issa
Nigeria: Abanyeshuri 315 bashimuswe, imibare irakomeza kwiyongera

Nigeria: Abanyeshuri 315 bashimuswe, imibare irakomeza kwiyongera

Nov 23, 2025 - 09:40
 0

Abana n’abakozi barenga 315 bo mu ishuri ry’abagatolika rya St Mary, riherereye muri Leta ya Niger muri Nigeria, bashimuswe mu cyumweru gishize mu gikorwa cyashyize igihugu mu gahinda no mu rungabangabo, kikaba gishimangirwa nk’imwe mu nshuro zikomeye z’ubushimusi bubereye mu mashuri yo muri ako karere.


Ishyirahamwe ry’Abakirisitu muri Nigeria (CAN) ryatangaje ko nyuma yo gukora igenzura ryimbitse ku mibare y’abashimuswe, hamenyekanye ko bose hamwe bagera kuri 315, barimo abanyeshuri 303 n’abarimu 12. Iyi mibare iraruta cyane iya mbere yari yatangajwe, yageraga kuri 227.

Mu itangazo CAN yashyize hanze, nk’uko bitangazwa n’ibiro ntaramakuru Reuters, ryemeza ko muri iyo mibare mishya harimo abanyeshuri 88 bafashwe ubwo bageragezaga gutoroka nyuma yo gushimutwa.

Kugeza ubu, nta mutwe uratangaza ko ari wo wabikoze, ariko ibikorwa byo gushimuta abanyeshuri mu majyaruguru ya Nigeria bimaze kuba ikibazo gikomeye kimaze imyaka, bikorwa n’imitwe yitwaje intwaro ikunze kwibasira ibigo by’amashuri hagamijwe amafaranga y'ingurane cyangwa gushyira igitutu ku butegetsi.

Abayobozi bo muri Leta ya Niger n’inzego z’umutekano baravugwaho gukomeza ibikorwa byo gushakisha no kugira icyo bakora ngo aba banyeshuri n’abakozi baboneke amahoro.

Nigeria: Abanyeshuri 315 bashimuswe, imibare irakomeza kwiyongera

Nov 23, 2025 - 09:40
Nov 23, 2025 - 09:50
 0
Nigeria: Abanyeshuri 315 bashimuswe, imibare irakomeza kwiyongera

Abana n’abakozi barenga 315 bo mu ishuri ry’abagatolika rya St Mary, riherereye muri Leta ya Niger muri Nigeria, bashimuswe mu cyumweru gishize mu gikorwa cyashyize igihugu mu gahinda no mu rungabangabo, kikaba gishimangirwa nk’imwe mu nshuro zikomeye z’ubushimusi bubereye mu mashuri yo muri ako karere.


Ishyirahamwe ry’Abakirisitu muri Nigeria (CAN) ryatangaje ko nyuma yo gukora igenzura ryimbitse ku mibare y’abashimuswe, hamenyekanye ko bose hamwe bagera kuri 315, barimo abanyeshuri 303 n’abarimu 12. Iyi mibare iraruta cyane iya mbere yari yatangajwe, yageraga kuri 227.

Mu itangazo CAN yashyize hanze, nk’uko bitangazwa n’ibiro ntaramakuru Reuters, ryemeza ko muri iyo mibare mishya harimo abanyeshuri 88 bafashwe ubwo bageragezaga gutoroka nyuma yo gushimutwa.

Kugeza ubu, nta mutwe uratangaza ko ari wo wabikoze, ariko ibikorwa byo gushimuta abanyeshuri mu majyaruguru ya Nigeria bimaze kuba ikibazo gikomeye kimaze imyaka, bikorwa n’imitwe yitwaje intwaro ikunze kwibasira ibigo by’amashuri hagamijwe amafaranga y'ingurane cyangwa gushyira igitutu ku butegetsi.

Abayobozi bo muri Leta ya Niger n’inzego z’umutekano baravugwaho gukomeza ibikorwa byo gushakisha no kugira icyo bakora ngo aba banyeshuri n’abakozi baboneke amahoro.