issa
Turahirwa Moses yari ategereje kujurira

Turahirwa Moses yari ategereje kujurira

Apr 24, 2025 - 11:27
 0

Turahirwa Moses uherutse gutabwa muri yombi na RIB, yari yarakatiwe n'Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge igifungo cy'imyaka itatu akaba ategereje icyemezo cy'ubujurire yatanze.


Muri Mata 2023, nibwo  Moses yatawe muri yombi akurikiranyweho ibyaha birimo guhimba cyangwa guhindura urwandiko rw’inzira ndetse n’icyo gukoresha ibiyobyabwenge byo mu bwoko bw’urumogi.

Muri Kamena 2023, uyu musore yaje kurekurwa by’agateganyo n’Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge, ategekwa kujya yitaba Ubushinjacyaha, hanyuma akomeza gukurikiranwa adafunze.

Nubwo yari arekuwe by’agateganyo, urubanza mu mizi rwarakomeje, aho ku wa 20 Ukuboza 2024, Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwamuhamije ibyaha birimo icyo guhindura inyandiko cyangwa gukoresha inyandiko mpimbano no kunywa ibiyobyabwenge (Urumogi).

Rwamukatiye gufungwa imyaka itatu ndetse agatanga n’ihazabu ya miliyoni 2 Frw, ndetse n’ibihumbi 20 Frw nk’igarama ry’urubanza.

Me Bayisabe Irene wunganira Moses, yahise ajuririra iki cyemezo muri Mutarama 2025, hakaba hagitegerejwe icyemezo cy’Urukiko Rukuru kuri ubu bujurire.

Aya makuru yo gukatirwa kwa Twahirwa  agiye hanze mu gihe n'ubundi yaherukaga gutabwa muri yombi na RIB akurikiranyweho gukoresha ibiyobyabwenge.

Turahirwa Moses yari ategereje kujurira

Apr 24, 2025 - 11:27
Apr 24, 2025 - 12:29
 0
Turahirwa Moses yari ategereje kujurira

Turahirwa Moses uherutse gutabwa muri yombi na RIB, yari yarakatiwe n'Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge igifungo cy'imyaka itatu akaba ategereje icyemezo cy'ubujurire yatanze.


Muri Mata 2023, nibwo  Moses yatawe muri yombi akurikiranyweho ibyaha birimo guhimba cyangwa guhindura urwandiko rw’inzira ndetse n’icyo gukoresha ibiyobyabwenge byo mu bwoko bw’urumogi.

Muri Kamena 2023, uyu musore yaje kurekurwa by’agateganyo n’Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge, ategekwa kujya yitaba Ubushinjacyaha, hanyuma akomeza gukurikiranwa adafunze.

Nubwo yari arekuwe by’agateganyo, urubanza mu mizi rwarakomeje, aho ku wa 20 Ukuboza 2024, Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwamuhamije ibyaha birimo icyo guhindura inyandiko cyangwa gukoresha inyandiko mpimbano no kunywa ibiyobyabwenge (Urumogi).

Rwamukatiye gufungwa imyaka itatu ndetse agatanga n’ihazabu ya miliyoni 2 Frw, ndetse n’ibihumbi 20 Frw nk’igarama ry’urubanza.

Me Bayisabe Irene wunganira Moses, yahise ajuririra iki cyemezo muri Mutarama 2025, hakaba hagitegerejwe icyemezo cy’Urukiko Rukuru kuri ubu bujurire.

Aya makuru yo gukatirwa kwa Twahirwa  agiye hanze mu gihe n'ubundi yaherukaga gutabwa muri yombi na RIB akurikiranyweho gukoresha ibiyobyabwenge.