Abakozi batatu ba RMB batawe muri yombi

Abakozi batatu ba RMB batawe muri yombi

Apr 26, 2025 - 17:07
 0

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwafunze abayobozi batatu bo mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe  Mines, peteroli na gaze (RMB).


Aba bakekwaho ibi byaha,  barimo Augustin Rwomushana,  John Kanyangira, na Richard Niyongabo, bose uko bakora muri  RMB bakekwaho kugira uruhare muri ruswa, gukoresha ububasha bahabwa n’itegeko mu nyungu zabo bwite, kwigwizaho umutungo ndetse n’iyezandonke. Bafunganwe  n'abandi ba Rwiyemezamirimo bagera kuri bane bacyekwaho kuba ibyitso.

RIB yatangaje ko batawe muri yombi kuri uyu wa gatandatu, tariki ya 26 Mata 2025, aho ugeza ubu abakekwaho icyaha bose bafungiye kuri sitasiyo ya RIB i Rwezamenyo na Nyarugenge.

Mu itangazo  RIB RIB yashyize ku rukuta rwayo rwa X, yihanangirije abantu kwishora mu bikorwa bya ruswa cyangwa gukoresha nabi ububasha bahawe n'amategeko ku bw'inyungu zabo bwite, kuko ibyo bikorwa bihanwa n'amategeko.

Abaturage kandi bibukijwe ko ruswa ari icyaha  kidasaza, ko igihe cyose ibimenyetso byabonekera nta cyabuza ko batanga ayo makuru kugira ngo ababigizemo uruhare bakurikiranwe.

 

 

Abakozi batatu ba RMB batawe muri yombi

Apr 26, 2025 - 17:07
 0
Abakozi batatu ba RMB batawe muri yombi

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwafunze abayobozi batatu bo mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe  Mines, peteroli na gaze (RMB).


Aba bakekwaho ibi byaha,  barimo Augustin Rwomushana,  John Kanyangira, na Richard Niyongabo, bose uko bakora muri  RMB bakekwaho kugira uruhare muri ruswa, gukoresha ububasha bahabwa n’itegeko mu nyungu zabo bwite, kwigwizaho umutungo ndetse n’iyezandonke. Bafunganwe  n'abandi ba Rwiyemezamirimo bagera kuri bane bacyekwaho kuba ibyitso.

RIB yatangaje ko batawe muri yombi kuri uyu wa gatandatu, tariki ya 26 Mata 2025, aho ugeza ubu abakekwaho icyaha bose bafungiye kuri sitasiyo ya RIB i Rwezamenyo na Nyarugenge.

Mu itangazo  RIB RIB yashyize ku rukuta rwayo rwa X, yihanangirije abantu kwishora mu bikorwa bya ruswa cyangwa gukoresha nabi ububasha bahawe n'amategeko ku bw'inyungu zabo bwite, kuko ibyo bikorwa bihanwa n'amategeko.

Abaturage kandi bibukijwe ko ruswa ari icyaha  kidasaza, ko igihe cyose ibimenyetso byabonekera nta cyabuza ko batanga ayo makuru kugira ngo ababigizemo uruhare bakurikiranwe.

 

 

What's Your Reaction?

like

dislike

love

funny

angry

sad

wow

This site uses cookies. By continuing to browse the site you are agreeing to our use of cookies.