Minema irimo  gutekereza uburyo bwihariye abibasirwa n’ibiza bajya bagobokwa

Minema irimo gutekereza uburyo bwihariye abibasirwa n’ibiza bajya bagobokwa

Mar 3, 2025 - 16:37
 0

Nyuma y’uko bigaragaye ko ibiza byibasira uduce dutandukanye tw’igihugu, hari gutekerezwa uko abo byibasiye bajya bagobokwa.


Ni ingingo irimo gutekerezwaho na Minisiteri y'Ibikorwa by'Ubutabazi, MINEMA, aho ivuga ko hatekerezwa ko hashyirwaho ubwisungane mu gutanga ubutabazi.

Minisitiri Albert Murasira uyobora iyi Minisiteri avuga ko harimo gutekerezwa uburyo hajyaho ubwisungane bw’ibiza ku baturage bakajya bagira amafaranga batanga ku buryo ibigo by’ubwishingizi byajya bihita bigoboka abo bahuye n’ibiza nta mananiza.

Ni nyuma y’uko Uturere 6 twibasiwe n’ibiza bikangiza inyubako zabo, imihanda, ibiraro, amashuri n’ibindi bikorwaremezo.

 Muri Gicurasi 2023, ibiza byatewe n'imvura byibasiye uturere turimo Karongi, Rubavu, Ngororero, Burera, Musanze na Rutsiro bigahitana ubuzima bw’abaturage basaga 130.

Mu rwego rwo gusana ibyangiritse, hagiye hashakwa ubushobozi kugeza ubwo abo byangirije bagobotswe. Kuba hashyirwaho ubwisungane rero ngo bishobora kuba inzira nziza yo kubafasha mu buryo bwihuse.

Minema irimo gutekereza uburyo bwihariye abibasirwa n’ibiza bajya bagobokwa

Mar 3, 2025 - 16:37
 0
Minema irimo  gutekereza uburyo bwihariye abibasirwa n’ibiza bajya bagobokwa

Nyuma y’uko bigaragaye ko ibiza byibasira uduce dutandukanye tw’igihugu, hari gutekerezwa uko abo byibasiye bajya bagobokwa.


Ni ingingo irimo gutekerezwaho na Minisiteri y'Ibikorwa by'Ubutabazi, MINEMA, aho ivuga ko hatekerezwa ko hashyirwaho ubwisungane mu gutanga ubutabazi.

Minisitiri Albert Murasira uyobora iyi Minisiteri avuga ko harimo gutekerezwa uburyo hajyaho ubwisungane bw’ibiza ku baturage bakajya bagira amafaranga batanga ku buryo ibigo by’ubwishingizi byajya bihita bigoboka abo bahuye n’ibiza nta mananiza.

Ni nyuma y’uko Uturere 6 twibasiwe n’ibiza bikangiza inyubako zabo, imihanda, ibiraro, amashuri n’ibindi bikorwaremezo.

 Muri Gicurasi 2023, ibiza byatewe n'imvura byibasiye uturere turimo Karongi, Rubavu, Ngororero, Burera, Musanze na Rutsiro bigahitana ubuzima bw’abaturage basaga 130.

Mu rwego rwo gusana ibyangiritse, hagiye hashakwa ubushobozi kugeza ubwo abo byangirije bagobotswe. Kuba hashyirwaho ubwisungane rero ngo bishobora kuba inzira nziza yo kubafasha mu buryo bwihuse.

What's Your Reaction?

like

dislike

love

funny

angry

sad

wow

This site uses cookies. By continuing to browse the site you are agreeing to our use of cookies.