igenamigambi ry’ibitero Hamas yagabye ku Israel ku wa 7 Ukwakira 2024.

Guhera tariki ya 7 Ukwakira, abayobozi ba Israel bakomeje kwerekana isano iri hagati ya Hamas na Iran. Nyuma y’ibyo bitero, Amerika yatangaje ko Irani yabitewe gitumo, kandi ko nta bimenyetso bifatika bihari biyihuza n’igenamigambi n’ishyirwa mu bikorwa ry’ibyo bitero. Gusa Israel na Amerika bavuga ko Iran igira uruhare runini binyuze mu mateka yayo yo gushyigikira uwo mutwe.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yavuze ko igihugu cye kitizeye Amerika mu biganiro by’amahoro, anashinja Perezida Trump gukoresha ibiganiro nk’igitambaro gikwiza ibitero by’Isiraheli kuri Iran.

Araghchi yageze muri Turukiya ku wa Gatanu nijoro, mbere y’inama y’Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Idini ya Islam (OIC) ugizwe n’ibihugu 57.

Avugana n’abanyamakuru bo muri Irani i Istanbul, Araghchi yavuze ko “azakoresha neza uru rubuga kugira ngo ijwi ry’abaturage b’inzirakarengane b’Abanya-Iran rimenyekane.”

Minisitiri kandi yavuze ko azahura n’Umukuru w’Igihugu cya Turukiya, Recep Tayyip Erdogan, n’abandi bayobozi bakuru.

Iran na Israel bongeye kugabana ibitero byo mu kirere, uko amakimbirane yabo yinjira mu cyumweru cya kabiri, mu gihe ibiganiro bya dipolomasi byo ku wa Gatanu nta cyizere cy’iterambere cyagaragaje.

Umuyobozi wa Iran yabwiye CNN ko Perezida Trump yashobora guhagarika iyi ntambara.

Umuyobozi wa Iran yabwiye CNN ko Perezida Trump yashobora kubihagarika abihamagariye abayobozi ba Israel – ariko Iran izasubira mu biganiro na Amerika gusa nibaramuka bahagaritse ibitero.

Ibi byose bikurikiye intambwe zitagize icyo zigeraho mu biganiro byo kugabanya ubushyamirane byabereye i Geneva ku wa Gatanu, aho abahagarariye u Burayi bahuye na mugenzi wabo wa Iran.

Umusesenguzi mu by’umutekano, Afshon Ostovar, yabwiye CNN ko Iran idashobora kwihutira kuva muri iyi ntambara kuko ishobora gukoresha amahirwe yo kwangiza Isiraheli kurushaho.

“Icyo bashobora gukora ni ukwihangana no guhatira Israel kwishyura igiciro kinini,” Ostovar, umwarimu muri Naval Postgraduate School muri California, yagize ati.

Ostovar yavuze ko irindi hame rya nyuma Iran ishoboragukoresha ari ukwirengagiza ibihe no kurambiriza intambara.