Gen. Muhoozi yaba yahagaritse gahunda yo gufata umujyi wa Kisangani ?

Gen. Muhoozi yaba yahagaritse gahunda yo gufata umujyi wa Kisangani ?

Apr 10, 2025 - 17:30
 0

Umugaba  mukuru w'ingabo za Uganda, Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko ahagaritse umugambi we wo gufata umujyi wa Kisangani, umurwa mukuru w'intara ya Tshopo, gusa byafashwe nk'urujijo kuko nyuma yongeye gutangaza ko nta cyamubuza gukomeza iyo gahunda.


Abinyujije kuri konti ye X, kuri uyu wa kane, tariki ya 10 Mata , Jenerali Muhoozi yerekanye ko iki cyemezo cyafashwe ku itegeko rya Se, Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni na Perezida w’Amerika Donald Trump.

Ati: "Nkurikije itegeko rya data umbyara, Perezida Kaguta Museveni, n'intwari yanjye, Perezida Donald Trump, nahisemo guhagarika ibikorwa byacu byo gufata Kisangani. Birambabaza  kuko Sinigeze mpusha intego za gisirikare mu buzima bwanjye."

Gusa nyuma gato yo gutangaza aya makuru, yongeye kwandika ku rukuta rwe rwa X, ko ubutumwa bwa radio yatanze butumvikanaga neza kuko gahunda yo gufata Kisangani ikomeje.

Ku ya 23 Werurwe, Muhoozi Kainerugaba yatangaje ko UPDF igiye gufata umujyi wa Kisangani. Icyo gihe yanditse kuri Twitter ko niba M23  itihuse mu gufata Kisangani, Ingabo za Uganda zizabyikorera.

 

 

Gen. Muhoozi yaba yahagaritse gahunda yo gufata umujyi wa Kisangani ?

Apr 10, 2025 - 17:30
Apr 10, 2025 - 19:26
 0
Gen. Muhoozi yaba yahagaritse gahunda yo gufata umujyi wa Kisangani ?

Umugaba  mukuru w'ingabo za Uganda, Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko ahagaritse umugambi we wo gufata umujyi wa Kisangani, umurwa mukuru w'intara ya Tshopo, gusa byafashwe nk'urujijo kuko nyuma yongeye gutangaza ko nta cyamubuza gukomeza iyo gahunda.


Abinyujije kuri konti ye X, kuri uyu wa kane, tariki ya 10 Mata , Jenerali Muhoozi yerekanye ko iki cyemezo cyafashwe ku itegeko rya Se, Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni na Perezida w’Amerika Donald Trump.

Ati: "Nkurikije itegeko rya data umbyara, Perezida Kaguta Museveni, n'intwari yanjye, Perezida Donald Trump, nahisemo guhagarika ibikorwa byacu byo gufata Kisangani. Birambabaza  kuko Sinigeze mpusha intego za gisirikare mu buzima bwanjye."

Gusa nyuma gato yo gutangaza aya makuru, yongeye kwandika ku rukuta rwe rwa X, ko ubutumwa bwa radio yatanze butumvikanaga neza kuko gahunda yo gufata Kisangani ikomeje.

Ku ya 23 Werurwe, Muhoozi Kainerugaba yatangaje ko UPDF igiye gufata umujyi wa Kisangani. Icyo gihe yanditse kuri Twitter ko niba M23  itihuse mu gufata Kisangani, Ingabo za Uganda zizabyikorera.

 

 

What's Your Reaction?

like

dislike

love

funny

angry

sad

wow

This site uses cookies. By continuing to browse the site you are agreeing to our use of cookies.