issa
Paul Biya yongeye gutorerwa kuyobora Cameroun nyuma y’imyaka 43 ku butegetsi

Paul Biya yongeye gutorerwa kuyobora Cameroun nyuma y’imyaka 43 ku butegetsi

Oct 21, 2025 - 09:53
 0

Komisiyo y’igihugu ishinzwe amatora muri Cameroun (ELECAM) yatangaje ko Perezida Paul Biya ari we watsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu yabaye mu minsi umunani ishize.


Nk’uko byatangajwe kuri uyu wa Kabiri, Paul Biya yegukanye intsinzi mu majwi menshi, akomeza kuyobora Cameroun nyuma y’imyaka 43 amaze ku butegetsi.

Biya w’imyaka 92 y’amavuko, ni umwe mu bakuru b’ibihugu bamaze igihe kirekire ku butegetsi ku Isi, aho yatangiye kuyobora Cameroun mu 1982 asimbuye Ahmadou Ahidjo.

Nubwo aya matora yari yitabiriwe n’abarwanashyaka batandukanye bo mu mashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi, bamwe mu banyapolitiki n’abakurikiranira hafi ibya politiki bavuze ko amatora atabaye mu mucyo, bavuga ko harimo uburiganya n’akarengane.

Komisiyo ELECAM ariko yo yatangaje ko amatora yabaye mu mahoro no mu mucyo, ishimangira ko abaturage bagaragaje ubwitabire buri hejuru ugereranyije n’ayo mu myaka yashize.

Perezida Paul Biya azatangira manda nshya izamugeza ku myaka 99, mu gihe bamwe mu baturage n’amahanga bakomeje gutekereza ku hazaza ha politiki ya Cameroun nyuma ye.

Paul Biya yongeye gutorerwa kuyobora Cameroun nyuma y’imyaka 43 ku butegetsi

Oct 21, 2025 - 09:53
 0
Paul Biya yongeye gutorerwa kuyobora Cameroun nyuma y’imyaka 43 ku butegetsi

Komisiyo y’igihugu ishinzwe amatora muri Cameroun (ELECAM) yatangaje ko Perezida Paul Biya ari we watsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu yabaye mu minsi umunani ishize.


Nk’uko byatangajwe kuri uyu wa Kabiri, Paul Biya yegukanye intsinzi mu majwi menshi, akomeza kuyobora Cameroun nyuma y’imyaka 43 amaze ku butegetsi.

Biya w’imyaka 92 y’amavuko, ni umwe mu bakuru b’ibihugu bamaze igihe kirekire ku butegetsi ku Isi, aho yatangiye kuyobora Cameroun mu 1982 asimbuye Ahmadou Ahidjo.

Nubwo aya matora yari yitabiriwe n’abarwanashyaka batandukanye bo mu mashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi, bamwe mu banyapolitiki n’abakurikiranira hafi ibya politiki bavuze ko amatora atabaye mu mucyo, bavuga ko harimo uburiganya n’akarengane.

Komisiyo ELECAM ariko yo yatangaje ko amatora yabaye mu mahoro no mu mucyo, ishimangira ko abaturage bagaragaje ubwitabire buri hejuru ugereranyije n’ayo mu myaka yashize.

Perezida Paul Biya azatangira manda nshya izamugeza ku myaka 99, mu gihe bamwe mu baturage n’amahanga bakomeje gutekereza ku hazaza ha politiki ya Cameroun nyuma ye.