issa
Philippines: Abagera kuri 90 bapfiriye mu mwuzure, abarenga 75 baburirwa irengero

Philippines: Abagera kuri 90 bapfiriye mu mwuzure, abarenga 75 baburirwa irengero

Nov 6, 2025 - 13:42
 0

Abagera kuri 90 ni bo bamaze guhitanywa n’umuyaga mwinshi watewe n’imvura idasanzwe yiswe Typhoon Kalmaegi yibasiye igihugu cya Philippines, mu gihe abandi barenga 75 bakomeje kuburirwa irengero.


Ibi byatangajwe n’inzego z’ubutabazi muri Philippines kuri uyu wa Gatatu tariki ya 5 Ugushyingo 2025, aho zivuga ko uwo muyaga wasenye inyubako z'abaturage, imihanda ndetse n'ibikorwa remezo bitandukanye, abagera kuri 90 bapfira muri uwo mwuzure watewe n'imvura nyinshi mugihe abandi barenga 75 bakomeje kuburirwa irengero.

Inzego z’ubutabazi muri Philippines zavuze ko nyuma y'abo bamaze kubura ubuzima muri uwo mwuzure watewe n’imvura nyinshi igatuma ibintu byinshi birengerwa, ko hari abandi batandatu bapfuye barimo abasirikare nyuma y’uko indege y'ubutabazi ya helikoptere y’igisirikare cya Philippines yagwaga mu ntara ya Agusan del Sur ubwo yakoraga impanuka, mu gihe yari mu bikorwa byo gutabara abari mu kaga.

Ubuyobozi bwa leta ya Philippines bwo bwatangaje ko impamvu nyamukuru y’abo bantu bapfuye ko ari iyo mvura yaguye ari nyinshi igateza amazi menshi akarenga amazu ndetse n’umuyaga wari hejuru ya kilometero 140 ku isaha.

Kugeza ubu Inzego zishinzwe ubutabazi muri icyo gihugu zavuze ko zikomeje ibikorwa byo gushakisha ababuriwe irengero bivugwa ko barengewe n'amazi menshi yari yatewe n'imvura nyinshi yarimo umuyaga mwinshi.

Leta ya Philippines yasabye ko abatuye icyo gihugu bakomeza kubahiriza inama Inzego z’umutekano ndetse n'izishinzwe iteganyagihe zibagezaho, ni mugihe kandi ibikorwa by’ubutabazi byo bigikomeje.

Philippines: Abagera kuri 90 bapfiriye mu mwuzure, abarenga 75 baburirwa irengero

Nov 6, 2025 - 13:42
Nov 6, 2025 - 15:32
 0
Philippines: Abagera kuri 90 bapfiriye mu mwuzure, abarenga 75 baburirwa irengero

Abagera kuri 90 ni bo bamaze guhitanywa n’umuyaga mwinshi watewe n’imvura idasanzwe yiswe Typhoon Kalmaegi yibasiye igihugu cya Philippines, mu gihe abandi barenga 75 bakomeje kuburirwa irengero.


Ibi byatangajwe n’inzego z’ubutabazi muri Philippines kuri uyu wa Gatatu tariki ya 5 Ugushyingo 2025, aho zivuga ko uwo muyaga wasenye inyubako z'abaturage, imihanda ndetse n'ibikorwa remezo bitandukanye, abagera kuri 90 bapfira muri uwo mwuzure watewe n'imvura nyinshi mugihe abandi barenga 75 bakomeje kuburirwa irengero.

Inzego z’ubutabazi muri Philippines zavuze ko nyuma y'abo bamaze kubura ubuzima muri uwo mwuzure watewe n’imvura nyinshi igatuma ibintu byinshi birengerwa, ko hari abandi batandatu bapfuye barimo abasirikare nyuma y’uko indege y'ubutabazi ya helikoptere y’igisirikare cya Philippines yagwaga mu ntara ya Agusan del Sur ubwo yakoraga impanuka, mu gihe yari mu bikorwa byo gutabara abari mu kaga.

Ubuyobozi bwa leta ya Philippines bwo bwatangaje ko impamvu nyamukuru y’abo bantu bapfuye ko ari iyo mvura yaguye ari nyinshi igateza amazi menshi akarenga amazu ndetse n’umuyaga wari hejuru ya kilometero 140 ku isaha.

Kugeza ubu Inzego zishinzwe ubutabazi muri icyo gihugu zavuze ko zikomeje ibikorwa byo gushakisha ababuriwe irengero bivugwa ko barengewe n'amazi menshi yari yatewe n'imvura nyinshi yarimo umuyaga mwinshi.

Leta ya Philippines yasabye ko abatuye icyo gihugu bakomeza kubahiriza inama Inzego z’umutekano ndetse n'izishinzwe iteganyagihe zibagezaho, ni mugihe kandi ibikorwa by’ubutabazi byo bigikomeje.