issa
Rayon Sports igiye gusinyisha, APR FC itegereje abakinnyi 2! Avugwa mu Rwanda 

Rayon Sports igiye gusinyisha, APR FC itegereje abakinnyi 2! Avugwa mu Rwanda 

Jul 3, 2025 - 14:11
 0

Kuri uyu wa Kane tariki 3 Nyakanga 2025, hano mu Rwanda haravugwa amakuru menshi mu mikino itandukanye.


Amakuru yacu y’imikino reka tuyahere mu ikipe ya Police FC yatangaje abakinnyi bagera kuri 4. Abakinnyi ikipe ya Police FC yatangaje barimo Niyigena Abdoul waje akuwe mu ikipe y’abato ya Interforce, Gakwaya Leonard wavuye muri Bugesera FC, Nsengiyumva Samuel wavuye muri Gorilla FC na Iradukunda Moria wavuye muri Mukura VS.

 Ikipe ya Mukura Victory Sports yashyize ku isoko imyambaro izajya yambara iri mu rugo. Iyi myambaro yashyizwe hanze ni ibihumbi 20 kuri imwe imeze nk’iy’abakinnyi ndetse n’ibihumbi 15 ku myambaro y’abafana isanzwe.

 Rayon Sports igiye gusinyisha abakinnyi

Kuri uyu wa Kane, UKWELITIMES twamenye ko ikipe ya Rayon Sports yamaze kurangiza ibiganiro na Mohamed Chely ndetse na Bigirimana Adedi.

Amakuru ahari avuga ko ikipe ya Rayon Sports igiye gisinyisha uyu munya-Tunisia, Mohamed Chely, amasezerano y’imyaka 2 ahabwe agera kuri Milliyoni 25. Biravugwa Ko Bigirimana Abedi yumvikanye na Rayon Sports amasezerano y’umwaka umwe

Aba bakinnyi bose amakuru twamenye ni uko vuba baraza gutangazwa nk’abakinnyi ba Rayon Sports. Iyi kipe ikomeje kandi ibiganiro na Drissa Kouyate umuzamu ukomoka muri Mali, vuba nawe ashobora gusinya igisigaye n’utuntu ducye batarumvikana.

Ikipe ya Rayon Sports ikomeje imyitozo yitegura umwaka utaha w’imikino abakinnyi barimo Serumogo Ali, Rushema Chris nabo batangiye imyitozo.

Ikipe ya APR FC yatangiye gukora imyitozo

Ku wa kabiri tariki 2 nyakanga 2025, ikipe ya APR FC yatangiye imyitozo abakinnyi bose bahari usibye Ronald Ssekiganda na Memel Dao bataragera hano mu Rwanda.

Iyi kipe iraza gukomeza n’uyu munsi ariko ku wa gatanu tariki 4 Nyakanga 2025, ntabwo bazakora kuko bazitabira umunsi mukuru wateguwe n’abafana wo kwizihiza imyaka 30 iyi kipe imaze ibayeho.

Imyiteguro imeze neza ndetse amakuru ava i Gicumbi avuga ko ibintu byose bamaze kubitegura ndetse abazitabira bamaze kwiyandikisha ngo ni benshi ku buryo bafite impungenge ko bazabura aho bicara.

Andi makuru: Ku munsi w’ejo hashize tariki 2 Nyakanga 2025, saa Moya z’ijoro, hakinwe umukino wa mbere wa Play Off muri BasketBall hagati ya APR BBC na REG BBC, urangira ikipe ya APR FC BBC ari yo itsinze amanota 91 kuri 86.

APR FC yatangiye imyitozo 

Mukura yashyize ku isoko imyambaro mishya 

 

Philcollens Sports Journalist Tel: 0784798373

Rayon Sports igiye gusinyisha, APR FC itegereje abakinnyi 2! Avugwa mu Rwanda 

Jul 3, 2025 - 14:11
Jul 3, 2025 - 14:27
 0
Rayon Sports igiye gusinyisha, APR FC itegereje abakinnyi 2! Avugwa mu Rwanda 

Kuri uyu wa Kane tariki 3 Nyakanga 2025, hano mu Rwanda haravugwa amakuru menshi mu mikino itandukanye.


Amakuru yacu y’imikino reka tuyahere mu ikipe ya Police FC yatangaje abakinnyi bagera kuri 4. Abakinnyi ikipe ya Police FC yatangaje barimo Niyigena Abdoul waje akuwe mu ikipe y’abato ya Interforce, Gakwaya Leonard wavuye muri Bugesera FC, Nsengiyumva Samuel wavuye muri Gorilla FC na Iradukunda Moria wavuye muri Mukura VS.

 Ikipe ya Mukura Victory Sports yashyize ku isoko imyambaro izajya yambara iri mu rugo. Iyi myambaro yashyizwe hanze ni ibihumbi 20 kuri imwe imeze nk’iy’abakinnyi ndetse n’ibihumbi 15 ku myambaro y’abafana isanzwe.

 Rayon Sports igiye gusinyisha abakinnyi

Kuri uyu wa Kane, UKWELITIMES twamenye ko ikipe ya Rayon Sports yamaze kurangiza ibiganiro na Mohamed Chely ndetse na Bigirimana Adedi.

Amakuru ahari avuga ko ikipe ya Rayon Sports igiye gisinyisha uyu munya-Tunisia, Mohamed Chely, amasezerano y’imyaka 2 ahabwe agera kuri Milliyoni 25. Biravugwa Ko Bigirimana Abedi yumvikanye na Rayon Sports amasezerano y’umwaka umwe

Aba bakinnyi bose amakuru twamenye ni uko vuba baraza gutangazwa nk’abakinnyi ba Rayon Sports. Iyi kipe ikomeje kandi ibiganiro na Drissa Kouyate umuzamu ukomoka muri Mali, vuba nawe ashobora gusinya igisigaye n’utuntu ducye batarumvikana.

Ikipe ya Rayon Sports ikomeje imyitozo yitegura umwaka utaha w’imikino abakinnyi barimo Serumogo Ali, Rushema Chris nabo batangiye imyitozo.

Ikipe ya APR FC yatangiye gukora imyitozo

Ku wa kabiri tariki 2 nyakanga 2025, ikipe ya APR FC yatangiye imyitozo abakinnyi bose bahari usibye Ronald Ssekiganda na Memel Dao bataragera hano mu Rwanda.

Iyi kipe iraza gukomeza n’uyu munsi ariko ku wa gatanu tariki 4 Nyakanga 2025, ntabwo bazakora kuko bazitabira umunsi mukuru wateguwe n’abafana wo kwizihiza imyaka 30 iyi kipe imaze ibayeho.

Imyiteguro imeze neza ndetse amakuru ava i Gicumbi avuga ko ibintu byose bamaze kubitegura ndetse abazitabira bamaze kwiyandikisha ngo ni benshi ku buryo bafite impungenge ko bazabura aho bicara.

Andi makuru: Ku munsi w’ejo hashize tariki 2 Nyakanga 2025, saa Moya z’ijoro, hakinwe umukino wa mbere wa Play Off muri BasketBall hagati ya APR BBC na REG BBC, urangira ikipe ya APR FC BBC ari yo itsinze amanota 91 kuri 86.

APR FC yatangiye imyitozo 

Mukura yashyize ku isoko imyambaro mishya