issa
Tanzania: Komisiyo y’amatora yongeye gusiba Luhaga Mpina ku rutonde rw’abagomba kwiyamamaza

Tanzania: Komisiyo y’amatora yongeye gusiba Luhaga Mpina ku rutonde rw’abagomba kwiyamamaza

Sep 29, 2025 - 08:07
 0

Komisiyo y’amatora ya Tanzania yongeye guhagarika kandidatire ya Luhaga Mpina wo mu ishyaka ACT-Wazalendo, ku nshuro ya kabiri, mu gihe hasigaye igihe gito ngo amatora ya Perezida n’abadepite abe muri icyo gihugu.


Ibi byatangajwe kuri iki cyumweru tariki ya 28 Nzeri 2025, na komisiyo y’amatora ya Tanzania mu itangazo yashyize ku mbuga nkoranyambaga zayo nk’uko ibinyamakuru bitandukanye byo muri icyo gihugu bikomeje kubitangaza hirya no hino.

Amakuru ahari ni uko uwo mukandida Mpina yari yarakuwe ku rutonde rw’abagomba kwiyamamaza mbere, ariko Urukiko rwa Tanzania rugategeka ko asubizwa mu bakandida bagomba kwiyamamariza kuyobora icyo gihugu nyuma y’uko rwari rwemeje ko yari yujuje ibisabwa byose nk’umukandida wemewe.

Nk'uko byatangajwe ubu komisiyo y’amatora ya Tanzania yamaze kumusiba ku rutonde rw’abagomba kwiyamamaza nyuma y’itegeko ryatanzwe na Hamza Saidi Johari, Minisitiri w’Ubutabera muri icyo gihugu, kubera kumushinja ko hari ibyo atujuje.

Icyakora ishyaka rya ACT-Wazalendo uwo Luhaga Mpina abarizwamo ryamaganiye kure icyo cyemezo cya Minisitiri w’Ubutabera Hamza Saidi Johari wa Tanzania, rivuga ko gishingiye ku buryarya bwa politiki y’ibinyoma ndetse ko rigiye kongera kujurira ubwo burenganzira bwo kwamamaza umukandida waryo.

Ibi bibaye mu gihe Tanzania iri mu myiteguro y’amatora ya Perezida ateganyijwe kuba mu kwezi gutaha, ndetse ubu bamwe mu bakandida bakaba bakomeje ibikorwa byo kwiyamamaza mu bice bitandukanye muri icyo gihugu. Ariko nanone guhagarikwa kwa Luhaga Mpina mu bikorwa byo kwiyamamaza bituma Perezida Samia Suluhu Hassan uri mu ishyaka rya CCM ubu riri ku butegetsi ari we usigara muri ibyo bikorwa byo kwiyamamaza wenyine nta we bahanganye ukomeye.

Kubera ko muri Mata uyu mwaka ari bwo nanone byatangajwe ko ishyaka rikomeye muri icyo gihugu rya Chadema hamwe n’abakandida baryo bamaze gukumirwa mu matora ya Perezida bidasubirwaho, nyuma y’uko umukandida waryo Tundu Lissu yemezwaga ko akora ibikorwa bihungabanya umutekano wa Tanzania.

Samia Suluhu yagiye ku butegetsi muri Werurwe mu mwaka wa 2021 nyuma y’urupfu rwa nyakwigendera John Pombe Magufuli wahoze ayoboye Tanzania igihe kitari gito, ariko Samia icyo gihe ajya ku butegetsi atabanje gutorerwa uwo mwanya n’abaturage cyangwa ngo awiyamamarize atorwe nka Perezida mu matora.

Kugeza ubu ishyaka rya ACT-Wazalendo rikomeje gutangaza ko rizakoresha inzira zishoboka zose z’amategeko kugira ngo kandidatire y’umukandida waryo Mpina isubizwe mu buryo bwemewe n’amategeko, nubwo kugeza ubu komisiyo y’amatora ya Tanzania yo yamaze kumusiba ku rutonde rw’abagomba kwiyamamariza kuba Perezida muri icyo gihugu.

