issa
Minisitiri w’Intebe Nsengiyumva yageze i Kampala mu muhango w’irahira rya Perezida Museveni

Minisitiri w’Intebe Nsengiyumva yageze i Kampala mu muhango w’irahira rya Perezida Museveni

May 11, 2026 - 13:29
 0

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr. Justine Nsengiyumva, yageze i Kampala muri Uganda aho ahagarariye Perezida wa Repubulika y'u Rwanda Paul Kagame mu muhango w’irahira rya Perezida watowe wa Repubulika ya Uganda, Yoweri Kaguta Museveni.


Minisitiri w'intebe Dr. Nsengiyumva yageze muri Uganda kuri uyu wa 11 Gicurasi 2016, aho umuhango uteganyijwe kuba ku munsi w’ejo ku wa 12 Gicurasi 2026 i Kampala, ku kibuga cya Kololo Ceremonial Grounds.

Biteganyijwe ko uyu muhango uzitabirwa n'abayobozi batandukanye bo mu karere no hanze yako, bazitabira irahira rya Perezida Museveni ugiye gutangira indi manda ku buyobozi bwa Uganda.

Urugendo rwa Minisitiri w’Intebe Nsengiyumva rugamije gukomeza umubano n’ubufatanye hagati y’u Rwanda na Uganda, ibihugu bisanzwe bifitanye umubano mu nzego zitandukanye zirimo ubucuruzi, ubukungu n’umutekano.

Uru ruzinduko kandi rurashimangira ubushake bw’ibihugu byombi bwo gukomeza guteza imbere ubufatanye hagati y'ibihugu byombi.

Elia Byukusenge Chief Editor at Ukwelitimes, passionate about credible journalism and impactful storytelling.

Minisitiri w’Intebe Nsengiyumva yageze i Kampala mu muhango w’irahira rya Perezida Museveni

May 11, 2026 - 13:29
 0
Minisitiri w’Intebe Nsengiyumva yageze i Kampala mu muhango w’irahira rya Perezida Museveni

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr. Justine Nsengiyumva, yageze i Kampala muri Uganda aho ahagarariye Perezida wa Repubulika y'u Rwanda Paul Kagame mu muhango w’irahira rya Perezida watowe wa Repubulika ya Uganda, Yoweri Kaguta Museveni.


Minisitiri w'intebe Dr. Nsengiyumva yageze muri Uganda kuri uyu wa 11 Gicurasi 2016, aho umuhango uteganyijwe kuba ku munsi w’ejo ku wa 12 Gicurasi 2026 i Kampala, ku kibuga cya Kololo Ceremonial Grounds.

Biteganyijwe ko uyu muhango uzitabirwa n'abayobozi batandukanye bo mu karere no hanze yako, bazitabira irahira rya Perezida Museveni ugiye gutangira indi manda ku buyobozi bwa Uganda.

Urugendo rwa Minisitiri w’Intebe Nsengiyumva rugamije gukomeza umubano n’ubufatanye hagati y’u Rwanda na Uganda, ibihugu bisanzwe bifitanye umubano mu nzego zitandukanye zirimo ubucuruzi, ubukungu n’umutekano.

Uru ruzinduko kandi rurashimangira ubushake bw’ibihugu byombi bwo gukomeza guteza imbere ubufatanye hagati y'ibihugu byombi.