Papa Cyangwe ashaka guhurira na Rocky Kimomo mu gitaramo cy'amateka

Papa Cyangwe ashaka guhurira na Rocky Kimomo mu gitaramo cy'amateka

Mar 15, 2025 - 20:25
 0

Umuraperi Papa Cyangwe yavuze ko ashaka guhurira na Rocky Kimomo ku mushinga mugari w'igitaramo cyo kwizihiza imyaka 5 amaze mu muziki.


Abijuru Lewis wamamaye mu muziki nka Papa Cyangwe,   yigeze gukora na Rocky Kimomo mu ntangiriro z'umuziki, gusa baza gutandukana mu mpera za 2021.

Aba bombi mu bihe byakurikiyeho nyuma y'itandukana ryabo, hakomeje kumvikana kenshi umwuka utari mwiza hagati yabo, gusa kuri ubu Papa Cyangwe we yamaze gusaba imbabazi Rocky.

Papa Cyangwe afata Rocky nka se

Mu kiganiro yagiranye na radiyo B&B Kigali FM, Papa Cyangwe yavuze ko muri uyu mwaka wa 2025, azakora igitaramo cyo kwizihiza imyaka 5 amaze mu muziki ndetse yifuza ko Rocky wamubonye kuva mu ntangiriro ze yazakitabira.

Ati "Nshaka ko tuzahura buri wese atari mu bye, wenda tukaba twahura tukaganira nkamubaza nti ku mitegurire y'igitaramo nzabwa iki."

Uretse igitaramo cyo kwizihiza imyaka 5 amaze mu muziki kandi Papa Cyangwe yavuze ko azanashyira hanze album ye ya kabiri.

Anselme Tuyizere Media Personality/Sports-Entertainment Tel:+250791737786 Email: [email protected]

Papa Cyangwe ashaka guhurira na Rocky Kimomo mu gitaramo cy'amateka

Mar 15, 2025 - 20:25
Mar 15, 2025 - 20:29
 0
Papa Cyangwe ashaka guhurira na Rocky Kimomo mu gitaramo cy'amateka

Umuraperi Papa Cyangwe yavuze ko ashaka guhurira na Rocky Kimomo ku mushinga mugari w'igitaramo cyo kwizihiza imyaka 5 amaze mu muziki.


Abijuru Lewis wamamaye mu muziki nka Papa Cyangwe,   yigeze gukora na Rocky Kimomo mu ntangiriro z'umuziki, gusa baza gutandukana mu mpera za 2021.

Aba bombi mu bihe byakurikiyeho nyuma y'itandukana ryabo, hakomeje kumvikana kenshi umwuka utari mwiza hagati yabo, gusa kuri ubu Papa Cyangwe we yamaze gusaba imbabazi Rocky.

Papa Cyangwe afata Rocky nka se

Mu kiganiro yagiranye na radiyo B&B Kigali FM, Papa Cyangwe yavuze ko muri uyu mwaka wa 2025, azakora igitaramo cyo kwizihiza imyaka 5 amaze mu muziki ndetse yifuza ko Rocky wamubonye kuva mu ntangiriro ze yazakitabira.

Ati "Nshaka ko tuzahura buri wese atari mu bye, wenda tukaba twahura tukaganira nkamubaza nti ku mitegurire y'igitaramo nzabwa iki."

Uretse igitaramo cyo kwizihiza imyaka 5 amaze mu muziki kandi Papa Cyangwe yavuze ko azanashyira hanze album ye ya kabiri.

What's Your Reaction?

like

dislike

love

funny

angry

sad

wow

This site uses cookies. By continuing to browse the site you are agreeing to our use of cookies.