Tanzania: Komisiyo y’amatora yongeye gusiba Luhaga Mpina ku rutonde rw’abagomba kwiyamamaza

Sep 29, 2025 - 08:07
Sep 29, 2025 - 08:40
 0
Tanzania: Komisiyo y’amatora yongeye gusiba Luhaga Mpina ku rutonde rw’abagomba kwiyamamaza

Komisiyo y’amatora ya Tanzania yongeye guhagarika kandidatire ya Luhaga Mpina wo mu ishyaka ACT-Wazalendo, ku nshuro ya kabiri, mu gihe hasigaye igihe gito ngo amatora ya Perezida n’abadepite abe muri icyo gihugu.


Ibi byatangajwe kuri iki cyumweru tariki ya 28 Nzeri 2025, na komisiyo y’amatora ya Tanzania mu itangazo yashyize ku mbuga nkoranyambaga zayo nk’uko ibinyamakuru bitandukanye byo muri icyo gihugu bikomeje kubitangaza hirya no hino.

Amakuru ahari ni uko uwo mukandida Mpina yari yarakuwe ku rutonde rw’abagomba kwiyamamaza mbere, ariko Urukiko rwa Tanzania rugategeka ko asubizwa mu bakandida bagomba kwiyamamariza kuyobora icyo gihugu nyuma y’uko rwari rwemeje ko yari yujuje ibisabwa byose nk’umukandida wemewe.

Nk'uko byatangajwe ubu komisiyo y’amatora ya Tanzania yamaze kumusiba ku rutonde rw’abagomba kwiyamamaza nyuma y’itegeko ryatanzwe na Hamza Saidi Johari, Minisitiri w’Ubutabera muri icyo gihugu, kubera kumushinja ko hari ibyo atujuje.

Icyakora ishyaka rya ACT-Wazalendo uwo Luhaga Mpina abarizwamo ryamaganiye kure icyo cyemezo cya Minisitiri w’Ubutabera Hamza Saidi Johari wa Tanzania, rivuga ko gishingiye ku buryarya bwa politiki y’ibinyoma ndetse ko rigiye kongera kujurira ubwo burenganzira bwo kwamamaza umukandida waryo.

Ibi bibaye mu gihe Tanzania iri mu myiteguro y’amatora ya Perezida ateganyijwe kuba mu kwezi gutaha, ndetse ubu bamwe mu bakandida bakaba bakomeje ibikorwa byo kwiyamamaza mu bice bitandukanye muri icyo gihugu. Ariko nanone guhagarikwa kwa Luhaga Mpina mu bikorwa byo kwiyamamaza bituma Perezida Samia Suluhu Hassan uri mu ishyaka rya CCM ubu riri ku butegetsi ari we usigara muri ibyo bikorwa byo kwiyamamaza wenyine nta we bahanganye ukomeye.

Kubera ko muri Mata uyu mwaka ari bwo nanone byatangajwe ko ishyaka rikomeye muri icyo gihugu rya Chadema hamwe n’abakandida baryo bamaze gukumirwa mu matora ya Perezida bidasubirwaho, nyuma y’uko umukandida waryo Tundu Lissu yemezwaga ko akora ibikorwa bihungabanya umutekano wa Tanzania.

Samia Suluhu yagiye ku butegetsi muri Werurwe mu mwaka wa 2021 nyuma y’urupfu rwa nyakwigendera John Pombe Magufuli wahoze ayoboye Tanzania igihe kitari gito, ariko Samia icyo gihe ajya ku butegetsi atabanje gutorerwa uwo mwanya n’abaturage cyangwa ngo awiyamamarize atorwe nka Perezida mu matora.

Kugeza ubu ishyaka rya ACT-Wazalendo rikomeje gutangaza ko rizakoresha inzira zishoboka zose z’amategeko kugira ngo kandidatire y’umukandida waryo Mpina isubizwe mu buryo bwemewe n’amategeko, nubwo kugeza ubu komisiyo y’amatora ya Tanzania yo yamaze kumusiba ku rutonde rw’abagomba kwiyamamariza kuba Perezida muri icyo gihugu.