Real Madrid na PSG zatsinze bigoranye! Uko imikino ya UEFA Champions League yagenze
Ikipe ya Real Madrid yatsinze Benfica naho Paris Saint Germain itsinda Monaco bigoranye cyane mu mikino ya Play Off ya UEFA Champions League.
Mu ijoro ryo ku wa Kabiri tariki 17 Gashyantare 2026, nibwo hatangiye gukinwa imikino ya Play Off ya UEFA Champions League. Umwe mu mikino yari itegerejwe na benshi ni umukino wagombaga guhuza ikipe ya Benfica itozwa na Jose Mourinho na Real Madrid.
Uyu ni umwe mu mikino yari ifite imbaraga nyinshi ndetse no gukanirana cyane ariko waje kurangira Real Madrid itahanye amanota 3 nyuma yo gutsinda igitego 1-0. Iki gitego cyatsinzwe na Vinicius Junior ku munota wa 50 ku mupira mwiza yahawe na Kylian Mbappe.
Uyu mukino waje guhagarara iminota 10 nyuma y’iki gitego cyatsinzwe na Vinicius Jr kuko yari arimo gukorerwa irondaruhu. Ku munota wa 85, umutoza wa Benfica, Jose Mourinho yahawe ikarita ya kabiri y’umuhondo yavuyemo ikarita y’umutuku. Ibi bivuze ko mu mukino wo kwishyura Benfica izakina na Real Madrid, umutoza wayo azaba ari mu bafana.
Paris Saint Germain yari yerekeje mu mujyi wa Monaco gukina na Monaco FC uza kurangira itsinze ibitego 3-2. Ni umukino wagoye Paris Saint Germain kuko yaje kubanzwa ibitego 2 byatsinzwe na Folarin Balogun. PSG yaje guhita ibyishyura inashyiramo icya gatatu bigizwemo uruhare na Desire Doue watsinze ibitego 2 na Ashraf Hakim.
Indi mikino yari itegerejwe, harimo umukino wahuje ikipe ya Galatasaray na Juventus uza kurangira Galatasaray inyagiye iyi kipe yo mu Butaliyani ibitego 5-2. Borussia Dortmund yaje nayo kwitwara neza imbere ya Atalanta itsinda ibitego 2-0.
Imikino ihari kuri uyu wa Gatatu:
1. Qarabag FK vs Newcastle United
2. Bodoe/Glimit vs Inter Milan
3. Club Brigge vs Atletico Madrid
4. 4. Olympiacos vs Bayern Leverkusen


Kinyarwanda
English
Swahili









